Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
.
Twaherutse Bambi na Gisa barimo kugaruka mu bwami bagarukanye n’imbohe Kaninga wariwaratumwe kubarangiza.
.
Inkuru ya Chris Nandi Ishimwe.
.
Bambi na Gisa bari mu nzira barimo kuza. Ntare Rutare na Rukra barimo kwishima mu ngor y’U bwaami ntago bazi ikibaziye,
Bo bazi ko batsinze ibya Bambi na Gisa byabaye amateka.
.
Gaju areba Ntare maze arahaguruka. Ntare aramureba a ti” Ugiye he mwamikazi wanjye?
Gaju ati” Ngiye mu rugo ndashaka kuvugana na Mama.
Ntare arahaguruka aramufata ati” Ntaho wajya. Reka tugumane tuze kwishimira amakuru meza mukanya tugiye kwakira hano.
.
Bambi amaze kwinjira mu bwami
Gaju aba asohotse mu ngoro aba agiye abandi basigaramo, Gaju araza aza iwab mu rugo asanga umuryango we urikumwe.
Karagwa ni Papawe aramureba ati” Gaju nibiki wagiyemo?
Gaju ati” Bijaynye niki?
Karagwa ati” Numvise ubugambanyi abahungu ba Zaheni bakoze nawe nawe wabwivanzemo.
Gaju ati” None mugiye kunenga se ntago mwumva agaciro kibyo nakoze. Vuba umwe mu bana ba Zaheni araza kuba umwami nanjye mpita mba umwamikazi. Nimara kuba umwamikazi murumva ariki kizaba.
Dumba musaza ati” Wakoze amakosa yo gufatanya na bariya bahungu guhangana na Bambi.
Gaju areba Dumba ati” Wowe uri ikigwari kiraho gusa kitajya gitekereza icyo cyakora.
Dumba ati”Kuba ngenda gacye nshishoza ntago bingira ikigwari.
Gaju aramuseka ati” None ko ugenda gacye ushishoza niki wagezeho?
Dumba ati” Gaju reka kwigira umuhanga hano.
Gaju ararakara ati” Nzibaho ibyanjye nakoze ndabizi.
Dumba aba araakjwe n’uburyo Gaju amututse ahita amuhagurukana aramufata agiye kumukubita urushyi Papa wabo aramubuza.
Karagwa ati” Uwo ni mushiki wawe.
Dumba ati” None mwumvise uburyo ambwiye?
Mama Gaju ati” Mwisubiranamo muri abavandimwe rwose.
.
Gaju ajya kwicara kuruhande,
Dumba aramureba ati” Umva reka nkubwize ukuri wabaye ikimara ubwo Bambi yaguhaga umwanya mwiza ukawanga ngo urashaka gufatanya na bariya bahungu kuba wahangana nabo,
Gaju ati” Kuki utamusabye ngo awuguhe. Ariko njye byibura hari ikintu kizima gifatika ngiye kugeraho. Bambi na Gisa bamaze gupfa.
Duma araseka ati” Ibyo se urabizi neza. Cyakora nibuba ingaru ntawe muri twe uzongera kurwana kubuzima bwawe.
Gaju ati” Uzabireke ariko nanjye nimara kuba umwamikzi ntuzatekereze ko hari icyo nakumarira.
Karagwa arabareba ati” Ubwo muri mu biki koko.
.
Bambi na Gisa binjiye mu ngoro y’U bwami Bambi asana Ntare yicaye mu ntebe yabo. Abona Rukara na Rutare nabo baraho barimo kunywera amayoga mu ngoro.
.
Birumvikana bakibona Bambi bahiye ubwoba. Ntare no guhaguruka biramunanira neza ugira ngo yafatanye n’intebe neza neza.
Bakanura amaso.
Bambi arabareba gusa nawe aricecekera. Arangije ava aho arikomereza ajya kwirebera uko abaganga barimi kwita kuri Gisa bamuvura.
.
Ntare, Rutare na Rukara barimo kurebana bakanuye amaso bafite ubwoba bananiwe nu bwava aho mu ngoro kandi ntawe ubakozeho.
Gusa niragire araho arimo kubareba gusa nawe ntacyo avugana nabo.
.
Rukara areba Niragire ati” Bambi na Gisa bose bose barazanye?
Niragire araseka ati” Yego. Ntanumwe wapfuye muri bo uko mwashakaga kubica. Ahubwo cya kimara cyawe twakizanye kimerewe nabi muri gereza.
Rukara ati” Uravuga ikihe kimara?
Niragire ati” Uwo uzi nawe watumye.
Rukara ahita yhakana ati” Njye nta muntu natumye.
Niragire ati” Ubwo ari ntawe ntakibazo. gusa uwitwa Kaninga ari muri gereza.
.
Rukara, Ntare na Rutare bararebana barikanga .
.
Niragire nawe aba avuye aho arigendera abasiga aho ntakindi ababwiye.
Rutare abitekerezaho ati” Turi mu bibazo bikomeye. Bambi yamaze kumenya ko aritwe twamugambaniye twohereje abasirikare bo kubica ariko araje ntacyo atubwiye ntanubwo aturakariye cy ngo aire icyo avuga cyo kuba adusanze aha aubwo aragiye gusa.
Rukara arabyumva yikangamo arahaguruka.
Ntare nawe abona guhaguruka ubundi byari byanze. Uko bagahugurtse bose bararebana cyane bibaza ikigiye kuba.
Ntare avugana ubwoba ati” None ubu tugiye gukora iki ko katubayeho?
Rukara ati” Cyangwa ahari ntago yigeze amenya ko aritwe twagambanye?
Rutare ati” Ni gute yaba atabimemya neba koko Kaningwa yafashwe.
Rukara ati” Kaninga akaba ntakintu yigeze avuga kuri twe twamutumye.
Rutare ati” Ntago ibyo bishoboka ko yaba atavuze.
Rukara ati” Birashoboka cyane nonese kubera iki Bambi ntakintu avuze?
Ntare ati” Ese ubundi ninde wabatabaye?
Rukara ati” ndacyeka ni Niragire
.
Ntare agira ubwoba ati” Karabaye rero ahubwo tuve inaha duhunge.
Rukara ati” Bambi abaye ntakintu yamenye maze twe tugahunga ni nkaho twaba twireze. \
Rutare ati” Ariko se ibyo urabyiringiye ko Kaninga ntakintu yavuze?
Rukara ati” Yego, Kaninga abaye yavuze ntago Bambi yarikuba aturetse. Buriya yaruciye ararumira.
Rutare ati” Kubera iki Kaninga atavuga uwamutumye?
Rukara ati” Kubera ko yahoze ari umwizerwa kuri njye. Ahubwo reka nshake uko najya kuvugana nawe.
.
Ntare ati” yego natwe tugiye kuba twihishe.
,
Bava mu ngoro baragenda.
Rukara nawe ashaka uko agera muri Gereza aza kuvugana na Kaninga abona yakubiswe yabaye intere.
Rukara ati” Kaninga.
.
Kaninga aramwumva aramureba.
Rukara ati” Byegenze gute? Habaye iki?
Kaningwa ati” Urambaza uko byagenze? Twakubiswe ntabyo ubona?
Rukara ati” Ninde watabaye Bambi na Gisa
Kaningwa ati” Ni Niragire.
Rukara ati” Uriya mushinzi yari umugambanyi burya
Kaningwa ati” Niwe mugambanyi se cyangwa abagambanyi nitwe.
Rukara ati” Nawe uvuze gutyo?
Kaningwa ati” Yego. Nihe bitagaragara
Rukara ati” Nonese waba wavuze uwagutumye.
Kaningwa ati” Humura ntakintu nakivuze bantoteje cyane ario nanze kuvuga. Ntago ndi imbeba kuburyo nari kubavamo.
.
Bambi aracyita kumugabo we niwe ahugiyeho gusa ntabindi.
.
Rukara yahise aza kubwira Ntare na Rutare ko Kaningwa atabavuyemo. Ntare na Rutare birabashimisha cyane.
.
Hashize iminsi itatu Gisa yarakize. Amaze gukira Bambi yahise atangiza urubanza rwa Kaninga.
,
Abaturage bose baraterana Kaningwa baramuzana. Abantu bose barahari. Bambi afata ijambo abanza kubwira abaturage be ko atwite Igikomangoma.
Abaturage birabashimisha cyane,
Gaju n’abandi badakunze Bambi birababaza cyane.
.
Bambi ati” aka kanya Kaningwa agiye gucibwa urubanza rwo kuba yaratwatse ashaka kutwica. Aarikko ntago yakoze wenyine hari abandi bantu yakoranye nabo. Gusa ubu sinjye uribwite kurubanza,
.
Rutare, Ntare na Rukara nabo baraho bafite ubwoba nuko bishingikirije gusa ko Kaningwa atabavamo.
.
Bambi ati” Ugiye kwita kurubanza ni Umugab w’Ingabo niwe ngiye gushyira uru rubanza mu maboko.
Rukara aba nk’iwakanze nawe ntago abyumva neza areba Bambi ati” Mwamikazi wanjye ninjye uhusemo?
Bambi ati” Yego bikore. Kubera ko ikibazo cy’Umutekano kiri mu nshingano zawe.
.
Rukara arahaguruka aza imbere ya Kaningwa n’abandi basirikare bafatanywe nawe, Baramureba nabo baramureba. Niwe wabatumye niwe wabahaye ako kazi.
Bambi arebana na Niragire aho ahagaze.
.
Rukara abaza Kaningwa ati” Kubera iki watatse Umwami n’Umwamikazi?
Kaningwa ati” Nabatatse kugira ngo mbice.
Rukara ati” ubice gusa.
Kaningwa ati” Oya.
Rukara ati” None wabikoreye iki?
Kaningwa ati” Nabikoze nuzuza itegeko nari nahawe nuwantumye.
Rukara ati” Abo bagutumye ni bande?
.
Kaningwa aramureba amucira mu maso ati” Urimo kumbaza ngo natumwe nande?
Rukara ati” Yego.
Kaningwa ati” Twatumwe nawe ndetse warikumwe na Ntare na Rutare.
.
Udacikwa na Episode ya 39
Comments