
Turi mu mwaka wa 700 ku ngoma y’Umwami Yuhi Mpazimaka. Turi I bwami ni murukerera rwa kare. Igikomangoma Gisa kirabyutse. Akibyuka Umugarugu we Macanda ahita aza mu byumba. Macanda ahagarara kumuryango ati” Igitondo cyiza gikomangoma Igikomangoma Gisa ati” ikirere kiramutse ute? Macanda ati” Ikirere kimeza neza Gikomangoma cyanjye. Igikomangoma Gisa ati” nshaka kujya mu ishyamba guhiga Macanda ati” Reka nkutegurire ifarashi n’abasirikare ujyana nabo. Igikomangoma Gisa ati: Bikore vuba. . Macanda aragenda. . Kurundi ruhande mu cyaro kimwe citwa Taba muri ubwo bwami. Hari urugo rucirirtse cyane rubamo umukobwa witwa Bambi abana nyirakuru we irwaye indwa ikomeye cyane ituma ahira aryamye. Bambi afite inshuti ye yitwa Sola bakunda kuba barikumwe igihe cyose. Hashize umwanya muto Bambi nawe abyutse arimo kwambara , ariko akunda kwambara imyenda ijya kuba nk’iyabagabo, yarangiza agafuna igitambaro mu mutwe we. . Uko yambara Nyirakuru we arimo kumureba. Amaze kwambara Nyirakuru aramuvugishamu ijwi rito ritava mu kanwa keza. Nyirakuru ati” Bambi kubera iki ukunda kwambara gutyo aho kwambara nk’abakobwa? Bambi amuza iruhande ati” Ka njyewe ni gutya nkunda kwambara nibyo numva binyuze. Nyirakuru ati” Kwambara nk’abagabo koko nibyo wumva bikunyuze Ubuse ni uzabona Umugabo nujya ukomeza kwitwara gutyo? Bambi araseka ati” Reka kuri njye umugabo ntacyo avuze. Ntanubwo njya mbitekereza. Nyirakuru ati” Oya shenge umugabo n’ingombwa utazakora ayo mahano. . Bakiganira uwo mwanya Sola aba yinjiye mu nzu nawe yambaye ibijya gusa n’ibyo Bambi yambaye. Nyirakuru arabibona ati” Sola nawe wambara kimwe na Bambi? Sola ati” Njye nawe ntaho twatandukanira. . . Tugaruke I bwami. Igikomangoma Gisa kimaze kwambara nkigiye kujye mu ishyamba guhiga. Guhiga n’ibintu Gisa akunda cyane. Umugaragu we Macanda nawe amze kumutegurira ifarashi n’abasirikare baaomba kujyana nawe. Macanda arimo aaruka mu cyuba cy’Igikomangoma ahura n’umuja w’umwimikazi witwa Ryera baravugana. Ryera ati” Macanda itabe umwami arimo kugushaka. Macanda ati”Umwami arihe. Ryera ati’ Ari mu ngoro. . Macanda akata inzira ajya ku ngoro y’Umwami arinjira asanga umwami yicaranye n’umwamikazi we. Macanda ati” Nyakubahwa Mwami wanjye nditabye. Umwami yuhi Mpazimpaka ati” Nshaka kukubaza mugeze mutegura umuhango wo kuzahitamo umgugeni ushingiranwa n’Igikomangoma? Macanda ato’ Tugeze kure Nyagasani. Yuhi Mpazimpaka ati” abakobwa bamaze kwiyandikisha muri uwo muhango ni bangahe? Macanda ati” bamze kuba 20 ariko turacyakira n’abandi. Umwamikazi ati’Nizere ko ejo bizagenda neza. Macanda ati” Mutwizere Mwamikazi wanjye. Yuhi Mpazimpaka ati”Igendere. . Macanda agenda asubira inyuma adateye Umwami umugongo aragenda aza mu cyumba cy’Igikomangoma Gisa. Gida aramureba ati” Wasoje gutegura neza? Macanda ati”Yego. Gisa ati” Reka njyende . Macanda ahita amushakira inkota ye n’umuheto arabimuhereza. Gisa aramureba ati”None Umuhango wo kuzahitamo umugore tubana ugeze he muwutegura? Macanda ati”Ninabyo mvuye kuvugana n’Umwami tugeze kure kandi ejo bizagenda neza. Gisa ahita ava mu nzu ye arasohoka aza hanze mu mbuga ngari cyane yaho aba abona Ifarishe ye nziza cyane iramutegereje n’abasirikare agiye kujyana nabo. . Tgaruke muri cya cyaro Taba mu rugo kwa Bambi. Bambi arimo gufata inkota ye arangije areba Sola ati” Twagiye? Sola ati’ Tugende. . Bambi aza imbere ya Kaka we aramureba ati’Ka ndagiye ngiye mu kazi turaza gusubira. Nyirakuru ati” Aruko harya ngo kora iki Bambi araseka ato” Ka sinakubwiye ko njyewe nshuruza. Nyirakuru ati” eeeeeee noneho genda.arikon uhinduke mwana wanjye utazahera ku ishiga ntawiwacu wapfuye atyo utazazanira igisebo umuryango. Bmabi ati” Ka ntakibazo nabyo bizaba. . Bambi na Sola bava mu kazi kabo bafata inzira baragenda...
Ibihe...