logo

NEW TALENTS

Stories Group

IYOBERA MU GITANDA S01 Ep 31

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
YOBERA  MU GITANDA  CYANJYE
.
Episode 31
.
Duheruka Nella azaniye  Saffa  telephone ya papa we  yari yamutumye.
.
Writer Chris nandi Ishimwe.
.
Saffa afata telephone maze areba Nella amubaza uburyo akoresheje kugira ngo abashe kuyikura kuri papa we.
Nella ati” Wansabye ubufasha kubera ko waruiz neza ko nabasha kubikora.
Seffa ati” Ariko nizere ko ntakibazo wabigiriyemo.
Nella ati” Seffa wikwigiza nkana  bino bintu warubizi neza ko bitoroshye.
Seffa ati” Hari icyabaye??
Nella ati” Habuze gato. Nuko  nyine ndi umukobwa ufite ubwenge.
Seffa ati” Ndumva ngize amatsiko.
Nella ati” Papa wawe arasinziriye. Mbeere yuko tujya kuryamana  namuvangiye.
Seffa ariruhuta ati” Imana ishimwe. Wakoze kwemera kumfasha.
Nella ati” Yego uri  inshuti yanjye. Kandi nawe n kenshi wagiye umfasha.
.
Nella ati” Ese ubundi kubera iki byageze aha?
Seffa ati” Ntabwo nakubwiye neza ntabwo tukabana na Data.
Nella ati” None gutwara telephone ye
Seffa ati” Hari ibyo dushakamo.
.
Mu rugo kwa Shella Bella na Shella barategereje bategereje kubona niba hari icyo Seffa  yabashije kugeraho.
.
Barimo  kunywa agakawa bategereje.
Sehlla ati” Ibaze ariko nuza gusanga uwo muntu ahari byanyabyo.
Bella ati” Sinzi uko dibwifate  kandi niyo nanahura nawe sinzi ngo twavugana iki??
Shella ati” Nabyo ubwabyo wamugani  biratangaje cyane.
.
Baraho babona  Seffa araje azanye telephone.
Bella ati” Seffa ibi mwabashije kubikora gute??
Seffa ati” Twabikoze. Nella yabashie kurangaza papa.
Shella ati” Rumio ni mubi cyane ku gitsina.
.
Bella afata telephone ati” None turamenya gute niba yarahakinzwe.
Seffa ati” Hari umwana w’umuhanga ngiye guhamagara.
Shella ati” Muhamagare vuba ahubwo.
.
Seffa afata telephone arahamagara avuga nuwo mwana nakoumusore.
Seffa ati” Mukanya araba ageze hano.
Shekka areba Seffa cyane maze araseka .
Seffa ati” Auntie Shella ko urimo  kunseka?
Shela ati” Oya sinkusetse ahubwo ntangajwe n’uburyo Umukobwa  arimo gufasha mama we kubona Umugabo watwaye amarangamutima n’umutima  bya mama wawe.
Seffa ati” Shella ibyiza kuri mama nibyo byiza byanjye kunezerwa kwe ni umunezero wanjye.
.
Uwo mwanya wa musore bahamagaye yitwa Derick aba arahageze.
Seffa ati” Deri urakoze urihuse cyane.
Bella ati” Deri  ni wowe muhanga ugiye kudufasha??
Derick ati”Yego.
.
Bamuhereza telephone, Derick telephoe atangira kuyinjiramo yose arayijagajaga areba.
Uko yakarebye hari icyo yabonye. Abandi bafite amatsiko.
.
Bella ati” Hari icyo ubonye.
Darick ati” Yego.  Iyi telephoe yari yarahakinzwe.,
.
Shella na Bella bararebana bose bagwa mu kantu!
Shella  ati”Ibyo narinababwiye.
Seffa ati” None wabasha kubona uwo muntu wayihakinze??
Derick ati” Oya.
Bella    ati” Ayo ni amakuru mabi kandi.
Derick ati” Impamvu ntamubona nuko mbona  uwariwarayihakinze mwaramuhagaritse.
Bella ati” Twaramuhagaritse gute kandi tutabizi se?
Seffa ati”  Mama ntiwumva ko pap yaba yarabimeny maze akamuhagrika??
Shella ati” Yego rata niko byagenze. Nukuvuga ngo na Rumio yamenye ko yinjiriwe maze ajya guhagarikisha uwo muntu.
Bella ati” Derick ntakindi wakora kuburyo twamumenya.
Derick ati” Oya. Cyereka iyo aza kuba agihakinga iyi telephoe nibwo narikubasha kumenya ngo ninde naho aherereye.
.
Seffa ati” Derick nibi ukoze urakoze cyane.
Derick ati” Noneho nagenda.
Seffa ati” Ntakibazo.
Blla ati” Amafaranga ni angahe??
Derick ati” Oya amafaranga muyareke.
Bella ati” Kubera iki??
Shella areba  Derick na  Seffa aze areba Bella ati” Ubwo se wowe ntubyumva. Umukwe ykwishuza Nyirabukwe.
Derick araseka ati” Oya sibyo.
Seffa ati” Auntie  Shella uraguye nabi.
.
Derick acaho.
.
Bella yumiwe  byamurenze aho amaze kumenya ko uwamwandikiraga burya yari undi muntu.
Shella ati” Bivuze ngo burya Rumio yarafite impanga??
Shella ati” Yego.
Bella biramurenga  cyane. Seffa agarutse mu nzu abona  mama we byamurenze.
.
Seffa ati” Mama urumiwe cyane??
Bella ati”Ubu nibwo mvangiwe noneho byanyabyo kuko ngiye mu iyobera ritagatifu nkuko bajya bavuga.    Ibyabaye burya naryamanaga n’undi muntu ntazi??
Shella ati”  Ibyakubayeho  ni agatangaza katavugwa.
.
Seffa ati’ Cyakora mama ni wowe muntu ukoze inkuru yihariye mu isi nzima pe!
Bella ati” birandenze.
Shella ati” None ahubwo hakurikiyeho iki??
Bella ati” Ngomba kubona uwo mugabo nkamenya impamvu yankoze ibi byose.
Seffa ati” Ubundi se ahubwo kuki papa atari yarigeze atubwira  ko afite umuvandimwe we. Noneho impanga.
.
Bella aracyibaza muri we ukuntu yaryamanye n’impanga y’Umuvandimwe we ntabimenye.
Shella areba Bella ati” Bella reka gushoberwa cyane. Uko biri kose hari impamvu ibyabaye byabaye.
.
Bella arongera yibuka amagambo uwo Rumio wundi ymubwiraga ati” Wowe fungura umutima wawe amaso  yawe abone uzabona ukuri.  Ubundi ikindi gihe akajya amubwira ngo ni njyewe Rumio ntagihe nakimwe nigeze mpinduka.
Bella ati” Ahubwo bisa nkaho iyo ,mpanga twahoze tuziranye nkurikje ibyo yambwiraga. Ariko biracaganye  pe!
Shella ati” Reka tumushake kuko tumubonye nibwo amahurizo yose tuguyemo twabasha kuyavamo.
.
Seffa araebana na Bella, Seffa araseka ati”Mama wanjye ntiwumve ko nkusetse, ahubwo ndiyumva nkawe mu mwanya wawe.
.
Bella ati” None twamubona gute?? cyangwa ngende mvugane n’Umugabo wanjye.
Seffa ati” Oya mama. Urumva ari iki wajya kuvugana na Papa. Akubonye ko yahita akwica.
.
Bella ati” None turamubona gute??
.
Barongera baratekereza.
Shella ati” Harya ubwo mwaherukanaga  yakubwiye ko agiye he??
Bella ati” Yansigiye message avuga ko agiye mu majyaryguru.
Sella ati” Nibwo yagiye maze hagaruka uriya Rumio wanyawe. Bivuze ngo ubwo Rumio  uyu Mugabo wawe yaburaga kiriya cyumweru yabuze hakaza uwo Rumio wundi hri ukuntu byagenze.
Seffa ati” Ahaaa dutangiye kugera ahantu heza. Njyewe mwumve uko mbitekereje. Igihe papa yaburaga kiriya cyumweru yari yarashimuswe na Rumio wundi wa fake maze Rumio uyu wa Romance aba ariwe uza asiga ahambiriye Rumio Papa wanjye. Niyo mpamvvu yanaje ahindura ibintu byose mu kaz kuera ko we ari umwana mwiza. Noneho igihe yasubiraga mu majyaruguru yarasubiye kureba papa wenda. Maze ahageze wenda papa aramubeshyabshya  amuhenda ubwenge undi aramuhambura. Ikimuhambura  nawe ahita amufata  aramuzirika hagaruka papa  uyu.
.
Shella ati” Wawoooo Seffa kbsa  ibyo uvuze bi rogique.
Bella nawe arabyumva .
Seffa ati” Mama wowe urumva atari uko byagiye bigenda.??
.
Udacikwa na Episode ya 3.

Comments