
Turi mu mwaka wa 700 ku ngoma y’Umwami Yuhi
Mpazimaka. Turi I bwami ni murukerera
rwa kare.
Igikomangoma Gisa kirabyutse. Akibyuka Umugarugu we
Macanda ahita aza mu byumba.
Macanda ahagarara kumuryango ati”
Igitondo cyiza gikomangoma
Igikomangoma Gisa ati” ikirere kiramutse ute?
Macanda ati” Ikirere kimeza neza Gikomangoma
cyanjye.
Igikomangoma Gisa ati” nshaka kujya mu ishyamba
guhiga
Macanda ati” Reka nkutegurire ifarashi n’abasirikare
ujyana nabo.
Igikomangoma Gisa ati: Bikore vuba.
.
Macanda aragenda.
.
Kurundi ruhande
mu cyaro kimwe citwa Taba muri
ubwo bwami. Hari urugo rucirirtse cyane rubamo umukobwa witwa Bambi abana nyirakuru we irwaye indwa ikomeye
cyane ituma ahira aryamye.
Bambi afite inshuti ye yitwa Sola bakunda kuba barikumwe igihe cyose.
Hashize umwanya muto Bambi nawe abyutse arimo
kwambara , ariko akunda kwambara imyenda ijya kuba nk’iyabagabo, yarangiza
agafuna igitambaro mu mutwe we.
.
Uko yambara Nyirakuru we arimo kumureba. Amaze
kwambara Nyirakuru aramuvugishamu ijwi rito ritava mu kanwa keza.
Nyirakuru ati” Bambi kubera iki ukunda kwambara
gutyo aho kwambara nk’abakobwa?
Bambi amuza iruhande ati” Ka njyewe ni gutya nkunda
kwambara nibyo numva binyuze.
Nyirakuru ati” Kwambara nk’abagabo koko nibyo wumva
bikunyuze Ubuse ni uzabona Umugabo nujya ukomeza kwitwara gutyo?
Bambi araseka
ati” Reka kuri njye umugabo ntacyo avuze. Ntanubwo njya mbitekereza.
Nyirakuru ati” Oya shenge umugabo n’ingombwa utazakora ayo mahano.
.
Bakiganira uwo mwanya Sola aba yinjiye mu nzu nawe yambaye ibijya gusa
n’ibyo Bambi yambaye.
Nyirakuru arabibona ati” Sola nawe wambara kimwe na
Bambi?
Sola ati”
Njye nawe ntaho twatandukanira.
.
.
Tugaruke I bwami. Igikomangoma Gisa kimaze kwambara
nkigiye kujye mu ishyamba guhiga.
Guhiga n’ibintu Gisa akunda cyane.
Umugaragu we Macanda nawe amze kumutegurira ifarashi n’abasirikare baaomba kujyana nawe.
Macanda arimo aaruka mu cyuba cy’Igikomangoma ahura
n’umuja w’umwimikazi witwa Ryera baravugana.
Ryera ati” Macanda
itabe umwami arimo kugushaka.
Macanda ati”Umwami arihe.
Ryera ati’ Ari mu ngoro.
.
Macanda akata inzira ajya ku ngoro y’Umwami arinjira
asanga umwami yicaranye n’umwamikazi we.
Macanda ati” Nyakubahwa Mwami wanjye nditabye.
Umwami yuhi Mpazimpaka ati” Nshaka kukubaza mugeze
mutegura umuhango wo kuzahitamo umgugeni ushingiranwa n’Igikomangoma?
Macanda ato’ Tugeze kure Nyagasani.
Yuhi Mpazimpaka ati”
abakobwa bamaze kwiyandikisha muri uwo muhango ni bangahe?
Macanda ati”
bamze kuba 20 ariko turacyakira n’abandi.
Umwamikazi ati’Nizere ko ejo bizagenda neza.
Macanda ati” Mutwizere Mwamikazi wanjye.
Yuhi Mpazimpaka ati”Igendere.
.
Macanda agenda asubira inyuma adateye Umwami
umugongo aragenda aza mu cyumba cy’Igikomangoma Gisa.
Gida aramureba ati” Wasoje gutegura neza?
Macanda ati”Yego.
Gisa ati” Reka njyende
.
Macanda ahita amushakira inkota ye n’umuheto
arabimuhereza.
Gisa aramureba ati”None Umuhango wo kuzahitamo
umugore tubana ugeze he muwutegura?
Macanda ati”Ninabyo mvuye kuvugana n’Umwami tugeze kure kandi ejo bizagenda neza.
Gisa ahita ava mu nzu ye arasohoka aza hanze mu
mbuga ngari cyane yaho aba abona Ifarishe ye nziza cyane iramutegereje
n’abasirikare agiye kujyana nabo.
.
Tgaruke muri cya cyaro Taba mu rugo kwa Bambi.
Bambi arimo gufata inkota ye arangije areba Sola ati” Twagiye?
Sola ati’ Tugende.
.
Bambi aza imbere
ya Kaka we aramureba ati’Ka ndagiye
ngiye mu kazi turaza gusubira.
Nyirakuru ati” Aruko harya ngo kora iki
Bambi araseka ato” Ka sinakubwiye ko njyewe nshuruza.
Nyirakuru ati”
eeeeeee noneho genda.arikon uhinduke mwana wanjye utazahera ku ishiga ntawiwacu wapfuye atyo utazazanira
igisebo umuryango.
Bmabi ati” Ka ntakibazo nabyo bizaba.
.
Bambi na Sola bava mu kazi kabo bafata inzira baragenda.
Sola ati” Ubuse Kaka wawe aba atekereza ko ufite gahunda yo kuzashaka
umugabo?
Bamabi ati” We
niko atekereza.
.
Kurundi ruhande Igikomangoma Gisa n’abasirikare be
yajyanye nabob amaze kugera mu ishyamba.
iGikomangoma Gisa ava ku ifarashi ye maze afata
umuheto batanira kugenda mu ishyamba bahiga.
Gisa areba abasirikare be ati”Umva namwe muhige
sinshaka ko munguma inyuma nkaho
mundinze
Umusirikare umwe ati” Nyakubahwa umutekano wawe
n’ingenzi.
Gisa ati” mbahaye itegeko ryanjye.
.
Abasirikare
bareka kumugenda inyuma cyane nabo
ahubwo batangira guhiga. Ubwo batangira kugenda basa n’abatatana.
Igikomangoma Gisa kiba kisanze kigeze ahantu hacyonyine n’ifarishi ye.
Hashize akanya
abona urukwavu rw’ishyamba imbere
ye mu ntera nto cyane arangije atamika umwambi ngo ayirase. Agiye kurekura
umwambi ako kanya hari uwaje ahita amwambara amushikuza umukuhe mwiza cyane
wazahabu yarayambaye ariruka cyane.
Gisa
aramubona maze ahita yurira
ifarashi ye amwirukaho. Icyo gisambo kimwibye kibonye ko agiye kukigeraho
kirahagarara gitega ifarashi ye iragenda igwa hasi Igikomangoma Gisa nacyo kigwa hakurya.
Gisa
arahaguruka arebana n’igisambo kipfutse mu maso.
Gisa ati’ Wa gisambo we ukoze amabara uwo umenyereye
ntago umuzi. Uransubize ibyanjye kuneza
cyangwa nkurangize.
Igisambo kirahakana.
Gisa akurayo inkota Igisambonacyo gikurayo indi
batangira kurwana barahangana cyane.
Gisa abona icyo gisambo kizi kurwana ariko kirimo kurwana isa nkaho
kidashaka kumwica.
Gisa ati” Urinde wa gisambo we.
.
Igisambo kiraceceka bakomeza kurwana. Inkota ya Gisa ica mu gitambaro kipfutse mu
maso maze kivaho isura iragaragara, Gisa
abona ni Umukobwa agwa mu kantu.
Gisa ati’ Kumbe uri igikobwa? Witwa cyande wa
Gikobwa we
Umukobwa ati” Nitwa Bambi.
Gisa ati” None waba uzi uwo watatse?
Bambi araseka ati” Uwo waba ariwe wese ntacyo
bindebaho.
Gisa ati’ Nsubiza umukufe wanjye nkureke ugende mu
mahoro.
Bambi araseka ati” Nubwo uri umusore mwiza ibyo
ntago byantera impuhwe kuburyo nagusubiza imari yanjye.
Gisa ati” Wamaze nokuwita imari yawe?
Bambi ati” Cyane ahubwo shyira inkota yawe hasi
nigendere nawe ntagiciye umutwe.
Gisa araseka ati” Wowe wa gakobwa we urabona wansha
umutwe.
.
Barongera bararwana, Gisa bamushyiramo umugeri abandagara
hasi. Bambi amuza ahejurau amufatiraho inkota maze aramuseka.
Bambi ati”Nakakurangije none ndabona ugifite amashereka mu maso
subira iwanyu kwa nyoko ujye koga.
.
Ako kanya bambi abona hari abasirikare baje maze
ahita yiruka Gisa arahaguruka. Abasirikare
be bagiye kurasa Bambi imyambi arababuza.
Gusa aguye mu kantu!
.
Udacikwa na Episode ya 2
Comments