
.Kimwe n’indi minsi yose ukuyemo weekend nari mu ishuri gusa mwarimu arimo gusinziriza neza neza, amahirwe ni uko ndi kumwe n’inshuti yanjye Marie naho ubundi nari kuba namaze gusinzirira kuri pupitre kare cyane. Narimo mfata note ntabyitayeho nuko ku mahirwe yanjye numva barasonnye mpita nzinga ibyanjye ubundi nsohoka mu ishuri ndi kumwe na Marie Marie : uyu mugoroba se ufite iyihe gahunda ? Amanda : uyu munsi mfite gutangira akazi nabonye ndi gushaka uburyo nazabona itike izanjyana hanze vuba aha Ubwo namusubizaga ndimo ninjira mu rindi shuri na we kandi twari kumwe nyine Marie : sha ndumva ari byiza cyane biranshimishije. Ako kazi se ni bwoko ki mwana ? Amanda : sha nyine ni akazi ka fake tu. Ni ahantu habikwa imodoka zigezweho ubwo akazi kanjye ni ugukora amasuku mu nyubako yose ariko nkitondera izo modoka nyine nawe urabyumva.Marie : sawa noneho ndumva bitagoye Amanda : oya ntabwo bigoranye. Ni papa wakanshakiye tu.Marie : ndumva nishimiye muzehe wawe. Numvaga nzijyana ninjya hanze none umusaza ndumva abirimo. Nari ngiye gusubiza ariko mwarimu yahise yinjira ako kanya. Mwarimu : Bonjour, aujourd'hui interrogation improvisee. Ngo iki ? uyu na we nanga za improvisee ze rwose. Gusa ndabizi neza bihagije ntabwo ndi butsindwe. Nitegereje Marie mbona we byamucanze. Amanda: humura mwana ndagukopeza Marie: sawa chou ubundi ni wowe wanjye abandi ni ibihuha Mwarimu yahise aduha questionnaires ubundi dutangira gukora Narebye aho Marie yicaye mbona yatangiye kurya ikaramu ubundi ndamusifura arahindukira ndamukopeza. Ni inshuti yanjye ntabwo nakemera ko atsindwa uko byamera kose Namwerekaga ndimo gucungana na mwarimu ko adufata ariko barinze basona atatubonye ubundi tujyana impapuro turasohoka.Marie : sha urakoze mwana sinari kuhikura.Amanda : nta birenze wanjye Uko twakomezaga gutambuka tugenda nisanze ku butaka hasi sinzi ibyabaye gusa ni uwari angonze nuko neguka hasi mureba nabi Amanda : ese kiriya cyo cyagiye kigenda kireba aho kigana. Gusa uko yahise ahindukira akandeba numvise ngize akantu k’akoba … :uvuze ngo iki ? Amanda : ubanza ariko wabyumvise Marie : basi mubabarire da.Ariko Marie yabaye ate. Ndasaba imbabazi se ni jye mugonze cyangwa ni we ungonze … : hanyuma ? Amanda : hanyuma iki se wowe … : ko udasaba imbabazi.Amanda : ariko ni wowe wansunitse ni wowe wakabaye unsaba imbabazi. None ngo jye nzigusabe ? uri kurota ku manywa ariko ahari?"Narebye Marie mbona ari kundeba ikijisho. None se ubu arashaka kandi nsabe imbabazi ku kintu ntakoze ra? Ako kanya aho twari duhagaze nabonye abanyeshuri benshi barimo batureba nuko umuhungu umwe araza yongorera wawundi ibintu ntabashije kumva ..: umva nta mwanya mfite ubu ariko wowe sinzakwibagirwa. Mpaka unsabye imbabazi tu." Yabivugaga mbona arakaye ubundi aragenda gusa nayobeye ikintu ubu cyatuma musaba imbabazi rwose pee Marie : sha ubanza uri intangondwa uburyo uri gushyogoranya na we Amanda: ariko se nceceke nemere ikosa ntakoze jyewe? Ko wabibonye ni nde wagonze undi?" Marie : ndabizi ni we wakugonze ariko uriya ni Cassien. Amanda : Cassien se ni igiki hano kandi ra.Marie : ibihuha se bivugwa hanze aha ntabwo ubizi mwa?"Amanda : umva nyine ko ari ibihuha. Tujye kurya ndumva nisonzeye ibindi ubinkureho . Twaragiye twicara ku meza nuko nibwo Marie yakomeje -Marie : bavuga ko ayoboye agaco k’intangondwa za hano muri quartier mwana. Ntuzi abantu biyita ngo ni Street gang?" - Amanda : ese mama. Sinari nzi ko abamo rero.- Marie : mu kigo cyose rero ni wowe wa mbere ugerageje kumuhangara." Amanda : noneho niyo mpamvu nabonaga abantu bose badukanuriye Marie : yego. Gusa usabe Imana azakwibagirwe kuko uriya no kukwica yabikora mbona areba nk’icyicanyi." n’ubundi Yambwiye atyo numva akantu k’ubwoba karamfashe ariko ndihangana nubwo nahise nsesa urumeza. Ibaze kunyica ariko ampoye ko ntamusabye imbabazi kandi ari we wangonze. Nako ni ibihuha nubundi mu gihugu cyacu udutsiko...
Ibihe...