Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
[4/20, 16:47] ishimwechristian54: AMAHITAMO Y’UMWAMI GISA
.
Episode 41
.
Twaherutse Gaju na Kirabo bavuga ibyo kuba Kirabo yabwira umugabo we bakajya gutera ubwami bw’bw’iwabo bakavanaho Bambi.
.
Inkuru ya Chris Nandi sihimwe.
.
Mu rigo kwa Bambi na Gisa mu masaha y’ijoro. Bambi yicaye kuruhande ku ntebe Gisa arimo gusasa uburiri.
Bambi aramureba ati” Gisa uri umugabo mwiza.
Gisa arahindukira aramureba ati” Iryo jambo urumbwira hafi buri saha.
Bambi ati” None n navuga ikikindi ko wanyemeje koko.
Gsa ati” Narakunyuze nanjye ndabyishimira cyane.
.
Gisa asoje gusasa aza iruhande rwa Bambi akora knda ye arangije asutama mu maguru ye amureba mu maso maze atangira kumuririmbira.
.
Bambi araseka maze ahita amubuza kuririmba arahaguruka.
Gisa aramureba ati” Bambi utambwira ko unenze imiririmbire yanjye.
Bmabi araseka ati” Nubwo ari hafi ya ntayo arko basi iranshimishje ngiye kureba icyaburagamo.
.
Bambi aba azanye inanga,
Gisa ati” Wawoooo.
Bambi ati” Ngiye gucuranga hanyuma wowe ukom,ze undirimbire.
Gsa ati” Ntakibazo rwose.
.
Bambi aracuramga Gisa nawe aramuririmbira. Ararriimba ati” Turakundana, tuzarambana tuzasazana… arakomeza n’ibindi.
Bambi agaseka cyane.
.
Tuze mu bundi bwami aho Gaju yagiye aracyavugana na Kirabi amwumvisha ko bakwiye kuza kwataka sasa Kirabo ntago arabyumva neza.
Kirabo ati” Ese Gaju ibi byose urimo kubikorera nde?
Gaju ati” Hari abandi se atari abavandimwe bawe basigaye. Gisa wabaye nk’ikimara abigizwe na Bambi na Rutare uraho gusa isaha n’isaha nawe wamanikwa. Umva utanyumvise ngo ugireicyo ukora vuba uraza kuba inshike nta muryango uzaba ugifite mugihe kiri imbere.
.
Kirabo arabyumva.
Gaju ati” Bitekerezeho.
Korabo ati” Kwataka iwacu naba naba natatse Musaza wanjye.
Gaju ati” Ndakubwira kangehe ko Musza wawe ntaho azwi ntacyo amaze Bambi niwe utegeka byose, Gusa ntajambo akigira ryose yararyambuwe ameze nk’ibwa araho gusa Bambi atwara uko ashaka.
.
Korabo arabyumva.
Gaju ati”Nyamara wenda urimo kumva ari amagambo gusa ariko ubonye Gisa ameze nawe agahinda kakwica neza neza.
.
Kirano arabyumva abitekerezaho.
Gaju ai” Bwira umugabo wawe agufashe aduhe ingabo tugende dukureho Bambi.
Kirabo afata icyo kumywa aranywa abitekerezaho neza cyane bihagije.
Kirabo areba Gaju ati” Bakujyane aho urara ndaza gukomeza kubitekerezaho.
.
Gaju baramujyana ajya kuryama.
Kirabo nawe yaje mu gitanda asanga Umwami araryamye ubwo ni Umugabo we yitwa Nsoro.
Nsoro ati” Uriya muntu wi wanyu yaje inaha gukora iki?
Kirabo ati” Yranzaniye amakru yo mu rugo.
Nsoro ati” Bimeze bite.
Kirabo ati” Ngo Umwaikazi witwa Bambi yatwaye ubwami bwose bw’iwacu ndetse hafi umuryangowanjye wose ngo yarawumaze.
Nsoro ati” Ubuse wizeye ibyo uriya mukobwa avuga.
Kirabo at” Yego kuko nta mpamvu yaba yatumye ava iriya hose aje kumbeshya.
.
Nsoro ati” None wowe uratekereza iki?
Kirabo ati” Ntago ndabona mu mjywe neza icyo nkwiye gukora.’
.
Twigarukire inaha mu bwami bwacu mu,masaha ya kumanwa. Bambi na Gisa bari mu ngoro yabo hari inama barimo gukora n’abandi bayobozi. Inama irangiye, Bambi areba Dumba.
Bambi ati” Dumba jya kunzanira mushiki wawe hano.
Dumba ati” Reka njye kumuzana mwamikazi wanjye.
.
Dumba aragenda. We aziko Gaju yaba akiba iwabo. Aragenda ageze mu rugo abura Gaju. Abaza ababyyi be nabo bamubwira ko batazi iyo yagiye.
.
Dumba agaruka kubibwira umwamikazi ko yambuze batazi niyo yagiye.
Bambi ati” Mureke niba yaragiye.
Gisa abyibazaho ati” None se yaba yaragiye he?
Bambi ati” Ibyo se byadytwarira umwanya tunyibazaho.
Gisa ati” Yego, kuko njye ndumva bishisihikaj cyane. umuntu yavuye inaha mu buryo butazwi nta muntu uzi iyo yagiye.
Bambi ati” Buriya yabonye inaha ibyo yashakaga byanze ahitamo kugenda.
.
Bakiraho Rutare yaraje mu ngoro Bambi aramureba.
Rutare aca bugufi imbere yabo.
Bambi at” Rutare niki?
Rutare ati” Nzanye igusubizo kubusabe mwarimwampaye.
Bambi ati” Warabyemeye se cyangwa warabihakanye?
Rutare ati” Umbabarire nabanje kwinangira umutima ariko naje gusanga narakoze ikose narinkwye kuba narabyemeye ukibinsaba.
Bambi ati” Ntakibazo kuko n’ubundi wagombaga kubamza wabitekerezaho.
.
Bambi arahaguruka aramunuka amusanga hasi aramuhibera cyane ati” Rutare nishimiye impinudka yawe kandi nishimiye kuba tugiye gukorana nawe.
Rutare ati” Namwe mwatakoze kungora kumpa amahirwe noneho yo kuba nakora ikiza.
.
Tuze mu bwami Kirabo abereye umwamikazi yaje kongera guhura na Gaju.
Gau ati” Watekereje iki?
Kirao ati” Nemeye ibyo wambwiye. Navuganye n’Umwami yemera gutanga ingabo zigaba igitero iwacu.
Gaju biramushimisha cyane araseka cyane.
Kirabo ati” gusa ndimo kwibaza niba tuzatsinda.
Gaju ati” Humura tuzatsinda . kandi imbere mu bwami harimo abantu nzi neza ko tuzafatanya nabo bazahita bajya mu ruhande rwacu.
.
Kirabo aramureba.
Gaju ati” Uwa mbere ni Rutare musaza wawe naje twari tumaze kuvugana. Undi ni Musaza wanjye nubwo akorera Bambi ariko nzi neza ko azamutera umugongo akaza kuri twe tugafatanya. Kandi ntago azabura abandi basirkare agumura bakava kuri bambi bakajya kuruhande rwacu.
Kirabo ati” Ntakibazo reka tuzatake.
.
Twigarukire mu bwai inaha.
Sola ari mu kazi ke nkuko bisanzwe. Karire yaje kumureba aho yicaye maze amwicara iruhande. Sola aramureba yikomereza akazi.
Karire ati” Ese twavugana.
Sola aramwumva ati” Ntakibazo twavugana.
Karire ati”Umbabarire kuba narakurwanyije kakwanga cyane kandi uzanansabire Bambi imbabazi. Burya nabangiraga ubusa naje gusanga muri abana beza cyane.
Sola ati” Njye kuruhande rwanjye ndakubabariye ariko na Bambi uzaye kumusaba imbabazi nawe kugiti cye.
Karire ati” Nzabikora.
.
Tuze mu ngoro, hari umusirikare winjiye mu ngoro uzanye amakuru.
Gisa aramureba ati” Tembo ni ayahe amakuru uzanye?
Tembo ati” Amakuru nayahawe na Kaninga. Vuba Mushiki wawe agiye kuza inaha kudutera.
Gisa agwa mu kantu ati”Mushiki wajye agiye kuza kuntera?
Tembo ati” Yego.
Bambi nawe aba nkutunguwe ati” Kubera iki u bwami bwa mushiki wawe bugiye kuza kudutera hari ikihe kibazo?
Gisa ati”Nanjye biracanze .
Tembo ati” Kaninga yambwiye ko yabonye Gaju mu bwami Mushiki wawe abereye Umwamikazi ndetse yababonye banavugana cyane.
.
Bambi ati”Yego rata, Gaju niwe wagiye kugambana buriya niwe wagiye gushiramo mushiki wawe imyumviro yuko yatwaka. Koko uriya mukobwa ntago ashirayo. Naramugerageje kensho ariko kuri iyi nshiro sinzi ko nzamubabarira.
.
Ntibyatinze sasa Nsoro yateguye ingabo ibuhumbi n’ibihumbagiza, bagiye kuza gutera mu bwai bwa Bambi na Gisa.
.
Udacikwa na Final Episode mu rugamba rurangiza rugiye kuba.
Comments