
Duheruka muri Episode ya 1, Bambi yibye Igikoamangoma Gisa maze ubwo
abasirikare ba Gisa bari bagiye kumurasa umwambi arababuza. Bambi
acika atyo arigendera.
..
Abasirikare ba Gisa
babyibazaho bibaza impamvu Gisa
atumye batamurasa akabacika akagenda.
Gisa arahindukira arabareba ati” Ndabizi murimo
kwibaza impamvu muretse akagenda. Arko
niko meze njyewe ntago njya nubikira
umuntu. Ndabizi tuzomgera duhure. Ahubwo
mushakishe ahantu hose mu masoko yose azajya kugurishamo uriya mukufe
muzawungarurire.
Abasirikare be baramureba.
Gisa ati” Dusubire I Bwami.
.
Gisa ajya ku ifarashi ye basubira I Bwami.
.
Kurundi ruhande Bambi we aracyiruka cyane
amasigamana azi ngo aracyakuriwe cyakora ageze ahantu kumusozi arahindukira
areba inyuma abona nta muntu wamukurikiye mazi aricara abanza gutuzaareba
umukuhe uhenze yibye.
Aribaza ati” Uriya muntu ninde warufite umukuhe uhenze gutya? Uko biri kose
ni umuntu uva mu miryangi ikomeye cyane.
Disi ntanubwo azi ko uwo yibye ari igikomangoma.
.
Hashize akanya amze kuruhuka arahaguruka aragenda
amanuka ikibaya cyose agaruka muri karitsiye y’iwabo aba ahuye na Sola.
Sola aramufata ati” Bambi waburiye he ko utagarutse
aho twaro twapanze guhurira?
Bambi ati”Umva byari byabaye hatari.
Sola ati” Utambwira ko byabaye ingaru.
Bambi araseka ati” Njyewe se mba nagiye kwanika
amanyo.
.
Amwereka umukuhe yibye Sola arawureba arikanga!
Sola arawufata ati”Uyu mukufe ko ari uwa gaciro
akomeye cyane wawibye nde?
Bambi ati” Ubwo se namenya ngo uwo nibye ninde? Gusa
yari umuntu ukomeye cyane.
Sola ati” Uyu mukufe uzatuma baduhiga
Bambi ati” Reka ninde se uzatumenya?
Sola ati”
Umuntu wibye ava mu miryango ikomeye. Hari n’igihe ushobora gusanga ari
umuntu w’I bwami.
Bambi ati”Umva dutahe ejo tuzaza kuwugurisha
tuzakuramo amafaranga mensho tuzarya igihe kirekire.
.
Bagenda baseka
Sola ati”Mbega akazi dukora. Koko turi za mabeshu
ntago twashaka abagabo ngo bizakunde.
.
Baratashye bageze mu rugo abi asanga Nyirakuru we
yarambye cyane. ubwo aita ashyashyana afatanyije na Sola bashaka icyamufasha
muri ako kanya. Agize agahenge asinziriye baza kwicara hanze
Sola ati”Kaka wawe ararwaye bikomeye.
Bambi ati”
Mfite ubwoba ko isaha ku isaha ashobora kunshika
akigendera akansiga.
Sola ati” N’ubundi ntago muzahorana igihe cyose.
Bambi asan’ubabaye ati” Sola kaka sinshaka ko apfa niwe muryango mfite gusa.
.
Tuze I bwami, Gisa agarutse I bwami. Macanda umugaragu we aza kumwakira.
Macanda ati” Gikomangomakazi wabaye iki ko umeze
gutyo?
Gisa aramureba gusa arikomeza ajya imbere. Arimo
agenda aba ahuye n’Umwamikazi Mama we.
Umwimikazi areba uko Gisa agarutse ameze arikanga
amukorakoraho ati” Mwana wanjye niki
vyakubayeho?
Gisa ati”ntakibazo Mama.
Umwamikazi ati” ntakibazo kandi mbona hari ikibazo?
Gisa ati” Ni akabazo gato kabayeho.
Umwamikazi ati”Ni akahe
Gisa ati” Oya mama wikabya cyane. rega ntago ndi
umwana ndi umugabo.
Umwamikazi ati” Ndabizi ko uri umugabo ariko uri umuragwakamba w’ubu bwami. Rekambwire
Muganga aze agufashe..
.
Umwamikazi agiye gukomeza agaruka inyuma areba Gisa
ati” Umukufe naguhayeurihe ko utawambaye.
Gisa arisetsa ati”Nibagiwe ngenda ntawambaye.
Umwamikazi ati”Ntukongera gukora ikosa ryo kutawambara uriya mukufe n’ingenzi kuri wowe. ese warabyibagiwe?
Gisa ati” oya.
.
Umwamikazi arakomeza na Gisa arakomeza ajya mu
cyumba cye. Macanda aramureba ati” Wa mugani urihe ko ntawo nigeze mbona hano?
Gisa ati” Bawunyibye.
Macanda arasama, Gisa ahita amufata kumunwa
ati”ceceka. Mama ntago ugomba kubimenya. Umukufe nzongera nkubine ndabizi.
.
Kurundi ruhande aho I bwami mu rundi rugo
rw’umutware ukomeye harimo umukobwa
urimo kwikoraho. Yitwa Gaju. Arimo kwita
kuruhu rwe cyane akoresheje umuti w’ibyatsi wabugenewe.
Aryamye mu muvure wuzuye amazi arimo ibyo byatsi byitwa kapusurume. N’ibyatsi bituma
uruhu ruba rwiza cyane rugatoha cyane.
Hashize umwanya haza undi mukobwa witwa Nengwa afite
umwenda. Maze aju ava muri ayo mazi Nengwa amufubika uwi mwenda.
Nengwa aramureba ati” Ukomeje kugenda usa neza
cyane. ntakabuza pe ejo ni wowe Igikomangoma kizahitamo.
Gaju aaramwenyura ati”Ndabizi ko mfite amahirwe
ahagije imbere y’igikomangoma.
Nengwa ati’
Rwose urasa n’urumuri rw’izuba ryo mu museso.
Gaju araseka.
Nengwa ati”Ejo ni wongera ukabikoresha noneh bizaba byuzuye neza.
.
Gaju aratekereza ati” Ejo izuba rizarenga namaze
kuba amahitamo ya Gisa.
Negwa araseka ati’ Ni wowe uzaba Umwamikazi
ukuriyeho w’Ikiguhugu.
Gaju aramureba araseka ati”Nzajya nambuka buri wese
yubarara hasi.
Nengwa ati’Nawe urabikeneye cyane.
Gaju ati’Nkeneye kuzaba arinjye mugore wa mbere
wubashywe muri iki guhugu.
,
Igihe kirisunika.
Bambi na Sola bagiye kugurisha wa mukufe babaha amafaranga. Bamaze
kubona amafaranga bajya guhaha ibyo bashaka byose.
.
Kurundi ruhande I bwami bakomeje gutegura umuhango wo kuza kumurikirwamo
abakobwa Igikmangoma Gisa kizahitamo
uzaba umugore wacyo. Ni umuhano ukunda kubaho. Abakobwa bose bariyandikisha biyizeho ubwiza bakazajya I bwami noneho
Umwami cyangwa igikomangoma runaka bagahitamo
umugore bashaka.
.
Uwo muhango rero ukomeje gutegutegurwa I bwami,
abakobwa benshi cyane bariyandiishije.
.
Umwamikazi n’umuja we Ryera n’umurinzi we hari aho
barimo kujya. Baje mu rugo kwa Gaju. Mama Gaju abaha ikaze.
Mama Gaju ati” NI icyabahiro Mwamikazi wanjye
kukwakira hano.
Umwamikazi ati”
Ntakibazo.
Mama Gaju ati” Mwamikazi nizere ko umfitiye amakuru
meza.
Umwamikazi ati’ ntakibazo nkuko twabisezeranye niko
bizagenda. Umuhungu wanjye azahitamo umukobwa wawe.
.
Mama Gaju arishima cyane ati” Beya, Mwamikazi
wihangane kuba nkwise Beya.
Umwamikazi ati”Ntakibazo kuri wowe.
Mama Gaju ati” Rwose reka nkushimire ukomeje guhesha
ishema ubwiko bwawe.
.
Papa gaju aba
araje nawe. Ni umwe mu batware bakomeye baho I bwami. Aricara. Maze umuja waho
abazanira inzoga baranywa.
Mama Gaju areba Papa Gaju ati”Umwamikazi yatuzaniye
inkuru nziza.
Papa Gaju ahita yubarara imbere y’Umwamikazi
aramushimira cyane ati” Urakoze guhesha agaciro umukobwa wanjye Mwamikaz
wanjye.
Umwamikazi ati” Bizakomeze bibe ibanga rikomeye kuko
bimenekanye byaba ikibazo gikomeye.
Ndetse yewe n’ejo kumuhitamo bizakorwa mu bwiru bukomeye.
.
Gaju aba aje nawe muri Salo aca nugufi imbere y’Umwamikazi
aramushuza.
Mama Gaju ati” Urabona ko n’umukobwa wanjye amaze
iminsi yikoraho ameze neza cyane.
.
Tuze mu rugo kwa Bambi Nyirakuru we akomeje kuremba
cyane. byamucanze yabuze icyo yamukorera arimo kumureba akarira gusa.
Sola yaje yihuta cyane aza avuga.
Sola ati” Bambi namenye umuti wavura Kaka wawe.
Bambi ati” Ni uwuhe.
Sola ati” Ikibazo ni kimwe nuko uboneka I bwami
gusa.
Bambi ati” Mana yanjye.
Sola ati” Ubwo byagusaba ko ujya I bwami. Kandi
nubwo byakunda ko winjirayo sinzi uko wawubona.
Bambi acika intege ati”Uwo sinawubona. Urabizi ko
bitoroshye kuba umuntu yakwinjira I bwami.
Sola ati” Ariko njye turi indwanyi ahari hari icyo twagerageza
ariko tukagerayo.
Bambi ati”Urabona
twakora iki?
Sola ati” Umva hari
uburyo bumwe numvise.
Bambi aamureba ati” Ubuhe?
Sola ati” Ejo I bwami hazabaho gutoranya umukobwa
uzabana n’Igikomangoma. None wowe
wiyandikishije mu bakobwa bashaka guhatana?
Bambi araseka ati” Uku umeze uku koko!
Sola ati” Noonese wowe hari ubwo intego yawe ari uko
watsinda? Nukugira ngo ubone uko wakwinjira I bwami. Kwiyandikisha byatubera
inzira.
.
Bambi abiekerezah maze areba ukuntu nyirakuru we
ameze aaba afashe icyemezo cyo kujya kwiyandikisha nawe kugira ngo bazabne uko
bagera I Bwami.
.
Tugaruke I bwami gutegura uwo muhango
birarimbanyije.
Umwamikazi yaje kuvugana n’Umuhungu we Gisa.
Umwamikazi atI’ Gisa
ndashaka ko ejo amahitamo yawe azaba Gaju.
Igikomangoma Gisa ati” Kubera iki Mama
Umwamikazi ati” Kubera ko ariwe wazakubera Umwamikazi
mwiza kuruta abandi bose.
Gisa ato” Ariko ibyo ntago ubizi Mama!
Umwamikazi ati” Wa mwana we nz ibintu hafi ya byose.
Kubera ko nabomye byinshi kandi niga byinshi kuruta byose waba uzi wowe.
ndagira ngo amaso yawe ejo azagwe kuri Gaju gusa.
Gisa ati” Ibyo ntago nabikora Mama. Nshobora kubona
undi unyuze utariwe.
Umwamikazi aramureba ati” Gisa umvira inama yanjye
niba ushaka kuzagira amaboko akomeye muri ubu bwami. Nuhitamo Gaju uzaba
uhisemo neza cyane kandi bizatuma uba umenyembaraga kurushaho. Ubwoko Gaju akomokamo bugize igice kinini
cy’abaturage bose batuye iki gihugu. Wa mwana we rero agura amaso yawe urebe
kure cyane. ejo ugomba kuzahitamo Gaju
nuko kandi bimeze.
Umwamikazi ahita ava aho aragenda.
.
Bidatinze sasa umunsi warageze. Abakobwa bose bayandikishije
baza I Bwami. Biba ari ibirori bikomeye cyane.
Bambi na Sola nabo
barimo kuza I Bwami. Bageze kumarembo yinjira I Bwami abasirikare
barabahagarika babaza aho barimo kujya. Berekana ko nabo biyandikishije.
Abasirikare bareba uko bamezebarabaseka.
Abasirikare ati” Ubuse nkamwe mwariyandikshije koko
ntimwataye igihe. Mwirebe uko mu meze ninde wabahitamo
Bambi ati” Ni dutsindwa turataha. Hari ikibazo
mubifiteho?
.
Abasrikare barabareka barinjira barakomeza baza I
bwami baza ahabereye umuhango bahageze nabo binjira mu bandi.
Uwo mwanya
Bambi ahita ahuza amaso n’Igikomangoma
Gisa, Bambi ahita yibuka ko ariwe aherutse kwiba mu ishyamba.
.
Bambi yakanzemo ati” Uriya se niwe gikomangoma
kandi?
.
Udacikwa na Episode ya 3
Comments