Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA MU GITANDA CYANJYE.
.
Episode 25
.
Duheruka Bella yongera kuboa Rumio arikumwe na Darlene agwa mu kantu.
.
Writer chris nandi Ishimwe.
.
Bella yongeye kubabona gutyo yumva umutima umusimbutse umuvuyemo. Abanza kugira ngo arimo ararota. Akura imodoka mu muhanda ayiparika kuruhande ngo abanze arebe neza maze avamo arabareba neza abona ni Rumio rwose Umugabo we bari bamaranye agahe bameranye neza, yibwira ko ibintu byose byahindutse hakaza paradizo.
.
Nuko akababaro kazamuka muri we, amarira agenda amanuka mu maso yumva mpaka ageze hanze. Umubiri we uratitira, imbaraga muri we zikayuka yumva , ashira yumva. Abahanga amaso akanya kanini cyane, muri we yumva aratengushwe, uburibwe buvaho haza umujinya yuma yajya gushwana ariko nanone kurundi ruhande abura imbaraga zituma atera intambwe ahubwo aba nk’igisitati aho.
.
Abandi nabo barimo kuvugana. Rumio akomeje guhamiriza Darlene neza ko atazi ibyo avuga amushinja.
Darlene nawe yarakaye ati” Kuki abagabo mudufata nkaho nta bwenge tugira?? njyewe basi narinatekereje ko impamvu wanyihakanye hari ibyo washakaga kwereka umugore.
Rumio ati” Ariko ubwo uvuga ntiwabirose koko!
Darlene ati” Ntakintu narose. Kandi n ubundi ntacyo nyivugana nawe.
Rumio aramufatafata ati” Darlene nyizera. Nonese niba byarabaye nkakwihakana ubu uyu mwanya naba ndimo mvugana nawe iki??
.
Darlene ati” ese koko urakomeje guhana??
Rumio ati” Yego. Njyewe mperukana nawe mu kwezi gushize. Narikukwihakana gute?? kabone nubwo Bella yaba ari hano.
Darlene ati” Abagao muremwe muzihe nyama.
Rumio ati’ Nyumva neza.
Darlene ati” Numve iki ariko.… ko ukomeje no kungira umusazi. Niki ufite wanyumvisha cyatuma numva ibyo uvuga.
Rumio ati” Ariko kirahari.
Darlene ati” Ikihe.
.
Rumio agiye kumubwira aba abonye Bella arimo abareba. Bahuza amaso.
Rumio aramuhamagaa ati” Bella!!!!
.
Bella bagihuza amaso ahita asubira mu modoka n’agahinda kenshi ahita yatsa imodoka. Rumio aramukurikira nawe yinjira imodoka aramukurikira.
.
Afata telephone ahamagara Bella , Bella abona Rumio arimo kumuhamagara yanga gufata telephone ye.
Arebeye muri reterevizere abona Umugabo yamukurikiye. Bella arirukanka cyane
Rumuio aramwandikira massage ati” Waretse gutwara wiruka guty nk’umusazi??
.
Bella abona iyo message ariko ntiyayitaho. Arababaye cyane arumva agahinda gakomeye muri we.
Umugabo yaramaze kongera guha icyizere arongeye aramutngushye. Aramubabaje bikomeye kuruta nuko byari bimeze mbere.
.
Rumio agakomeza akamwandikira amusaba ko yahagarara bakavugana , ariko Bella nta message nimwe arimo kwitaho. Kubera yumva ntacyo afite yavugana nuwo muhemu.
.
Barakomeza barirukanka cyane.
Bella arimo gutwara yataye umutwe mu muhanda.
.
Afata telephone ahamagara Seffa kurI phone. Seffa aramwitaba
Bella ati” Seffa itegure vuba ufate imyenda yawe y’ibanze ndaje gufata tuve ao.
Seffa ati” Kandi se habaye iki mama!
Bella ati” Wowe kora ibyo nkubwiye.
Seffa ati” Mama nsobanurira neza habaye iki??
Bella ati” Ibyo ushaka ko nkusobaurira uraza kubimenya nyuma.
.
Rumio aracyari inyuma ye aramukurukiye arongera aramuhamagara yumva arimo kuyivugiraho.
Rumio arakara ati” Uyu nawe arashaka ku nteza ibibazo.
.
Uwo mwanya abona Darlene aramuhamagaye aramufata.
Darlene ati” Ubwo se hari icyo utanyeretse ntuntaye ugakurikira umugore wawe.
Rumio ati” Wibifata nabi sinkutaye. Turaza kongera kuvugana.
Darlene ati” Nushake ubireke njyewe ntukaze kunkiniraho. Kandi nuku birangiye.
.
Darlene ahita amukupa.
Rumio akomeza komeka Umugore we.
.
Bella kubera ukuntu arimo gutwara yataye umutwe atabona neza cyangwa adatekereza neza ageze imbere habura gato ngo agongane n’imnodoka iturutse imbere ye maze arayikatira mukuyikatira aba ataye umuhanda maze imodoka ye iramubarangura ikubiti igiti irashwanyagurika.
.
Rumio yarikanze bikomeye.
Bidatinze police yaratabaye iza kureba uko bigenze itarabara kubwo amahirwe bakuramo Bella akiri muzima ariko yakomeretse bikomeye bamushyira muri ambulance bamujyana kwa Muganga.
.
Bidatinze Seffa amakuru yamugezeho maze kwa Muganga kureba Mama we . ntibahita bamwmerera kubonana na Mama we maze abona Papa we Rumio.
Seffa ati” Papa byagendekeye ute mama
Rumio ati” Yakoze impanuka.
Seffa ati” Nyne yatewe niki??
Rumio ati” Impanuka aba ari impanuka.
.
Seffa ati” Mukanya nibwo yaramze kumpamagara ngo nitegure ansange mu rugo tuve mu rugo tugende. Kandi yuvuganye nanjye ibabaye cyane.
Rumio at” Nuko yaramaze kukubwira se??
Seffa yitegereza Papa we ati” Papa niki wongeye gukorera mama.
Rumio ati” Mukorera ibiki se??
Seffa arababara cyane ati” Papa byanze bikunze hari ikindi wakoze mama nicyo cyamuteje impanuka.
.
Batangira gushwana aho mu bitaro.
.
Igihe kirisunika Bella bamwitaho bihagije nyuma y’oiminsi itatu arazanzamuka. Afunguye amaso abona Seffa aryamye iruhande rwe,
Bella ati” Seffa.
.
Seffa akangukaa amarira ati” mAMA.
Bella ati” Ndi hano mwana wanjye.
Seffa ati” Urangarukiye mama.
Bella ati” Yego.
Seffa ati”| Imana irakoze ikungruriye.
Bella ati” Umbarire mwana wanjye.
Seffa ati” Nkubabarire iki mama.
.
Bella ati”Natwawe n’umujinya sinatekereza neza bituma ntwara nk’umusazi aho gutekereza kubuzima bwawe.
Seffa ati” Nzi umutima wawe mama!
.
Bella azenga amarira mu maso ati” Nongeye gutenguhwa.
Seffa ati” Narabiketse.
Bella ati” Ario nabaye umuswa mugufata icyemezo cyiza cy’umutima.
Seffa ati” Mama ntakos wakoze. Kandi ikizima nuko ugarutse.
.
Rumio aba arinjiye Bella akimubona arushaho kubabara cyane.
Bella ati” Rumio umfashije wava muri iki cyumba.
Seffa arebana Papa we umujinya ati” wowe uri uburibwe kuri mama jya hanze ntabwo tugukeneye.
.
Rumio arabareba.
Seffa avuga asakuza cyane ati” Waduhaye amahoro ugasohoka.
Bella ati” Rumio sinshaka kukubona va hano ugende.
.
Udacikwa na Episode 26
Comments