Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA MU GITANDA CYANJYE
.
Episode 23
.
Twaherutse Bella na Rumio bishimana bidasanzwe muri Sex.
.
Writer Ishimwe Chris Nandi Ishimwe.
.
Bella ari muri Saro arimo kubyina umuziki. Isi ye imaze guhinduka cyane yabaye edeni y’ibyishimo bye. Kubaho yahoraga yifuza arota kurubu nibwo buzima arimo.
Seffa aje muri Saro abona mama we arishimye cyane bitari byarigeze kubaho. Seffa anejejwe no kubona mama we aguwe neza cyane.
Bella aba aramubomnye maze ahagarika umuziki.
Seffa ati’ Ntakibazo mama wakomeje.
Bella ati’ Seffa ndanezerewe cyane.
Seffa ati” Ufite ishingiro mama kubera ko wamaze agahe ubayeho mu marira atarangira. Irungu no kwiheba.
Bella ati” Kurubu umutima wanjye wuzuye ihunure.
Seffa ati” Noneho papa yabye umugabo.
Bella afata Seffa aramwicaza ati” Seffa ubu noneho nakugira inama yo kuzashaka.
Seffa ati” Biteye ubwoba.
Bella ati’ Ariko kuri ubu tugendeye ku kuntu papa wawe yabaye Umugabo udasanzwe birahamya ko iyi si igifite abagabo beza.
Seffa ati” Yego. Arioko se wamumenya gute? Kubera ko mama njyewe sinshaka kuzashaka ngo nitwe umugore cyangwa ngo ngire gusa ikitriro cy’muryango. Nagashatse kubwa paradiso y’umunezero wanjye. Umugaba nashaka akaba yaba ari ibyishimo byanjye.
Blla ati” N’ubundi niko biba bikwiye kugenda kamndi uko biri kose uwo mugabo wawe arahari.
.
Bakiraho babona Rumio yinjiye mu nzu bose bamusanganira bamuhibera cyane.
Seffa ati” Papa umuryango wawe usigaye uri imbere y’ibindi byose.
Rumio ati” Kubera ko umuryango ni igisobanuro cyo kubaho. Ntakindi mu isi kibaruta rero.
Bella na Seffa baraseka banezerewe cyane.
.
Bella ati” Cher uko biri kose igitumye ugaruka aya masaha ni surprise .
Rumio ati” Yego ndashaka ngo dusohoke.
Seffa ati” Sure.
Rumio ati” Am sure.
.
Bidatinze bava mu rugo barasohoka n u masaha y’umugoroba. Baza muri Classic hotel bafata tableau batuma icyo bashaka cyose.
.
Aho bari haba hari abacurazi babasusurutsa. Banabarfirirmbira.
Seffa ati” Hano hantu hararenze .
Bella ati” Cher wakoze kutuzana ahantu nkaha.
Rumio ati” Namwe mwakoze kuza.
Bella araseka ati” Kwemera kuza kwacu ubigize ishimwe se.
Rumio ati” Cyane. Kubera iyi mu mpakanira narikubabara.
Bella araseka ati” Twebwe se duhakana gusohoka.
.
Rumio areba abarimo kuririmba maze areba Seffa na Bella ati” Ninde rero muri mwe watuririimbira?
Seffa ati’ Njyewe ijwi ryanjye n’ikibazo sinashobora kuririmba.
.
Nuko maze bose bahita bareba Bella.
Bella ati” Mwese ko amaso yanyu ampuriyeho??
Seffa na Rumio bavugira rimwe bati “ Genda uturirimbire.
Bella ati” Ubuse najya hariya.
Rumio ati” Kuva na mbere hose wakundaga kuririmba genda uturirimbire.
.
Bella areba imbere abitejkerezahooooo.
Rumio aba arahagurutse maze amufata akaboko aramuhagurutsa ati” Genda.
Bella ati” Cher ubwo nugye gutuma nsebera imbere y’aba bantu.
Rumio ati” Wowe humura.
.
Bella ajya imbere fata micro aba atangiye kuririmba. Abantu bakunda uko arimo kuririmbamo. Seffa na Rumio bakoma amashyi baramufana. Hashize akanya nabo baba batangiye kwfatanya nawe baririmbana nawe banamusanga imbere.
.
Bararirimba cyane barishimisha karahava.
Saa yine z’ijoro barataha bumva bagize ibihe byiza.
Bella areba Rumio ati” Honey cyakora ni wowe Mugabo abandi ni su gabo.
.
Baraseka bose.
Seffa ati” Mama njye Umugabo wanjye azaba ari Umugaho ntabwo ari su gabo.
Bella ati” Naba ameze nka papa wawe azaba ariwe rwose.
.
Rumio na Bella bararebana maze amarangamutima arabica bahita basomana .
.
Nuko iminsi iricuma ibintu bikomeza kuba byiza n’akazi karakomeza muri company ibintu bigenda neza.
Hashize indi minsi, Bella agiye kubona aboa Darlene wa mukobwa wiganye n’Umugabo we ariko mu minshi yashize yabonaga bashuditse abona aje aho kuri Company. Bella aramutegereza Darlene amugeraho.
Bella ati” Darlene.
Darlene areba Bella aramwitegereza cyane ati”Umugabo wawe se yakuzanye hano.
Bella ati” Hano hahoze ari iwanjye.
Darlene aramusela ati” Abagore bo mu rugo rwose!
Bella ararakara ati” Njyewe ntabwo ndi Umugore wo mu rugo.
Darlene aramuseka ati” Icyo mutajya mu menya. Mwagiye mmwimenya kweri.
Bella ati” Uramara iki hano ahubwo.
Darlene ati” Urimo kumbaza se?
Bella ati” Ndakubaza nyine icyo umara hano.
.
Darlene ati” Wowe ntabubasha ufite bwo kugira icyo umbaza.
Bella ati” Hani ni iwanjye.
Darlene si uguseka aratembagara ati” Ayiii! Yewe bigume mu nzozi zawe gusa.
.
Darlene agiye gukomeza Bella aramufata.
Darlene ati” Weee ndekura.
Bella ati”Ntaho ujya nia uri n’umukiriya jya kuri Receptioa bagufashe apana kwigenzagenza hano uko ushaka.
.
Darlene ati” Njye kureba Rumio.
Bella ati’ Umugabo wanjye.
Darlene ati” Umugabo wawe nyine.
Bella ati” Wowe ntakaze agufitiye.
Darlene aramuseka ati” Niko ubitekereza??
.
Uwo mwanya bagihanganye,. Darlene abona Rumio arimo kuza agana aho bari maze areba Bella.
Darlene ati” Buretse uraje urebe ngo Rumio yitaye kuri nde??
.
Rumio abageraho maze afata Bella umugore wee amusoma kwijosi ati” Bea umeze bien!
Bella ati” Am good my boo.
Rumio ati” Komeza gutyo umere neza.
.
Rumio aba arikomereje nk’utaboye Darlene Darlene biramucanga maze ahamagara Rumio. Rumio aritaba maze arahindukira aramureba.
Darlene ati” Iyi surprise ni iy’iki??
Rumio ati” Nta surprise nkukoreye kuko sinkuzi.
.
Bella aseka Darlene maze areba Rumio ati” Ikomereze Mugabo wanjye. Uyu Mukobw abanza yataye umutwe yayobye aho yaragiye.
.
Darlene biramurya. Bella agaseka.
Darlene ati”Ushobora kuba wararyamanye n’Umugabo wanjye rimwe ariko
.
ninjye gisobanuro cy’Umugabo wanjye..
.
Udacikwa na Episode ya 24
Comments