logo

NEW TALENTS

Stories Group
UMUGENZI

UMUGENZI

FREE
2 Seasons
Drama, Ubwoba...
▶ Start Reading
0
📝Story Preview

Nanyuraga mu butayu, ari bwo isi y’iki gihe. Muri ubwo butayu, nahasanze isenga, ndyamamo ndasinzira, mbona inzozi.Muri izo nzozi, mbona umugabo wambaye ubushwambagara, ahagaze ateye umugongo urugo rwe. Yari afite igitabo mu ntoke, ariko mu mugongo we ahetse umutwaro uremereye cyane (Zaburi 38:4). Naramwitegereje, mbona afunguye icyo gitabo atangira kugisoma. Akimara kugisoma, amarira atemba ku matama ye, ahinda umushyitsi. Maze bimurenze, arataka, araboroga cyane ati:“Ngire nte?”(Ibyakozwe 2:37; Ibyakozwe 16:30; Abaheburayo 2:2-3)Arangije gutaka, ataha iwe. Agezeyo, yigeragereza kwiyumanganya, kugira ngo umugore we n’abana be batamenya umubabaro afite mu mutima. Ariko ntibyatinze, kuko umubabaro wamurenze.Nuko arahindukira arababwira ati:“Mugore wanjye nkunda, namwe bana bateye ishema umutima wanjye, jyewe inshuti yanyu, nishwe n’umubabaro undemereye cyane. Namaze kumenyeshwa inkuru y’impamo: uyu mudugudu wacu tuwutuye uzatwikwa n’umuriro uvuye mu ijuru. Iryo rimbuka riteye ubwoba rizagwaho jyewe, nawe mugore wanjye, namwe bana nkunda. Tuzarimbukana twese, keretse habonetse ubuhungiro bwo kudukiza.”Bumvise ayo magambo, umugore n’abana be baratangara. Ntibari bemeye ko ibyo yababwiye ari ukuri, ahubwo bibwira ko yafashwe n’indwara isarisha. Kubera ko bwari bugorobye, biyumvisha ko ibitotsi bishobora kumukiza, baramuryamisha.Ariko ijoro ryose ryamubereye umubabaro; aho gusinzira, asuhuza umutima, arira, yibaza byinshi.Mukristo atangira kwigungaBukeye bamubajije uko ameze, arabasubiza ati:“Ndarushaho kumera nabi.”Yongera kubabwira inkuru ye, ariko bo imitima yabo irushaho kunangirwa. Batangira kumutotereza, kumuseka, ndetse rimwe na rimwe bakamucyurira nk’uwataye umutwe. Abandi baramuhunga, abandi baramwanga.Kubera ibyo byose, uwo mugabo yatangiye kwigunga. Akarira, akenshi akirirwa mu nzu, cyangwa akagenda mu mirima wenyine. Iyo yabaga ari wenyine, yahoraga asoma igitabo cye, agasenga cyane, asaba Imana ko yamubabarira kandi ikamubwira inzira yo gukizwa.Umubabaro we ntiwari uwo kwiyumanganya: yakomezaga gusenga, gusoma, no gutekereza ku buryo bwo kubona ubugingo...Bukeye mubona agendagenda mu mirima, asoma igitabo cye, nk’uko yamenyereye, agira agahinda kenshi. Akigisoma, araturika arataka, nk’uko yagenjeje cya gihe kindi, ati: “Nkwiriye gukora nte, ngo mbone gukira?” (Ibyakozwe 16:30-31).Mbona akebaguza, nk’ushaka kwiruka. Maze arahagarara kuko atabashije kumenya aho ajya. Mbona umugabo witwaga MUBWIRIZABUTUMWA, aza aho ari, aramubaza ati: “Uratakishwa n’iki?” aramusubiza ati: “Mutware, nabwirijwe n’iki gitabo mfite mu ntoke, yuko naciriweho iteka ryo gupfa, kandi ubwa nyuma nkaba mbikiwe kujya mu rubanza (Abaheburayo 9:27), Kandi numva yuko urupfu ntarushaka, n’urubanza ntazashora kurutsinda. MUBWIRIZABUTUMWA aramubaza ati: “ni iki gituma udashaka gupfa, ko ubu bugingo bufite ibyago byinshi?” Uwo mugabo aramusubiza ati: “Ni uko ntinya yuko uyu mutwaro mpetse mu mugongo uzanzika, ukangeza hasi y’ikuzimu, nkagwa ahatanyiteguriwe muri Gehinomu (Yesaya 30:33). kandi, mutware, ubwo ntiteguye kujya mu nzu y’imbohe (niyo rupfu rw’umubiri), siniteguye no kujya mu manza, ubwa nyuma nkicwa urupfu rw’iteka. Gutekereza ibyo niko kuntakisha.”Maze Mubwirizabutumwa aramubaza ati: “ubwo umeze utyo, ni iki kiguhagaritse aho?” Mubwirizabutumwa amuha umuzingo w’igitabo cy’uruhu, wanditsweho ngo “Nimuhunge umujinya uzatera”. (Matayo 3:7)Aragisoma, yitegereza Mubwirizabutumwa cyane, aramubaza ati: “Mpungire he?” Mubwirizabutumwa amutungira urutoke hirya y’agasozi kagari cyane, aramubaza ati: “Urarora ririya rembo rito?” (Matayo 7:13-14) Uwo mugabo ati: “Oya”. arongera aramubaza ati: “Urarora ririya tabaza ryaka cyane?” (Zaburi 119:105; 2 Petero 1:9). Aramusubiza ati: “Sinzi, ahari ndaribonye”. Maze Mubwirizabutumwa aramubwira ati: “uboneze kuri ririya tabaza, ujyeyo, udateshutse. Nukora utyo, uri bubone iryo rembo. Nurikomangaho, urabwirwa ibyo ukwiriye gukora”.Maze ndota atangiye kwiruka. Ariko ataragera kure y’urugo rwe, umugore we n’abana babi...

📚 Episodes (45)

Loading...
📢 Kwamamaza

Ibihe...

🎬
S01 EP01
UMUGENZI S01 EP01
🎬
S01 EP02
UMUGENZI S01 EP02
🎬
S01 EP03
UMUGENZI S01 EP03
🎬
S01 EP04
UMUGENZI S01 EP04
🎬
S01 EP05
UMUGENZI S01 EP05
🎬
S01 EP06
UMUGENZI S01 EP06
🎬
S01 EP07
UMUGENZI S01 EP07
🎬
S01 EP08
UMUGENZI S01 EP08
🎬
S01 EP09
UMUGENZI S01 EP09
🎬
S01 EP10
UMUGENZI S01 EP10
🎬
S01 EP11
UMUGENZI S01 EP11
🎬
S01 EP12
UMUGENZI S01 EP12
🎬
S01 EP13
UMUGENZI S01 EP13
🎬
S01 EP14
UMUGENZI S01 EP14
🎬
S01 EP15
UMUGENZI S01 EP15
🎬
S01 EP16
UMUGENZI S01 EP16
🎬
S01 EP17
UMUGENZI S01 EP17
🎬
S01 EP18
UMUGENZI S01 EP18
🎬
S01 EP19
UMUGENZI S01 EP19
🎬
S01 EP20
UMUGENZI S01 EP20
🎬
S01 EP21
UMUGENZI S01 EP21
🎬
S01 EP22
UMUGENZI S01 EP22
🎬
S01 EP23
UMUGENZI S01 EP23
🎬
S01 EP24
UMUGENZI S01 EP24
🎬
S01 EP25
UMUGENZI S01 EP25
🎬
S02 EP01
UMUGENZI S02 EP1
🎬
S02 EP02
UMUGENZI S02 EP2
🎬
S02 EP03
UMUGENZI S02 EP03
🎬
S02 EP04
UMUGENZI S02 EP4
🎬
S02 EP05
UMUGENZI S02 EP5
🎬
S02 EP06
UMUGENZI S02 EP6
🎬
S02 EP07
UMUGENZI S02 EP7
🎬
S02 EP08
UMUGENZI S02 EP8
🎬
S02 EP09
UMUGENZI S02 EP9
🎬
S02 EP10
UMUGENZI S02 EP10
🎬
S02 EP11
UMUGENZI S02 EP11
🎬
S02 EP12
UMUGENZI S02 EP12
🎬
S02 EP13
UMUGENZI S02 EP13
🎬
S02 EP14
UMUGENZI S02 EP14
🎬
S02 EP15
UMUGENZI S02 EP15
🎬
S02 EP16
UMUGENZI S02 EP16
🎬
S02 EP17
UMUGENZI S02 EP17
🎬
S02 EP18
UMUGENZI S02 EP18
🎬
S02 EP19
UMUGENZI S02 EP19
🎬
S02 EP20
UMUGENZI S02 EPISODE 20

Story Info: UMUGENZI | 2 Seasons | 45 episodes | Categories: Drama, Ubwoba, Ibitangaza, Ubumenyi

Author: NewtalentsG | Published: 9/11/2025

Rating: 0 ⭐ | Type: Free