logo

NEW TALENTS

Stories Group

IYOBERA MU GITANDA S01 Ep 40

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA MU GITANDA  CYANJYE
.
Final episode.
.
Twasize Bella na Rumio  bagiye  kujya  gufata ibyabo.
.
Writer  by Chris Nandi Ishimwe.

.
Mu  gitondo  cya kare  mu rugo kwa Shella. Seffa  niho aryamye,  Shella aza mu cyumba aryamyemo asanga aracyasinziriye maze ahagararaho ku muryango akomeza kumureba.
Hashize akanya Seffa aba arakangutse akangutse abona  Auntie  Shella ahagaze aho ku muryango maze araseka.
Shella ati” Seffa  n’ubu nturavugana na  mama wawe njye ko gukomeza kwihangana binaniye.
Seffa araseka ati” Ese Anutie wishwe n’amatsiko yiki kandi Umugabo atari uwawe.
Shella ati” Njyewe nshaka kubona mama wawe uko asa  muri aka gahe  bamaranye.
Seffa ati” Tumuhamagare se??
Shella ati” Yego.
.
Seffa ati| Reka  mbyuke hanyuma tumuhamagare. Ariko numvaga twakomeza  kumuha akanya akazatwihamagarira.
Shella ati” Basi tumubaze uko bimeze gusa.
.
Seffa ati” Ok nimara gukaraba turamuhamagra.
.
Shella aba agiye Seffa nawe arabyuka aya muri dushe. Asoje kwitegura byose ava mu cyumba  aza muri Saro abona Shella yamaze gukora  breakfaste. Baza kumeza.
Shella ati’ Ngaho tumuhamagare  twumve uko  bimeze.
.
 Seffa agiye guhamagara  ako kanya atarahamagara  babona   Bella abagezeho  bagwa mu kantu!
Shella ati”Uziko twari tugiye kuguhamagara.
Bella araseka ati” Ariko ye  mwarahinze ye!
Shella ati” Nawe waragiye nta kintu watubwiye.
.
Bella agaseka ati” Narikubabwira iki??
Shella ati” Nuko utubwiye!  Ariko mbega ubwiza!
Bella ati” Nawe  utangiye kubikabya cyane.  Seffa ndabeshya rata urabona mama wawe atabaye undi muntu!
Seffa ati” Buri wese asa neza iyo ageze mu maboo mazima.
Bella ati” Ese nkawe ko uri umwana ubikura he?
Seffa ati” Uzakomeza ngo ndi umwana.
Shella ati”  yego ra!  Ariko urasa neza nukuri. Ariko warambeshye. Nonese arihe ko nakubwiye uzamunzanira hano.
.
Bakimuvuga babona na Rumio arinjiye. Arabasuhuza. Seffa aramuhobera cyane.
Rumio ati” Mukobwa wanjye.
Seffa araseka ati” Nanjye papa wanjye mushya nishimiye.
.
Shella ahta abategurira aho bicara maze abaha karibu.
Bella ati” Shella bite ko urimo gukabya ibintu.
Shella ati”Ubundi  urwandiko rwo kubana rwari rwandikiwe mwe.
Bella na Rumio baraseka.
Shella ati”Nyuma y’intambara itooshye none   muri kumwe.  Ubu Bella ntakongera kurira isoko y’ibyishimo bye yabonetse.
Rumio ati” Nanjye niwewo soko yanjye.
.
Ubwo basangira breafaste.
Shella ati” Nonese ubwo hagiye gukurikiraho iki??
Bella ati” Gutaha tukajya mu rugo rwacu.
Seffa  ati” Hehe.
Bella ati” Hariya.
Seffa ati”  Robis yahita atwica  cyangwa ntabwo  mwabitekerejeho. Ese iyo mwigumira aho mwari muri??
Bella ati” Oya  tugomba kujya kuba mu rugo rwacu.
Rumio ati” Twamaze kuvugana na Police. Ikibazo cya Robisi mukanya kiraba gikemutse.
Shella arebana na Bella ati” Bella wanjye disi. amayobera  iwawe kwaheri.
Bella araseka ati” Ni kwaheri.
.
Bidatinze  Bella, Rumio na     Seffa binjiye imodoka bafata umuhanda ugaruka mu rugo.    Bagenda  Rumio arimo avugana na Police.
.
M rugo aho bagiye  Robis arikumnwe na Dante    barimo guhana ibitekerezo bishya byuko babona   Rumio na Bella bagahita babica ntagutinzamo.
.
Police nayo yahise ifata umuhanda  baza bagana mu rugo kwa  Bella.  Robisi agiye kubona abona Rumio na Bella barizanye. Arishima  cyane akoma amashyi.
Robisi ati”Murakoze  cyane murizanye.
.
Bahita babatunga imbunda.
Seffa ati” Papa wiba ikigwari.
Robis areba   Seffa ati” Seffa nawe mukobwa wanjye wagiye mu ruhande rwabo utera Umugongo Papa wawe?? abo bantu wowe ntacyo upfana nabo. Barikunda kandi bazagufata  nabi wibizera,.  ahubwo ngwino iruhande rwa so.
Seffa ati” Kuba warateye inda ntabwo bikugira papa wanye.
Robis ati” amaraso agenda muri wowe ni amaraso yanjye. Abo  nta kintu  mupfana.
Seffa ati” Uvuga ko ari papa niwe warugiye kumfata  ku ngufu.
Robisi ati” Ariko sinabikoze. Kandi kuba byarabayeho   ntabwo  byari bisobanuye o nkwanga
.
Rumio ati”Uyu  ntakiri umukobwa wawe  ukundi.
Robis arabaseka ati” Ngiye kubica mwe   nsigarane n’Umukobwa wanjye.
.
Ako kanya Police iba irahageze basanga Robisi afite intwaro bamusaba gushyira intwaro hasi vuba .
Robis areba  Rumio na  Bell ati” Muri abahanga cyane ariko mudatekereza ko  birangiye.
.
Robis na Dante barafatwa.  Police irabajyana.   Rumo na Bella binjira mu nzu yabo bishimye cyane.
Bakigera mu nzu Bella araseka cyane afite akanyamuneza kenshi.
Bella ati” Ubu navuga ko aribwo ngeze muri iyi nzu ngiye kubana n’urukundo rwanjye.
.
Rumio aramufata aramuhobera Seffa arabitegereza ati” Ubwo nanjye se nibwo mugiye kuntwita mukambyara??
Baraseka maze nawe baramufata barahobrana ari batatu.
Rumio ati” Ubu turi umuryango kandi umuryango mwiza iteka ryose.
.
Bella aeba Rumio mu maso ati” Ndagukunda.
Rumio ati” Ndagukunda cyane.
Seffa  nawe areba   Rumio ati” Papa wanjye!
Rumio atraseka ati” Mukobwa wanjye.
.
 Rumio ati” Mureke tubanze dushyireho akaziki   tubyine.
.
Rumio aracuranga maze  barabyina.
.
Bella ati”  Iyi yanjy eyari yongeye gutangira.  Reka mbabwize ukuri  nta kintu kibi nko kugira Umugabo mubi. Ariko  kurundi ruhande nta kintu kiryoha mwisi  nko kugira  Umugabo  ugukunda   byanyabyo. Amayobera  nagize arashize  ubu ngiye kubaho nishimye ntengamaye.  Ubwo naringiye kwicwa n’agahinda bishizeho ahubwo ngiye kuzicwa n’ibyishimo bijojoba biva ku mugabo wanjye w’Umugisha.
.
Batangiye kubana  mu byishimo , Rumio asubirana byose. Mu kazi  burikimwe cyose agisubiza ku murongo agarura na  Celine  wari warirukanwe  azira kuba yimye Robisi.
.
Nyuma y’icyumweru.  Telephone ya    Bella yarasonnye abona ahamagawe na Neema ukora muri company yabo. 
Rumio ati’ Ninde uvangiye weekend yacu akaguhamagara??
Bella ati” Ni Neema.
Rumio ati’ Neema wo ku kazi se??
Bella ati” Yego.
Rumio ati”Mwitabe wumve.
.
Bella aramwitaba 
Neema ati” Bella umeze ute
Bella ati” Tmeze neza  cyane.
Neema ati” Umbabarire kuba ahari nkutesheje ibyo wari wibereyemo ariko wowe n’umugabo wawe ndabakaneye nkeneye ubufasha bwanyu.
Bella ati”Ugize ikihe kibazo se?
Neema  avuga arimo kurira ati” Sinzi  uko nagusobanurira kuri telephoe bibaye byabashobokera  mwaza kundeba ndabasabye kuko nkeneye ubufasha bwanyu.
Bella ati” Sawa sawa turaje.
.
Rumio na Bella bahita binaga mu modoka bajya kuri adrres ababwiye. Kumbe aho bagiye . Neema arikumwe na  Darlene ndetse na Robisi. Bamukubise  bamuhatiriza guhamagara  bamuteye ubwoba, akabeshya Bella ko akaneye ubufasha bwabo.   Rumio na Bella baba bageze aho kuri iyo adress  bakihagera basanga  Robisi na  Darlene bafite imbunda babategereje bikangamo.
.
Robis ati” Murakaza neza. Banjyana narabawiye ko bitarangiye kandi ndi umugabo usohoza isezerano ryanjye. 
Rumio na Bella barikanga.
Robisi ati’ Murumiwe se. Disi murimo kwibaza uko navuye muri Gereza? Ntagerezwa  itacikwa kandi uwafunze sinawe ua uzafungura.
.
Robisi akora mu mbarutso arasa  Rumio, Bella ahita yatangira  Rumio aramwitambika amasasu aba ariwe  afata  mu mugongo.
Robis ati” Wawooo burya haracyari intwari z’urukundo. Ikibabaje nuko yitangiye ubusa nawe nkaba  ngiye kongera kukurasa.
.
Neema ari hasi arimo kurira.  Rumio nawe   yitaye  ku mugore we n’akababaro kenshi. Robis agiye  kongera kurasa Neema ahita ahaguruka vuba  aramutarukira aramusunika  bahanukana muri etage bagwa hasi bahita bapfa. Darlene nawe ahita yiruka aracika.
Rumio nawe  ahamagara ambulance mukanya gato iba irahageze, ariko Bella amaze nabi cyane, baramupakira na Rumio arinjira.
Rumio n’agahinda kose ati”  Bella kubera iki ubikoze.
Bella ati” Nakubuze rimwe sinarikongera kwemera  kukubura.
.
Kubwo amahirwe   Bella yitaweho aravurwa arakira.  Arataha ubuzima burakomeza. Maze nijoro avuye  muri dushe koga   yambaye  ubusa abona   Rumio aryamye agaramye  kugitanda igitsina  cye gihagaze cyafashe umurego giteye amabengeza. 
Rumio ati” Ngwino kumeza baby umugabo wawe yaragutegereje.  Bella amusanga n’ubwuzu bwinshi amujya hejuru ayijyamo maze……
.
Mbashimiye uko twabanye mwarakoze  cyane. Naho mu yindi nkuru.
📢 Kwamamaza

Ibihe...

Comments