logo

NEW TALENTS

Stories Group

AMAHITAMO Y'UMWAMI GISA EPISODE 39

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

.
Twaherutse Kaninga  mu rubanza  amaze kuvuga ko Rukara, Ntare na Rutare aribo bamutumye kujya kwica Bambi na Gisa.  
.
Inkuru ya Chris Nandi Ishimwe.
.
Kaninga akimara kubwira Rukara  ko ariwe wamutumye, abatuage baguye mu kantu. Ntare na Rutare bashya ubwoba.  Gaju nawe atangira gutengamara cyane.
.
Rukara  afata Kaninga  aramuhondagura ati” Wa mujyinga urimo kubeshya bande hano. Vuga  ni bande bagutumye kwica Umwami n’Umwamikazi?
Kaninga ati”Nkubita uko ubishaka ariko ntakitazwi ni wowe wantumye ufatanyije  na bahungu ba Zaheni.
Rukara afata inkota ayimushyira ku bitugu.
Bambi ahita ahaguruka areba Rukara ati” Umva Rukara mureke.
Rukara ati” Mwamikaiz mureke gute ataravuga abamutumye banyabo.
Bambi ati” Kandi yabavuze.
Rukara agira  ubwoba ati” None ugiye  kwiezera ko arinjye se?
Bambi ati” Ahubwo se wowe urahakana ko atari wowe ushingiye kumutimana wawe?
Rukara ati” Mwamikazi wanjye nkurahiriye ukuri niki cyatuma nkugambanira kandi narakugandukiye. Ntacyatuma nakimwe njyewe mba umugambanyi.
.
Bambi araseka  maze ava aho yicaye agenda amanuka his mu kibuga agea imbere ya Rukara aramureba mu maso.
Bambi ati” Ubwo najyaga kuguha iki kirego nabikoze mbishaka kugira ngo ndebe ukuntu umugambanyi atinyuka guhata ibibazo abandi bagambanyi we ubwe yitumiye.
Rukara agwa mu kantu ati” Bivuze ngo wabikoze ubizi neza ko arinjye mugambanyi?
Bambi ati” Cyane.
Rukara ati” Kaninga  yakubeshye.
Bambi  ati”  Ntago yambeshye. 
Rukara ati” Bambi ntago wakwizera amagambo ya Kaninga.
Bambi ati” Oyaaa n’ubundi ntago nizeye amagambo ye ahubwo nabyiboneye. Ubwo twagarukaga hano I bwami twasanze abarinzi barindaga ingoro bishwe kandi bishwe nawe. Wowe na Ntare na Rutare nanabasanze mu ngoro y’u bwami mwayigabije kandi bitemewe..
.
Ntare na Rutare batangira gushaka uko bacika bagiye kugenda,  Niragira arababona ajya kubitambika arabafata.
Nirgire ati”Mwe murajya he?
.
Babazana hagati mu kibuga.
Bambi arabareba cyane ati”  Muzageza ryari koko! Murashaka iki mu byukuri?  Kuki mutga murashaka kuzigishwa niki? Ese niba murimo murira ingoma ushaka ubutegetsi  mwabushatse mu buryo bwiza muaragaza ibikorwa bizima byatuma abaturage babumva aho gukoresha inzira yo kumena amaraso?  Ko ntari umwanzi wanyu mfa iki namwe munyangira iki gifatika kuburyo n’imana yashigikira urwo rwago rwanyu?
.
Baramwumva.
.
Bambi ati” Muzi impamvu igihe cyose imigambi yanyu insindwa ikabapfana ubusa nuko muba murwanira impmavu z’ubugoryi. Kandi kuba nanjye ntacyo mubasha kuntwara suko ndi  umuhanga  kubarusha ahubwo  nuko njye nkorera mukuri kandi mba mfite impamv zifatika zituma imana zimpagararaho.
.
Abaturage bakomera iryojambo amashyi menshi cyane.
Bambi arabareba ati” Reka noneho mbabwize ukurikubarire rimwe noneho. Nuko ubu bwami murwanira ntanumwe muri mwe uzigera yicara kuri iriya ntebe  ubu tuvugana ntwite igikomango kizafata iriya ntebe. Mwatuje mugatuza tukarya ibyiza by’Igihugu cyacu.
.
Gisa arimo kwirebera bambi uko avuga ibindi byose ntago abyitayeho.
.
Bambi ati”  Mugiye gucibwa urubanza rwanyu rw’ubugambanyi  mwakoze.
.
Rukara na Ntare bahita bafata inkota zabo bashaka kurwana,
Bambi arabareba ati”kOko muracyakomeje.
Rukara ati” Ntago watanga itegeko ngo twicwe.
Bambi ati” Ninde uritanze? Ahubwo mujye ku mavi yanyu mwicuze.
Ntare ati” Njyewe nkupfukamire. Aho gukora ubwo bubwa byarutwa nkapfa.
Rukara ati” Nanjye sinapfukamira umugore.
.
Bambi ati” Mujye has kumavi yanyu mwicuze birangire mukze buzima bwanyu.
.
Ntare na Rukara barabyanga ahubwo bashaka gufata Bambi ngo bamwice ubwo baba babikozeho maze muri ako kanya Niragire n’ abasirikare be bahita barwana nabo ariko babasaba gushyira inkota hasi baraga ahubwo bakomesha gushaka kurwana barabagwa bicwa  gutyo.
Bambi ati” Aba barizize.  Ni kenshi mbabwira ko umwukamubi ari uko uhemba.
.
Rutare we ajya hasi arapfukama., Kaninga nawe ajya hasi arapfukama bavuga batuye cyane ko bakoze icyaha gikomeye kandi ko biteguye kwakira ibihano byabo ndetse   banasaba imbabazi.
Bambi arabareba ati” Muzi igihano ngiye kubaha Igihano mbahaye ni amahirwe ya kabiri ngiye kubaha mu buzima bwanyu. Ndabarekuye mugende mubeho turebe.
.
Kaninga ati” Koko uraturekuye ngo tugende?
Bambi ati” Cyane.
.
Rutare na Kaninga barumiwe cyane batangaje cyane na Bambi nabo birabarenga. Gaju we yababaye  cyane ararakara cyan ava aho aragenda.
.
Nyuma y’urubanza Gisa na Bambi baje mu rugo kuruhuka. Igihe nacyo kirisunika.  Bigeze  ni joro Sola aza kubetegurira amafunguro baza kumeza kurya.
Gisa ati” Bambi uri ishuri rwose.
Bambi ati” Narize cyane. ubuzima  butandukanye nagiye mbamo bwambereye  ishuri rikomeye kandi ndi umuntu wagiraga amatsiko cyane. nubwo amatsiko bavuga ko yicisha ariko iba ari ishuri rya mbere rituma umuntu yiga nza ni amatsiko.nakundaga kwibaza byimshi bigatuma  nshaka  kumenya byinshi.
Gisa ati” Niyo mpamvu  utangaye. ..
.
Iminsi ikomeje kwicuma.
Tuze mu rugo kwa Gaju arikumwe na Neangw aiwabo mu rugo. Kuva Ntare yapfa yishwe na  Rutare agaca bugufi agapfuakama agaca bugufi akicuza, Gaju yabaye nkusigaye ari wenyine. Kandi muri we aracyanga cyane Bambi cyane. iminsi yose ayimara atekereza  icyo akwiye kuzakora.
Neangwa ati” Ese Gaju buriya ko ubina byanze ntago wagandukira Bambi akamwumva ukmera ko ariwe mwamikazi kuko ndabona ntayandi mahirwe ugisigaranye.
Gaju amureba  nabi.
.
Tuze mu  ngoro Bambi na Gisa bicaye ku ntebe y’U bwami Niragire aza mu ngoro ahagarara imbere yabo.
Bambi aramreba ati”Niragire  wabaye intwari niyo mpamvu ngiye kukugorera ubu aka kanya niwowe ugizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’Ubwami.
Niragire ahita ajya hasi arapfuma ashimira Bambi cyane anashmira Gisa avuga azabakorera igihe cye cyose kuzageza kumwuka wanyuma.
Bambi ati” Ntakibazo kandi uzagire akazi keza.
.
Niragire aragenda. Haciye akanya gato Kaninga nawe aba aje mu ngoro ahagarara imbere ya Bambi na Gisa.
Bambi aramureba ati”Kaninga niki?
Kaninga ati”  Hari icyo nje kubabwira.
Bambi ati” Vuga.
Kaninga ati” Narabahemukiye ariko mwe mwanyituye kureka ubuzima bwanjye. None njye kwitanga hano  ngo mume andi mahirwe ngire ikintu  gufatika nakorera iguhugu cyanjye nahemukiye.
Gisa ati: Urumva ushaka gukora iki?
Kaninga ati”  Munyohereze mu  Gihigu kimwe cy’abanzi  bacu njye kubayo maneko.
Bambi ati” Ariko bagufashe bazakwica.
Kaninga ati” Ibyo ntago mbyitayeho nubwo bamfata. Icyo nshaka nuko nanapfa hari icyo mariye igihugu cyannjye nagambaniye.
Gisa ati” Ntakibazo izo nshingano urazihawe.
.
Kaninga  yarabashimiye ndetse umunsi wakurikiyeho yahise ava mu bwami yerekeza mu buhgu by’abanzi ajya kubayo maneko.
Bambi na Gisa  baje mu rugo kwa Gaju bazayo bitunguranye cyane. Mama Gaju na Karagwa se wa Gau batunguwe no kubona bagenderewe gutyo.
Bambi ati” Turabatunguye ariko mwihangane. Tuje hano kuvugana namwe.
Mama Gaju ati” Rwose turabashimiye.
Bambi ati” Oyaaa ndabizi ko mutatwishimiye kandi  natwe ntago tuje hano kugira ngo tubasebe urukundo rwanyu rwo kudukunda. Ariko  nubwo mutadukunda byibura ni mukunde Igihugu cyanyu  mureke kurwanira impamvu y’ishyari ahubwo mureke dufatanye dushyire hamwe.
Dumba arabyumva  ati” Njyewe ndabumva rwose.     Mbere byatangiye nanjye ntakumva ariko gacye nagiye mbona ko uri umuntu mwiza cyane ahubwo. Njye rwose ndemera guhuza imbaraga namwe tugakora.
Bambi ati” Urakoze cyane Dumba. Ndetse n’abandi muri iyi nzu bakabaye bahuza nawe ibitekerezo. Gusa ntagahato karimo  nimubihitamo biraba ai byiza ariko nimutabahitamo nabwo n uburenganzira bwanyi gusa nabagira inama yo kwirinda   ikibi ntkizabashuke.
.
Bambi na Gisa barahaguruka barigendera.
Dumba ahita ajyana nabo arabakurikira abaza inyma Bambi ahindukiye abona Dumba arimo kuza abakurikiye barahagarara Dmba abageeraho.
Bambi ati” Dumba.
Dumba  ageze imbere yabo ahita apfukama imbere yabo ati” Njye ndicujeje.
Bambi aramufata aramuhagurutsa ati” Dumba urababariwe  Kandi nawe uhise uhabwa inshingano ugiye  mu barinzi barinda Umwami n’Umwamikazi
Dumba arishima cyane ati” Murakoze cyane.
.
Dumba amaze kuvugana nabo barakomeza  ubwo nawe arakata asubira mu rugo ageze mu rugo asanga Gaju yazuruye  cyane.
Gaju ati” Mbega ikigwari?
Dumba ati” Gaju, Bambi ntakuntu atatugoragoje. Ubwo ikizakubaho nyuma yaha ntawe uzakibazwa.
.
Udacikwa na  Episode ya 40

Comments