logo

NEW TALENTS

Stories Group

AMAHITAMO Y'UMWAMI GISA EPISODE 13

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Twaherutse ubwo Bambi  yarahagaze hanze Igikomangoma Ntare cyaje hanze kimusanga aho ahagaze.
.
Inkuru yaChris  nandi Ishimwe.
.
Bambi yihagarariye hanze abona Igokomangoma Ntare kije iruhande rwe. Bambi aramureba. Ntare nawe aramureba cyane.
Bambi agiye kwisubirira mu  nzu, Ntare aramufata, Bambi aramureba.
Ntare at” Buretse kugenda. Harya ngo witwa Bambi?
Bambi ati” Yego.
Ntare  ati”Ukaba  uru umuja mushya hano I bwami
Bambi ati” Yego.
Ntare amureba ukuntu  aramwitegereza cyane.
Bami aramureba.
.
Tugaruke mu nzu abantu barimo kunywa  bizihiwe cyane bishimiye igaruka ry’Ibikomangoma.  Gisa arebye kuruhande ahantu abaja baba bahagaze abura Bambi ariko abona Sola ahagararanye n’abandi ntiyabitindaho.
.
Tugaruke hanze Bambi aracyarikumwe na Ntare.
Ntare ati”   Hari akantu nshaka ko unkorera.
Bambi ntago yahakanira Igikomangoma ati”Murashaka ko mbakorera ibiki?
Ntare ati” Tugende nkwereke.
.
Bambi ajya imbere Ntare amujya inyuma aramujyana.
Barimo bagenda Rutare nawe aba arasohotse agiye kunyara maze arababona bagenda araseka cyane ati” Umuvandimwe banza agiye kwirwanaho. Ariko nanjye nagwamo ntakibazo.
.
Amaze kunyara agenda agana aho Ntare bagiye.
,
Tuze mu nzu Gisa arabona asigaye wenyine ku meza ye  ibindi bikomangoma byose bayasohotse ariko  ntago azi ngo bagiye he.
.
Ntare yazanye Bambi ahantu mu kazu. Bambi arakareba maze arahindukira areba Ntare.
Ntare ati” Injira icyo ugiye kumfasha kirimo imbere.

Bambi arinjira agezemo imbere abona akazu karimo ubusa arahindukira abona Ntare arimo guseka.
Bambi ati” Niki ushaka ko nkufasha?
Ntare ati” Ni byiza kuba urimo kwihuta cyane. 
Bambi ati” Nyine niki ngo nyikore
Ntare ati” Byiza cyane.
.
Ntare aramwegera ahita amufata ku kibuno. Bambi aratuza ntiyahita asara..Ntare amureba mu maso amabuno arayakanda maze araseka.
Ntare ati” Uri cyiza Muko niyo mpamvu ugiye kumfasha.
.
Tugaruke ahari kubera ibirori. Gisa ntago abona Bambi aba arahagurutse gusa yamaze gusinda aza imbere ya Sola aramubaza ati’ Bambi ko ntawe mbona hano arihe?
Sola ati’  Yagiye  hanze.
Gisa ati’Urakoze cyane.
Gusa arimo kugwagwana n’ururimi  ntiruva mu kanwa.
.
Tugaruke kur Ntare na Bambi
Ntare aba afashe Bambi aramuhindukiza  ngo amuhere inyuma aramuhenesha, Bambi aramubara maze aba aramuhindukiranye amutera umugeri wo mu mabya, Ntare agwa hasi, Bambi amusangayo aramuhondagura cyane aramunoza.
Bambi ati” Mujye mwubaha abagore.
.
Rutare ahagaze hanze yako kazu ngo ategereje ko umuvandimwe asoza maze nawe akajyaho. Agiye kubona abona Bambi asohotseho yemye agiye kumwitambika abona Ntare avuye mu kazu arimo kuvivirana izura barivunye arimo no gucumbagira amabya bayahaye azunguza umutwe abuza Rutare.
Bambi amutambukaho arigendera..
Rutare yegera umuvandimwe we aramureba ati” Ni gute ukubiswe n’Umuja bibaho?
Ntare ati” Uriya banza atari umuja.
Rutare ati’ Akoze ikosa rikomeye cyane agomba guhanirwa.
.
Bambi uko  yakagiye ahura na Gisa arimo kugenda agwagwana amushaka 
Gisa ati” Nakubuze wariwagiye he?
Bambi aramurebaaa  Gisa aba aguye hasi abandagara imbere ye, Bambi aramureba maze aca bugufi aramwegura aramuhagarika ariko abona ntago ahagarara ngo ashinge. Umwamikazi arimo atambuka aba arababonye ariko ari kure yabo arahagarara areba icyo Bambi agiye gukora Bambi aba amukubise mu mugongo amujyana mu nzu ye aramuryamisha neza.
Bambi agiye kwigendera, Gisa aramufata ati”Ugiye he guma hano.
Bambi ati” Ngume hano kubera iki?
.
Rutare na Ntare baje  aho baba  nabo. Ntare amaze nabi arimo kuva amaraso menshi. Ako kanya haba haje umuganga waho I bwami azana na Mama wabo Zaheni.
Zaheni afata ntare ati’ Ninde ugukoze ibi?
Rutare ati” Ni Bambi.
Zaheni ati” Bambi  niwe ukoze ibi? Ni gute yatinyuka gukora ibi?
Rutare ati” Ese ubundi uriya ni Umuja koko Mama!
Zaheni ati”Ntimumbaze nanjye sinzi icyo aricy hano I bwami ariko n’igitutsi gikomeye kuba yahangara akagira igikomangoma gutya!
.
Sasa ubwo ibibazo biravutse.
Zaheni areba Muganga ati” Mwiteho.
.
Tuze  aho Mulisa na Karire bakorera , ninaho  Sola  bamuhaye guora. Bari mu kazi muri icyo gitondo barimo gukorera amasuku bimwe mu bikoresho by’i bwami.
Uko barimo bakora bisa nkaho Karire atishimiye Sola. Mulisa abaye nkugiye  Karire aba atangiye kubwira Sola amagambo  mabi cyane.
Karire ati” Sola mwaje  hano I bwami gute kuki  mutimemya ngo munamenye uko mureshya.’
Sola aramureba aramwihorera.
Karire nabwo biramurakaza kuba Sola yicecekeye ntakintu amusubiza.
Karire ati’Maze Ubuntu nkamwe ntibutana n’agasuzurguro. Ubuse ucecekanye iki ma!
Sola ati” Nta mwanya ma mfite wo kuvugavuga.
Karire arrakaea aba amufashe imisatsi atangira kuyikurura amutonganya ati” wa gakobwa we ubiw ushatse kuvuga ko arinjye uvugavuga.
.
Sola ati” Wandetse hari izina ryawe wumvise mvuga mu kanwa kanjye?
Mulis aba aragarutse abuza Karire gukora ibyo arimo gukora.
Mulisa aramureba ati” Wasaze uri mu biki?
.
Kurundi ruhande Igikomangoma Gisa nibwo cyabyuka cyararanye umwaga wa danger.  Amaze  kubyuka abona Macanda imbere ye 
Macanda ati” Amazi yo koga arateguwe?
Gisa ati” Reka njye gukaraba.
.
Gisa ajya gukaraba ageze aho  akarabira  abona amaze asanzwe yoga ntago ariyo bateguye. Abona amazi agiye koga arimo ibyatsi  atazi.
 Arakata aragaruka abaza macanda ati”Ariya mazi yateguwe nande?
Macanda ati’ Ni Bambi wayateguye.
Gisa kumva ko ari bambi ahita ajya kuyoga uko ameze.
.
Kurundi ruhande Zaheni   arimo gutanga ikirego ku mwami arimo kurea Bambi. Arimo kuvuga yaraye asuzuguye igikomangoma agakubita agakomeretsa.
Umwami arabuhakana ati” Bambi nta munte yahemukira.
Zaheni ati”Ese one ukabona ko naba  nkubeshya mwami wanjye.
Umwami ati” Igihamya se kirahari.
Zaheni ati”Kirahari.  Ariko bariya na abana bawe sinumva impamvu wahita uvugira bambi mu cyimbo cy’abahungu bawe kandi ibyo Bambi yakoze ni amahano akomeye.
.
Bambi  bavuga barega ashyiriye Gisa ibyo kurya byamufasha muri icy gitondo. Ageze kwa Gisa abitegura neza kumeza.
Gisa aba vuye koga asanga Bambi arimo kumutegurura.
Bambi aramureba ati” Waramutse neza?
Gisa ati”Neza cyane.
Bambi ati” Dore nkuzaniye ibyo kurya byagufasha.
Gisa amuza iruhande aramufata ati” Wakoze  cyane byose wankoreye kuva ejo. Wankoze kumutima.
.
Ako kamya bakiri aho haba haje abasirikare  baza bavuga  ko  bakeneye kujyana nawe.
Gisa na Bambi  bararebana.
.
Udacikwa na Episode ya 14

Comments