logo

NEW TALENTS

Stories Group

IYOBERA MU GITANDA S01 Ep 38

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IYOBERA  MU GITANDA  CYANJYE
.
Episode  38.
.
Duheruka,  Rumio agiye kubwira Bella inkuru yose.
.
Writer  chris nandi Ishimwe.
.
Bicaye   kugitanda  bafatanye  ibiganza  barebana mu maso. Bella yiteguye kumva inkuru yose yuko byagenze.
Rumio ati” nkunze ayo maso yawe ateye ubwuzu.  Ambera motivation
Bella araseka
Rumio ati” wibiseka.
Bella ati” Ntabwo mbiseka ahubwo nuko utangaje.  Ndimo kwibaza ukuntu yacu yagenze.
Rumio ati” Ubundi njye na  Robisi tuvuka, twaje tumeze nk’umugisha  kuri mama. Kubera ko yatubyaye yaramaze imyaka irenga 10 yarabuze urubyaro.  Yatureze adukunze cyane  . twabonye burikimwe cyose cyashobokaga yashoboraga  kuba yabona. twarakuze tuva mu bwana. Ariko tugeze mu myaka 12  ibintu byatangiye guhinduka umuvandimwe wanjye  yatangiye  kuba undi muntu tutazi. Atangira kwadukana imico itari ikwiriye. Yabaye umwana mubi ahindukana mama cyane mu buryo butunguranye.. yabaye ibandi atangira kujya yiba,  akajya arwana, ajya  mu  gakungu  ka bana bari ingegera.
.
Bella ati” Nonese    ko wumva mama yabahaga burikimwe  niki cyamuhinduye  gutyo?
 Rumio ati”Natwe   byaradutunguye cyane.   Ariko  bijya bibaho  ko umuntu aba undi  muntu kandi nta kintu abuze. Yageze naho atangira  kujya mu biyobwange. Aragenda arangirika bikomeye  cyane.  Byababaje mama bikomeye.  Byaje kugera aho kwihanganira  imico ye byanga pe!  Maze  mama aramwirukana  kuko ntakindi yagombaga  gukora.
.
Robise nuko yaje kuva mu rugo aragenda  ajya iyo kure tutazi. Ndetse yagiye anatwihakanye ko tutari umuryango tutazongera kwitwa umuryango we narimwe.  Yaragiye dutandukana gutyo.
.
Ubwo iyo yagiye  yaragiye abaho uko abishaka aba ikiraa burundu. Njye nasigaranye na mama  nkomeza kwita kumasomo yanjye . numvaga ngomba kwiga neza  kuko mama wanjye yakoraga burikimwe  kugira ngo  neza..
.
Nakoze uko nshoboye  niga neza  mbasha gusoza neza.   Ngira amahirwe mbona akazi.  Nyuma nibwo Imana yaje gutanga umugisha maze Mama gira udufaranga dufatika abona.  Yaje kumpa umugabane wanjye ariko n’uwo muvandimwe wanjye nawe aza kumwoherereza Umugabane we.   Mam yarazi ko yahindutse ariko Robis ntabwo yari yarigeze ahinduka ahubwo yari yarushije kuba mubi cyane.
.
Hari nubwo yigeze kugaruka mu rugo ashaka gufata mama  ku ngufu.   Icyo gihe twarashwanya  cyane bikomeye . byarambaje cyane kugeza ubwo numvise atakiri umuvandimwe kuri njye.  
Yaragiye noneho agenda burundu ntitwongera kumuca iryera.  Nyewe umugabane wanjye nawukoresheje  neza nyashora   mu byo nashakaga kugora  nibwo nafunguye iriya company nshigikwe na mama ama hafi. Ndakora  ndakora  cyane. 
.
Nyuma nibwo naje kugira umugisha wo guhura nawe. Ndagukunda urankunda.  Icyo gihe nitaye kurukundo rwawe kuko nirwo numvaga gusa nkeneye kandi rwamberaga imbaraga. Sinakubwiye ko narimfite umuvandimwe bitewe nuko yari yarasibanganye muri njye.
.
Muri ibyo bihe ubwo Rumio na   Bella bari bameze neza, nibwo  Robisi yaje kugaruka muri ako gace. Agaruka yarekennye ndetse abayeho nabi cyane. Yaje kubona iterambere Rumio yagezeho maze amugirira ishyari rikomeye.  Aza  gucura umugambi wo  kuzambura Rumio  ibyo afite byose.  Akabigira  ibye. Yagambiriye kuzatwara byose harimo na Bella wari fiance we banitegura kubana.
.
Ibihe byaricumye, urukundo rwa Rumio na Bella ari nako  narwo rurushaho gukura no kua rwiza  cyane.
Robsi we kurudi ruhande yabaga abacunga intambwe  kuyindi areba buri kamwe kose.
.
Igihe kimwe aza guhuza umugambi n’amabandi ye maze rimwe Rumio atashye baramutega baramushimuta  bamujyana ahantu kure ku nyanja cy ikiyaga. Bahamugejeje bamukuraho icyo bari bamwambitse  agifungura amaso abona  impanga ye Robisi ahagaze imbere ye.
.
Rumio ati” Ni wowe uri inyuma y’ibi??
Robis ati” Cyane.
Rumio ati” Kubera iki??
Robisi ati” Kubera ko nkeneye kubaho.
Rumio ati” Hari uwakubujije kubaho.
Robisi n’umujinya mwinshi ati” Narikubaho gute waratwaye byose.  Mama yaguhaye byose ariko se njye yampaye iki?? ntimwanyirukanye mukansha  mu  muryango.
Rumio aramuseka ati:  Ubuzima bwawe bwangijwe nawe ubwawe.
.
Robisi ati” Ziba. Wivuga ubusa kuko mama yakugize  umutoni.
Rumio ati”   Mama ntabwo yigeze angira umutoni. Ahubwo namubereye Umwana.
Robis ati” Wavuga ngwiki?? ariko ubugambanyi mwankoreye nibwo bwanshize mu buzima  bubi nkubu nabayemo.
Rumio ati” Ibyaha n’amakosa yawe wibigereka ku bandi.
.
Robis ati” Nimwe mwishe ubuzima bwanjye. Rero nkeneye kubaho. Biriya byose umaze kugeraho ni ubujura mwankoreye.
Rumio ati” Ibyo nagezeho ntanakimwe   cyawe  kirimo brother.
.
Robisi amukubita umugeri n’umujinya ati” Winyita Brother wa gisambo we. Ngomba kujyana ibyo mwanyambuye.
Rumio ati”  Robisi wikwishuka n’umutima wawe uragucira urubanza rw’imyitwarire idahwitse wagize.
Robis ati” Oya nimwe mwatumye   mera gutya.    Rero igijhe  cyanjye kirageze.
Rumio ati”Ugiye gukora iki??
Robisi ati” Kukuva mu buzima bwanjye.  Nibwo nabasha gufata  byose mwanyambuye.
Rumio yikangamo ati” Robisi wibikora. Witwara ubuzima bwanjye. Mama arankeneye kandi vuba ngiye kubana na fiance wanjye.
Robis ati” Wigira ikibazo umugore wawe nzamwitaho. Nako ahubwo aberanye no kubana  nanjye.

Rumio  bakuvuga kuri Bella ahita arakara ati” Umva wakora ku bindi byose wanabitwara ariko Bella ntinaorwaho.
Robisi ati” Uramukunda  cyane
Rumio ati” Yego.
Robis araseka ati” Urakoze  cyane noneho numvise igikomere ngomba gukanda.
Rumio ati” Robisi please.
Robis ati” Harya wowe na mama mu nsha byagenze  bite.
.
Robis areba abasore arikumwe nabo ati” Munage mu nyanja iyo ngegera.
.
Rumio baramufata bamuzana  ku nyengero   y’inyanja.
Robis ati” Muvandimwe wabayeho bihagije ahasigaye mpa akanya nanjye mbeho.
.
Bahita bamunaga mu nyanja.
Robis amaze kubikora ibyo arishima cyane ati” Guhera ubu ninjye Rumio ngiye kubaho  nka Rumio.
.
Guhera ubwo Robis yahise ajya  muri Saro yiyogosheja nka Rumio, burikimwe cyose kuri we agihindura nka Rumio. Yigana uko avuga uko akora nuko yarabayeho..
.
Iminsi yaricumye Bella atavugana na Rumio yaramubuze.     Bigera aho naho nawe yiheba atekereza ko Rumio yaba yaramubeshye  atamukundaga. Nyamara ntabwo yarazi ko yapfuye byarangiye.
Nibwo Robisi yaje imbere ye yarigize Rumio , Bella ashimisha no kubona Rumio amugarukira nyamara ntiyabasha kubona ko atariwe.  Robisi yabashije kwishushanya imbere ya Bella birakunda.  Bigera igihe barabana.  Gusa Bella yatangiye  kujya abona impinduka kuri Rumio. Akabona yarabaye undi muntu. Bella  agatekereza ko igihe yigeze kumara batavugana atazi iyo yagiye  yaba yarahindutse icyo gihe. Ariko kubera ko yamukundaga akihangana.
.
Igihe cyaricumye imyaka irihinduriza.  Nyuma y’imyaka 15  nibwo  Rumio wanyawe yaje kugaruka. Asanga ubuzima bwe Robisi yarabufashe bwose abana na Bella babyarana Seffa.  
.
Bella   inkuru yose arimo kuyumva yarize cyane yamukozi kumutima.
Rumio aramuhanagura.
Bella ati” Nabaye ikimara.  Ni gute nayobewe ko  umpagaze imbere atari umusore nakundaga. Ni gute  umutima wanjye n’amaso yanjye bitabashije kubibona ahubwo nkashukwa bigakunda.
Rumio ati”  Bella  ntukicire urubanza.
Bella biramubabaza cyane ati” Oyaaaa  ahari sinaguundaga. Ni gute umuntu yayoberwa umuntu akunda koko! Nonese ni gute waje gukira?? kuki ikimara gukira wamaze iyo myaka yose utarangarukira??
.
Rumio ati” Natabawe n’abarobyi. Ariko bantabaye ntakintu nakimwe  nibuka narabaye zezenge. Mbana nabo gutyo banyitaho. Marana nabo igihe kingana gutyo. Sinzi uko Imana yaje gukora igitangaza cyayo ndongera nibuka. Nyuma y’icyo gihe cyose nibwo nagarutse ngarutse nsanga wabaye umugore . sinarimfite uko nahita nkubwira  ngo ninjye niyo mpamvu nabitwaye gake gake mu bimenyetso   ngira ngo bizagufasha kubona ukuri  ibyibonere. Kandi byarakoze dore turikumwe
.
Bella ahita amuhobera n’ikiniga cyinshi ati” Am so sorry.
Rumio ati” Ntakibazo rukundo rwanjye.
Bella ati” Nabaye akajiji mu rukundo. 
Rumio ati” Ariko aka kanya turikumwe ntabwo urukundo rwacu rwagombaga  kurangira. Rero wikwicuza drama  Umuvandimwe wanje yagukinnyeho. Muri aka kanya reka twishimire ko turi hamwe.
.
Bella areba Rumio mu masooooo ati” n’amaso yawe naye ntawo ari kimwe kuki ntabibonye. Imyaka 15 namaranye nuriya musenzi izandya mu mutima igihe cyose.
.
Rumio ati” Ntagihe nzaguha cyo gutekereza ibyo.
Bella ati” aha mbwira ni gute rero wabashije kuza mu rugo tukabana iriya minsi yose  unyitaho??
.
Udacikwa na Episode ya 39.

Comments