logo

NEW TALENTS

Stories Group

IYOBERA MU GITANDA S01 Ep 27

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA  MU GITANDA CYANJYE
.
Episode 27.
.
Duheruka Rumio abwira Darlene ko ba Rumio ari abantu babiri.
.
Writer chris nandi Ishimwe.
.
Darlene kumva  ibyo agwa mu kantu,  ndetse no kubyumva bisa nibibaje kumugoramo.
Rumio arabibona ko Darlene bigiye kumugora kubyumva maze aramufata ati” Darlene nyizera
Darlene ati” Buretse gato ubundi uranshakaho iki gituma utangiye guhimba ibinyoma bidafatika.
Rumio ati” Darlene nyumva ntabwo ndimo kukubeshya.   Ese niba waritegereje neza Rumio mwahuye akagufata nabi wabonaga angana nanjye mu ngano?
Darlene ati” Ibyo sinabyitayeho
.
Rumio ati” Darlene come on. Ntabwo ndimo kukubeshya.
Darlene ati” Oya oshaka guhoshya amakosa wankoreye witwaje  ibinyoma.
.
Rumio ati” Reka mbikwereke.
.
Rumio afata telephone ye arayatsa maze amwereka video. Darlene kubona iyo video agwa mu kantu arumirwa!
Rumio ati” noneho wanyizera??
Darlene ati” None bivuze kiriya gihe niwe wariwaje si wowe??
Rumio ati” Byagenze gute?
Rumio ati” It is long story.
Darlene ati” Ndaza kukubwira neza ariko banze ukemure ikibazo cy’umuriro uri muri njye ndimo ngurumana.
.
Darlene ati” Wapi njyewe amatsiko aranyishe.
Rumio aramufata ati”Uri  hano nanjye ndi hano uraza kumenya byose.
.
Darlene aramurebaaaa maze  Rumio aramufata aramusoma, Darlene nawe arirekura aramwiha utwenda bahubuzamo vuba maze bakorera aho muri saro. Rumio amumaraho amasaha atatu yose kugeza  ubwo Darlene nawe ageze aho arambirwa atangira kumusaba  kurangiza.
.
Twigarukire kwa Muganga.
Bella ati”Shella ibyo uvuze bishoboka bite??
Shella ati” Wenda ugusanga  hari impanga ya Rumio.
Bella araturika araseka ati” Nonese impanga ye akaba ariyo yanyinjiriraga??
Shella ati” Byanashoboka. Hano turimo gutekereza tunagerageza gukuraho  iyobera rihari.
.
Bella arabiseka yumva ntibibaho ati” Shella twivuna ubwonko.
Shella ati” Nyamara   igihe wajyaga wakira sms z’amagambo meza wibuke n’impano zitandukanye wajyaga  ubona zitunguranye. Ariko wabaza Umugabo wawe agahakana. Noneho tekereza nuko warumaze iminsi ufashwemo  warashizwe muri Romance idasanzwe!
.
Bella akabitekerezaho nawe, akibuka koko ibihe bidasanzwe yaramazemo agahe.  Aba yibutse na tatoo y’izina rye yabonye mu rukenyerero rwa Rumio hafi y’igitsina cye. Kandi mbere hose ntabwo Rumio yagiraga iyo Tatoo.
.
Bella at” Ni butse na Tatoo y’izina ryanjye mperutse kumubonana.
Shella ati” None ni gute umugabo ugukunda washize tatoo y’izina ryawe hafi y’imyanyandangagitsina ye yaguca inyuma ?? yakubabaza akajya anabigukorera mu maso??  ese  ubundi yarayihoranye??
Bella ati” Oya.
Shella ati” None niki utarimo  kumva aho.
Bella ati” Ntekereza ko ahari  muri iriya minsi yarahindutse aribwo yaba yarayishizeho.
Shella ati” Reka  nkuhe igitekerezo. Uzongere urebe ko iyo tatoo ayifite.
.
Bella abitekerezaho.
Shella ati” Ariko njye intekerezo zanjye zatangiye guhamya ko  baba ari abantu babiri batandukanye.
Bella ati” Aho rero niho ndimo kumvira  ibitekerezo by’ubusazi.. ni gute niba iyo mpanga ihari yaba yaranyinjiriye?? impanga ntigeze menya na mbere hose?? Rumio nta mpanga yarafite.
Shella ati” Nyamara ibitekerezo byanjye byagira ishingiro nubwo byaba bisa n’ibidasobanutse . ariko kwibaza gutya byafasha gukuraho urujijo ruhari.
Bella ati” Ntacyo wenda  umuntu yapfa kubishingiraho gato ariko biragoye kwizera ibintu nk’ibyo.
Shella ati” Bella pfa  kubiha umwanya ubyiteho ubikurikirane hari igihe byafasha.
.
Rumio na  Darlene basoje ibyo bakoraga, Darlene yumva yashize yahaguruka agahirima.
Darlene ati” Uba ufite imbaraga zidasanzwe pe!
Rumio araseka ati” Noneho nakwemeje??
Darlene ati” Ese ibyo dukora uba ugamije kunyemeza.
Rumio araseka ati” Oyaaa ariko mba ngomba gutuma wishima nanjye nkishima.
.
Darlene ati” Njya nibaza ibi byacu  ni ibihe biragana he?
Rumio amufata kurutugu ati” Darl nkufiteho Umugambi mugari.
Darlene araseka ati” Abagabo bahorana amasezerano adashira kandi igitangaje bazi neza ko atazigera anabaho.
Rumio ati” Oya.
Darlene ati” Umva aka kanya ufite umugore icyo ushaka kunyumvisha hano niki??
Rumio ati” Cyereka niba nawe utiringiye ko usumbya kure agaciro uwo wita Umugore wanjye.  Niba mfite Bella kuki nkukenera.
Darlene aramureba cyaneeee.
Rumio ati” Nyizera hano. Darlene ni wowe ubasha guhaza kwifuza kwanjye, ni wowe umara inzara n’inyota by’umubiri mba mfite.
.
Darlene araseka.
Rumio ati” Wiseka, abagabo bakunda ahantu habaye ibyishimo bihagije. Ibyo ni wowe ubikora rero si Bella.
Darlene ati” Ariko aka kanya ayo ni amagambo urimo kumbwira.
Rumio ati” Mugihe cya vuba nibwo uzabyemera neza.
.
Iminsi iricuma. Bella aroroherwa igihe kigeze kwa Muganga baramusezerera. Arataha.
Bageze mu rugo arongera afata icyumba cye atandukana n’Umugabo. Gusa Rumio akumva ntacyo bimubwiye kubera ko n’ubundi ajya kuruhande akabasha gukemura ibibazo bye by’umubiri.
Ndetse bigera naho yiyegereza  Darlene amuzana hafi ye mu kazi. Abakozi ba Company bakajya babona Rumio yarasubiye uko yarameze mbere.
.
Rimwe na rimwe  Bella akajya abona Rumio na Darlene bamusambanira imbere. Rumio akajya yitwaza ko ibyo akora abiterwa nuko Bella aba yamwimye. Igihe kiricuma bakomeza kubana gutyo.
.
Igihe kimwe nubundi Rumio akoresha kuri bya binini yariyiteguye ko aza kubonana na Darlene birangira Darlne atabonetse bidakunze.
Ubwo muri iryo joro  gusinzira biranga kubera icyo  umubiri urimo kumusaba. Arabyuka maze ku cyumba Bella asigaye araramo aramukomangira. Bella aramwumva ariko yica amatwi. Undi nawe arakomanga cyane ye ntiyamuha amahoro.  Bella yumvise abangamiwe cyane maze arabyuka.
.
Bella ati” Niki ko untesha umutwe.
Rumio ati” Bella ndemera amakosa yanjye ariko ubu ndashaka guhuza nawe tukubaka nkemera n’amakosa yanjye.
Bella aramurebaaaa n’ubundi arabizi ko arimo kubeshya hari ikindi ashaka.
Bella ati” Rumio ntagihe nakimwe wigeze ushaka kubaka ibyo urabizi.
Rumio ati” Bella  ninjye ubwanjye wiyiziye imbere yawe. No gusinzira byanze kubera  umutima wanjye wuzuye kwicuza. Nibyo aka kanya wenda biragoye ko wanyumva niko ubu meze mu mutima wanjye.
Bella ati” Ni byiza niba ariko umeze.
Rumio ati” Ese nakwinjira tukaganira?? wenda hari icyo twageraho kizima.
.
Bella arebye iyo hepfo abona Umugabo byamukomeranye ihagaze nk’igiti. Arabimenya rwose ibyizo njuga icyo zigamije. Gusa aramwemerera arinjira maze bicara kugitanda.
.
Bella ati” Ngaho vuga burikimwe cyose ushaka.
Rumio ati” Rega Bella nubwo nagiye nitwara nabi nkakora ibidakorwa ariko ndagukunda. Mpamya ko ntakibi cyane cyo kuguhemukira nigeze nkora. Gusa ariko nubwo mvuze gutyo ntabwo bivanyeho ibyaha byanjye nakoze kandi byakubabaje cyane. Ariko aka kanya ndashaka kuba Umugabo . rwose nabonye ko ibyo naba narukamo byose ntacyo bimaze.
.
Bella ati” Ndukumva.
Rumio ati” Bella nyizera ndakomeje.
Bella ati” Nanjye nakubwiye ngo ndakumva.
.
Rumio aramureba mu masoo ati” None naba ndyamye hano gato??
Bella ati” Ukiza hano namenye icyo ushaka. Ariko  ntakibazo.
Rumio ati” Sinzi ibyo watekereje.
Bella araseka ati”    Ndimo kubibona ko ubishaka. Nanjye nditeguye reka bibe.
.
Rumio ahita amwataka.
Bella ati” Uragendera kuri njye si wowe uyobora  ubu.
Rumio ati” Ntakibazo.
.
Bella ati”Ngaho kuramo imyenda.
.
Rumio ayikuramo, Bella abona ya Tatoo y’izina rye ntayo abona.
Bella ati” Nonese na Tatoo wahise uyikuraho??
Rumio ati” Iyihe Tatooo.
Bella arabyumva ati” Harya nta Tatoo wagiraga??
Rumio araseka ati” Cher ko tumaranye imyaka myinshi tubana hari narimwe wigeze ubona mfte tatoo.
.
Rumio agiye kumusoma Bella aramuhagarika ati” Buretse gato ndumva ntangiye kubabara mu nda.
Rumio ati” Uhise ubabara mu nda??
.
Kumbe Bella aramubeshya ntabwo arimo kubabara ahuwo arumiwe ! ahise abona ko ibyo Shella yakega bishobora kuba aribyo.
.
Udacikwa na Episode ya 28

Comments