
Ni mu masaha y’ijoro akuze cyane. Hari imodoka iparitse hanze ku marembo y’urugo rwiza cyane irimo Umugore urimo kwitsa umutima cyane. Muri we afite ubwoba.Aragira ati” Nitwa Bella, maze imyaka 15 mbana n’Umugabo wanjye Rumio, dufite umwana w’umukobwa w’imyaka 15 yitwa Seffa. Imyaka 13 ya mbere narimbanye n’umugabo wanjye mu buryo budasanzwe. Urugo rwacu rwari rumeze nkaho ariyo paradizo bavuga muri bible. Buri kanya nabonaga urukundo rudasanzwe mu maso y’Umugabo wanjye..Ariko muri iyi myaka ibiri itambutse ibintu byarahindutse, mu byukuri sinzi icyabaye sinzi n’ikirikuba. Umugabo wanjye ndamukunda cyane ariko nsigaye mbona yarabaye undi muntu. Mbere ntakintu nishimiraga nko kumarana nawe umwanya munini cyangwa hafi ya wose kuko nicyo kintu cyari cyiza..Ariko ubu nsigaye mfite ubwoba bwo kuba ndi iruhande rw’umugabo wanjye, iyo ndi hafi ye mba numva ntagitekanye nka mbere. Mwibaza ko mva no mu kazi nkumva mfite ubwoba bwo gutaha..Nubu natinye kwinjira mu nzu yanjye. Ndimo kwibaza icyo gukora. Mu mutima wanjye ndimo gusenga ngo icyampa umugabo wanjye akaba yasinziriye nkinjira mu nzu yasinziriye cyane kuburyo mpita niryamira ntavuganye nawe cyangwa ngo ndebane nawe..Ariko sinzi niba icyifuzo cyanjye kiri bube impamo. Sinatekerezaga ko hari igihe kizagera Umugore nkanjye nkajya ntinya kwinjira mu rugo rwanjye gutya. Ntababeshya nsigaye numva ntagitakanye narabuze amahoro. Gusa ariko nanone nkunda Umugabo wanjye nubwo mba mbona yarabaye undi umuntu. Mba nibaza icyabaye ku mugabo wanjye kuko n’ubu sindagisobanukirwa..Uwo mwanya Telephone ye irasona abona ni Umugabo we umuhamagaye maze umutima we uratera cyane, afata telephoe arimo atitira intoki cyane yibaza niba yitaba cyangwa akabireka.Telephoe arayitaba.Rumio ati” Aya masaha uracyari he??Bella avugana igihunga ati”Ndimo gutaha cher nibwo dusoje akazi.Rumio ati” aya masaha saa tanu z’ijoro??Bella ati” Akazi kari kabaye kenshi nukuri.Rumio ati” Taha gira vuba.Bella ati” Yego cher ndimo kuza rwose..Rumio arakupa, Bella asigaranye ubwoba budasanzwe noneho. Akareba ku rugo rwe , maze akifata mu maso ati”Mana wambariye Umgabo wanjye ukamutereza ibitotsi bidasanzwe agasinzira??.Bella akomeza kuba aho mu modoka byamucanze. Hashize akanya aba yigiriye inama maze afata telephone ahamagara Umugabo we. Umugabo aramufata.Bella ati” Honey umbabarire bibaye ngombwa ko nkatira mu nzira nkasubira mu kazi.Rumio ati” Kubera iki??Bella ati” Hari report bansabye mu kazi yihutirwa...Umugao we ahita amukupa, Bella arikanga ati” Ko ahise ankupa byihuse ra habaye iki??.Igihe akirimo kwibaza ikibaye abona Umugabo we Rumio ahagaze imbere y’imodoka ye. Bella ubwoba buramutaha.Rumio aza yegera umuryango w’imodoka aramureba, Bella amasoni aramwica bitewe nuko yaramze kubeshya Umugabo we..Rumio ati” Umaze amasaha atatu uparitse hano. Bella ati” Wandebaga se?Rumio ati” Kuva kare mvugana nawe unambeshya ko aribwo utashye nakurebaga. Wa mugore ubundi ufte ikihe kibazo.Bella ati” Ntacyo cher!Rumio ati” Niki cyatumye utinjira mu rugo rwawe?? nigeze nkwirukana mu nzu yawe?Bella ati” Oya.Rumio ati” Hari ikibi se naba nagukoreye cyatumye udashaka gutaha??Bella ati” Ntacyo.Rumio ati”Nyine ndibaza wabaye iki??Bella ati” Cher ntacyo nabaye nuko numvaga nshaka kumara akanya hano ndi njyenyine. Kandi buri muntu wese bibaho ko yakenera akanya ko kuba ari wenyine.Rumio ati” Akaya se uri wenyine ufite ikihe kibazo??Bella ati” Cher gufata akanya sigihe umuntu hari ikibazo afite gusa..Rumo ati” Ibyo ntabwo mbikunze. Injiza imodoka mu gipangu uze mu nzu..Bella yinjiza imodoka mu gipangu araparika maze baza mu nzu. Bella arebye kwisaha abona haburaga gato ngo saa sita zigere.Rumio aramureba..Bella ajya gukuramo imyenda, Rumio amusanga mu cyumba.Rumio ati”Jya kurya twe twasoje kurya.Bella ati”Yego cher , ndagukunda..Rumio aramureba gusa , maze we ajya m...
Ibihe...