logo

NEW TALENTS

Stories Group

IYOBERA MU GITANDA S01 Ep 30

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA   MU GITANDA  CYANJYE.
.
Episode 30
.
Duheruka Bella   yumva afite amatsiko yo kuba yabona uwo muntu wamuhaye romance  niba ariho koko byanyabyo.
.
Writer Chris nandi Ishimwe.
.

Seffa areba mama we asa  n’uwishwe n’amatsiko  maze araseka, Bella arabibona ati” Seffa urimo guseka ibiki??
Seffa ati”Ntacyo mama!
Bella ati” Seffa mbwira usetse iki??
Seffa ati” Ndimo kubona  ku maso yawe  wifuza  ko uwo muntu yakabaye ahari.
Bella ati” Ariko ntawuhari.
Seffa ati” Ariko abaye ahari wabikunda??
Bella ati” Mfite amatsiko ye kuko hari byinshi numva navugana nawe.
.
Shella ati” Ariko uwo muntu yaragutwaye pe!
Bella ati” Singiye kwihagararaho  ngo mbeshye.  Niba anahari  koko  yantwaye byose. Ahubwo nkibaza kuki yabikoze??
Shella ati” Reka  dushakishe tumenye ko ahari. Ahubwo Seffa uraza kubikora  gute?
Seffa ati:” Njyewe namaze kubona agapangu. Kuva Papa akunda abagore  byarangiye phone iraza kuboneka vuba.
Bella areba Seffa ati”  Mwana wanjye ibyo wapanga byose witonde uriya Mugabo wabonye ko nta mutima agira.
Seffa ati” tuza  ama nanjye  mfite  ubwenge.
Shella ati” Twizeye  ko uza kubikora.
Seffa ati” Cyane, ahubwo reka ngende.
.
Seffa ava aho mu rugo aragenda za kureba undi mukobwa bigana witwa Nella.
Seffa ati” Nella nkeeye ubufasha bwawwe.
Nella ati” Gute.
Seffa ati” Niba witeguye kumfasha mbwira.
Nella ati” Bibaye bitashyira  ubuzima bwanjye mu kaga.
.
Seffa amusobanurira byose nicyo   amusaba kumufasha. Nella  amwemerera kumufashaa.
.
Seffa amaze  kwemererwa ubufasha  bwa Nella arataha ageze mu rugo  abwira    Shella na Mama we ko yamaze kubona ubufasha  bw’ukuntu baza kubona  telephone ya Rumio
Bella na Shella baramushimira.
.
Ni joro Bella aryamye  intekerezo ze  zijya kure  aba atangiye kwibuka ibihe yaramazemo iminsi birenze.
Ahabwa urukundo rw’amarangamutima ahambaye  cyane. Yibuka uko yaryamanaga na   Rumio batekereza ko ashobira kuba ari undi. Yibuka uko  yamusamaga ahantu hose ntanahamwe asize. Uko abyibuka feeling zicyo gihe zitangira kumwuzura yumva ubushake butangiye kuza    Yumva umubiri utangiye gushyuha  cyane.
Amaraso yiruka cyane muri we yumva. Iyo hasi  hatangira  kuva isoko gake. Amabere arabyimbagana  akimjina ayumva ari mu kanwa ka  Rumio. Akumva ibyiyumviro mu gitsina  cye umunwa wa Rumio n’ururimi rwe bizengurukamo. Ubwo kaba karabaye ibitotsi birabura.
Muri we aribwira ati” Niba ahari byanyabyo  sinzi ko naha amahirwe  yo kukubura mu isi yanjye.  Ariko se ubundi nizeye ko isi wanyeretse yaba ihari byanyabyo.   .
.
Bella  yumva   atangiye gusara   maze ariseka.  Ako kanya Seffa aba aje mu cyumba aho aryamye.
Seffa ati” Mama bite ko urimo kwisetsa??
Bella ati” Oya.
Seffa ati” Nakumvise.
Bella ati” Bite ahubwo ko utaryamye bimeze gute.
Seffa ati”Nshaka kurara hafi yawe mama.
Bella ati” Ntakibazo.
.
Seffa ahita aza mu gitanda cye araryama. Akiryama  yunva aho aryamye haratose ahakoza ikiganza yumva haratose.
Bella ati” N’ibiki?
Seffa ati” Hano haratose wanyawe mu buriri.
Belle araseka ati’ Wa kana we ntukibagirwe ko ndi mama wawe.
Seffa ati’ Mama uzahira uri mama wanjye. Ariko nyine ndi mukuru nsobanukiwe burikimwe  . njye nawe turi abagore ibyakubaho nanjye bimbaho.
Bella ati” Ngwiki??
Seffa ati” Mama ihangane nzi uko byakugendekeye.
Bella araseka ati” Ceceka.
Seffa ati” Ahubwo ihangane wowe mama.
.
Bella ati” Ariko wa kantu we.
Seffa araseka ati” ariko mama banza uwo musore  niba anabaho yarakaze  cyane.
Bella ati” Seffa ahasigaye ceceka dusinzire.
Seffa ati” Yego my lovely mom.
.
Bwaracyeye Seffa abyuka ajya kureba  Nella  asanga nawe amaze kwitegura yambaye biri sex cyane.
Nella ati” Sha Bella ntabwo unkunda pe!   Ibi bintu wanzanyemo byo guseduwiza Papa wawe koko!
Seffa ati”Mfasha bana.
Nella ati” Ubwo se birangiye papa wawe anyikundiye yangwa njyewe nkamukunda.
Seffa ati” Papa wanjye nta mutima  agira  pe!  Ibyo ntibyabaho.
.
Bava mu rugo baragenda.
Nella ati” Ubuse ntibatemera ko mpurs nawe.
Seffa ati” Ndabizi  ku kazi baraza kubyemera.
.
Baza kuri Compny. Seffa aguma hakurya y’umuhanda. Nella aba ariwe wambuka aza kuri Company ya Rumio no kuri reception 
Nella abwira  ukora kuri reception ko aje  kureba Rumio.
Receptioniste ati’ Ko mbona utari kuri gahunda ye?
Nella ati” Wowe  vugana nawe.
Receptioniste ati” Njyewe mba mfite list y’abantu bose afitanye  nabo gahunda. Wowe ntaho nkubona.
Nella ati” Wowe muhamagare wumve ko ahakana. Njye nawe  tuvuganye mukanya.
.
Receptionste ahamagara Rumio amubaza nibahari umukobwa witwa Nella bfitanye gahunda. Rumio arabihakana.
Receptioniste ati” Ko abihakanye??
Nella ati” ashobora kuba anyibagiwe wowe  mwereke ifoto yanjye.
Receptionitse ati” Nta  byifoto  wowe ntagahunda mufitanye.
.
Rumio aba abwira Receptioniste ngo amureke yinjire.
.
Nella arakomeza aza muri Office ya Rumio. Rumio amubonye abonye nuko yambaye ajya kure.
Nella amugera imbere aramusuhuza, Rumio nawe amusuhuzanya urugwiro rwose ariko rwuzuye irari ry’imiterere ya Nella.
Amuha ikaze, Nella aricara.
Rumio ati” Nubwo nemeye ko uza tukabonana ntabwo wari kuri gahunda yanjye.
Nella ati” Mu mbarire nje mpatarije ariko numvaga nshaka guhura nawe .
Rumio ati” Kubera iki?
Nella ati” Kubera ko uri role model wanjye
.
Rumio ati” Ndi role model wawe?
Nella ati” Yego. Kuva cyera . numvaga ko igihe cyose nzabonera amafaranga nzaza  kugisha inama z’uburyo nanjye nayakoresha neza nkashinga company nzima
Rumio araseka ati” none urimo kuva ko kuva cyera warunzi?
Nella ati” Yego wazaga no mu kigo cyacu gutanga amahugurwa/ kuva icyo gihe naragukunze bitavugwa.
Rumio yumva ko karamukoze ahantu ati” Ngo warankunze??
Nella ati” Cyane.  Rwose navuga ko ngize n’amahirwe yo kuba ndikumwe nawe aka kanya  n’umugabo wa mbere mu bandi mfataho ikitegererezo.
.
Rumio ati” Ndagukunze uri umukobwa mwiza  cyane.
Nella ati” Urakoze cyane.
.
Nella akajya yicara ukuntu bikurura  Rumio cyane bikajyana  intekerezo za Rumio kure.
Rumio ati’ Ndabona n’ubwiza bwawe bwajyana umuntu kure.
Nella ati” Ariko ndi hano nta mpamvu yo  kujya kure.
Rumio ati” Uburyo uhari hano n’ibyo mvuze biratandukanye.
Nella araseka ati”Rumio ndagufana cyane igihe namarana nawe nanjye cyaba ari umugisha kuri njye.
Rumio ati: Koko urakomeje ibyo uvuga cyangwa  urimo kunyumva.
Nella ati” Oya .  ndakomeje.
Rumio ati” Wawoooo!  Njyewe nituguye kugufasha muri byose.
Nella ati” Nonese twatangira uyu munsi ukanyereka uko natangira??
Rumio ati” Tuze guhura n’imigoroba tuganire bihagije.
Nella ati”Ndahari.
Rumio ati” Ndaza kuguha adress
Nella ati” Urakoze cyane.
.
Nella arahaguruka, Rumio aza imbere ye arimo amureba cyane.
Nella ati” Ubwo ndaza kubahamagara.
Rumio ati” Ntakibazo. Nanjye ubwanjye ndaza kubyibuka. Kuko nituguye kugufasha.
.
Nella araseka.
Rumio ati”Uraseka neza. Ariko ndaza kubikunda nitumarana akanya.
Nella ati” Ntakibazo.
.
Nella amuhereza ikiganza. Rumio aragifata aragikomeza hashize akanya abona  kumurekura
Nella arasohoka asanga Seffa haz aho yamuterereje.
Seffa ati”Bigenze gute??
Nella ati” Neza duhanye gahunda y’Umugoroba.
Seffa ati” Sawa cyane. Reka turebe ahantu tuba twicaye dutegereze ayo masaha
.
Amasaha aza kugera Nella aza guhura na Rumio muri motel ahantu Rumio yahise apanga ko bahurira.
Bamarana umwanya uhagije,  Seffa ari hanze arategereje. Agiye kubona abona Nella aragarutse kandi aje afite telephone ya Papa we yari yamutumye  arayimuhereza.
Seffa ati” Ibi ubashije kubikora gute??
.
Udacikwa na Episode ya 31

Comments