logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGENZI S01 EP05

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
MAZE ndota yuko inzira Mukristo yari akwiriye kunyuramo izitiwe impande zombi n’inkike yitwa GAKIZA (Yesaya 26:1). Mukristo akurikira iyo nzira, n’ubwo aremerewe agenda yiruka, ariko bimuruhije cyane, ku bw’umutwaro ahetse. Nuko ariruka, agera ahantu hazamuka ho hato, hejuru yaho hashinze umusaraba, kandi hepfo yaho azamutse hari imva irangaye. Mukristo amaze gusohora kuri uwo musaraba, wa mutwaro uhambuka ku bitugu bye, umuva mu mugongo, uragwa, uratembagara, ugera ku munwa w’imva, ugwamo, ugenda buheriheri.

Maze Mukristo arishima, aranezerwa, avugana umutima unezerewe, ati: Anduhuye umubabaro we! Anzurishije urupfu rwe.”

Mukristo ageze ku Musaraba
Mukristo ageze ku MusarabaMaze amara umwanya, ahagaze atangara: kuko byamutangaje cyane yuko kureba uwo musaraba kwamuhambuye umutwaro we. Nicyo cyatumye agumya kuwitegereza cyane, amarira ngo bugubugu (Zekariya 12:10). Agihagaze awitegereza, arira, asangwa n’abantu batatu barabagirana.

Baramuramutsa bati: “Amahoro abe kuri wowe”.

Umwe aramubwira ati: “lbyaha byawe urabibabariwe (Mariko 2:5) “.

Undi amwambura ubushwambagara bwe, amwambika indi myenda (Zekariya 3:4).

Uwa gatatu amushyira ikimenyetso mu ruhanga (Abefeso 1:13) amuha umuzingo w’igitabo, amutegeka kugenda awusoma, ati nugera ku irembo ry’ururembo rwo mu ijuru, uzawubahe”.

Maze basubirayo. Mukristo yitereshwa gatatu n’ibyishimo aririmba ati:

Iteka nagendaga

Ndemerwe n’ibyaha;

Ntihagira ikibasha

Kumara umubabaro.

Kugeza ubwo nageze

Ahantu heza cyane

Hangiriye umumaro

Ntazibagirwa ukundi.
.
.
NDOTA agenda atyo, kugeza aho yagereye mu gikombe, abonamo abantu batatu basinziriye hirya y’inzira ho hato, bafunze iminyururu ku maguru. Umwe yitwaga MUSWA, undi yitwa BUTE, uwa gatatu yitwa RUHANGARA.

Mukristo abonye baryamye batyo, ajya aho bari ngo ahari yabakangura, arabahamagara ati: “Yemwe abasinziriye, muhwanye n’abasinziriye ku isonga y’igiti. Nuko nimukanguke, tugende: kandi mwemere nanjye ndabafungura iyo minyururu. Kandi ati: “Uzerera nk’intare yivuga (1 Petero 5:8) yanyura aha, ntimwabura kuba umuhigo w’amenyo ye”. Barakanguka, baramureba, bamusubiza batya: Muswa aramusubiza ati: “Simbonye ko hariho akaga”. Bute aramusubiza ati: “Reka nongere nisinzirire ho hato”. Ruhangara aramusubiza ati: “*Ikibindi cyose giterekwa ku yacyo ndiba”. Bavuze ibyo barongera bararyama barasinzira, Mukristo akomeza urugendo.

Ariko ababazwa n’uko abantu bari mu kaga kameze gatyo batitaye ku kugira neza k’umuntu ushatse kubakiza ku mbabazi, abakanguye, abagiriye inama, yemeye kubafungura iminyururu. Akibabajwe n’ibyo, abona abantu babiri burira inkike y’ibumoso bw’iyo nzira ifunganye, kugira ngo bayigeremo; barihuta, bamugeraho vuba. Umwe yitwaga MIHANGOYIDINI, undi yitwaga NDYARYA. Bamugezeho, Mukristo aganira nabo atya.

Arababaza ati: “Murava he, mukajya he?”

Baramusubiza bati: “Twavukiye mu gihugu cyitwa NDIRARIRA, turajyanwa ku musozi Siyoni no gushimirwayo”. Arababaza ati: “Ko mutinjiye mu irembo rirasukirwaho ryo muri iyi nzira? Ntimuzi yuko byanditswe ngo, Uwinjira mu rugo rw’intama, atanyuze mu rugo rw’intama, atanyuze mu irembo, ahubwo akuririra ahandi, uwo ni umujura n’umunyazi!” (Yohana 10:1).

*Uwo mugani usobanurwa ngo, umuntu wese niwe wikiza.

Baramusubiza bati: “Abo mu gihugu cyacu bose bagira ngo inzira y’iryo rembo ni uruboko. Nuko bamenyereye kunyura mu nzira y’ubusamo, bakurira inkike nk’uko dukoze”.

Arababaza ati: “Ariko Umwami nyiri ururembo tujyamo, ntazabita abaca mu mateka, kuko mucumuye amategeko yandikishije?”

Baramusubiza bati: “lbyo byikubabaza; ibyo dukoze ni umuhango w’ab’iwacu, kandi ndetse tubasha kuzana n’abagabo bo guhamya yuko uwo muhango wahereye kera, hashize imyaka iruta igihumbi.

Arababaza ati: “Uwo muhango wanyu, mwaburanywa, mwawutsindira?”

Baramusubiza bati: “Umuhango umenyerewe ukamara imyaka iruta igihumbi, ntitwabura kwemerwa n’umucamanza utabera ko uhwanye n’amategeko. Kandi ubwo tugeze muri iyi nzira, uko twagezemo kose ntibihwanye? Ubwo turimo, turimo: nawe winjiye mu irembo ntuturusha kuba mu nzira, n’ubwo twuriye inkike. None uturusha iki?”

Arabasubiza ati: “Ngenda nk’uko mbwirizwa n’amategeko ya Databuja, mwebweho mugenda nk’uko mubwirizwa n’ibyo mwibwira by’ubupfu. Na none mumaze kwitwa abajura na nyiri iyi nzira, nicyo gitumye nibwira ndashidikanya yuko mutazemerwa ko muri beza, nimugera aho ino nzira iherera. Mugeze mu nzira ku bwanyu mudakurikije itegeko rye, muzavamo mwenyine mutagiriwe imbabazi ze.

Ntibagira icyo bamusubiza, keretse kumubwira bati: “Upfa iki ku byacu? Maze bose bakomeza inzira, ntibaganira byinshi: keretse ko bamubwiye bati, Twibwira tudashidikanya yuko utazaturusha kwitondera amategeko y’Imana neza. Nicyo gitumye tutamenya ikigutandukanya natwe, keretse uwo mwenda wawe; nawo ntiwawuhawe n’abaturanyi bawe ngo uhishe isoni z’ubwambure bwawe?

Arababwira ati: “Amategeko ntazabakirisha, kuko mutanyuze muri rya rembo (Abagalatiya 2:16). Nawo umwenda nambaye, nawuhawe na Nyiri aho njya: ibyo byo muvuze ukuri ko nawuherewe guhisha isoni z’ubwambure bwanjye, nanjye nibwira ko ari ikimenyetso cyo kungirira neza: kuko nari nambaye ubushwambagara gusa ntarawuhabwa. Kandi ngenda nihumuriza ntya: ningera ku irembo rya rwa rurembo, Umwami nyirarwo ntazabura kumenya ngo angirire neza, kuko nambaye n’umwenda yampereye ubuntu ubwo yanyamburaga ubushwambagara. Kandi mfite ikimenyetso mu ruhanga — – ahari ntimucyitayeho; nagishyizweho n’inshuti y’amagara y’Umwami wanjye ku munsi umutwaro wamviriye ku mugongo. Kandi icyo gihe nahawe umuzingo w’igitabo uriho ikimenyetso ngo ngende nywusoma, umpumurize mu nzira. Nategetswe kuzawutanga ningera ku irembo ry’ururembo rwo mu ijuru, ngo umbere ikimenyetso cy’uko nzinjizwayo. lbyo byose ngira ngo ntimubifite; kandi igituma mutabifite ni uko mutanyuze muri rya rembo rirasukirwaho ryo muri iyi nzira.

Ntibagira icyo bamusubiza kuri ibyo, ahubwo barebana baseka. Maze bose bakomeza inzira, Mukristo ari we uri imbere, ntiyaganira nabo. Agenda yibwira, ubundi asuhuza umutima ubundi anezerwa, agasubizwa umutima mu nda no gusoma wa muzingo w’igitabo yahawe n’umwe muri ba bantu barabagirana.
.
.
BOSE baragenda, bagera munsi y’umusozi witwa BIRUHANYA, basangayo isoko. Aho hantu kuri iyo nzira ivuye kuri rya rembo hashamikiraho izindi nzira ebyiri: imwe izenguruka ibumoso, iyindi izenguruka iburyo. Inzira ifunganye iterera uwo musozi w’i Biruhanya. Mukristo ajya kuri iyo soko, anywaho, abona intege, maze atangira kuzamuka uwo musozi, aririmba ati:

Erega uyu musozi

Ko ari muremure!

Nyamara numva nshaka

Kuwuzamuka.

Sinemeye gucogozwa

N’uko haterera,

Kuko iyi ari yo nzira

Ijya mu ijuru.

Nuko, mutima wanjye,

Humura witinya

Komeza inzira nziza

N’ubwo iruhije.

Za zindi n’ubwo zoroshye

Ukizitangira,

Ku iherezo zigeza

Ku kurimbuka. (Ijwi 193)

Ba bandi bombi nabo bagera munsi y’uwo musozi. Maze babonye uko ari muremure uterera cyane kandi ko hari n’izindi nzira ebyiri, bibwira yuko izo nzira ziri buhurire inyuma y’uwo musozi n’iyo Mukristo yaciyemo; nicyo cyatumye bashima kuzinyuramo. Kandi muri izo nzira, imwe yitwaga KAGA, iyindi yitwa MURIMBUZI. Nuko umwe aca mu yitwa Kaga, imutungura mu ishyamba rinini: undi aca mu nzira yitwa Murimbuzi, nayo imutungura mu butayu bugari, burimo imisozi y’umwijima mwinshi, arasitara, aragwa, ntiyasubira kubyuka.

Maze nterera amaso, ndeba Mukristo azamuka wa musozi: mbona abanza kuwuterera yiruka: maze ananizwa kwiruka n’uko umusozi uterera, agenda buhoro; maze agera aho agenda maka. Aringanije uwo musozi, agera ku kazu keza, nyiri uwo musozi yubakiye abagenzi barushye, kugira ngo baruhukiremo, babone intege. Mukristo yinjiramo, aricara araruhuka. Maze asohorora wa muzingo w’igitabo mu isaho y’umwenda we yo mu gituza, arawusoma,

uramuhuriza. Maze yongera kwitegereza wa mwenda yaherewe hafi y’umusaraba. Amara umwanya yinezeza atyo, arahunikira, arasinzira, nicyo cyatumye atinda, akageza nimugoroba. Kandi agisinziriye, wa muzingo w’igitabo uramunyikuka ugwa hasi. Nuko haza umuntu aramukangura, ati: ”Wa munyabute we, genda urebe ikimonyo witegereze uko kigenza kandi ugire ubwenge (Imigani 6:6)”. Uwo mwanya Mukristo arahaguruka, agenda yihuta agera mu mpinga y’uwo musozi. Ageze hejuru yawo, ahura n’abantu babiri biruka cyane; umwe yitwaga BWOBA, undi yitwa MUTIRINGIRA, Mukristo arababaza ati: “Ko mukimiranye mwiruka? Mubaye iki??”

Bwoba aramusubiza ati: “Twajyaga mu rurembo Siyoni, kandi twari tumaze kuzamuka wa musozi uruhije, ariko uko twajyaga imbere niko twarushagaho kujya mu kaga. Nicyo gitumye duhindukira tugasubira inyuma”.

Mutiringira nawe abwira Mukristo ati: “Ni koko, imbere bugufi mu nzira duturutsemo, hari intare ebyiri ziryamye; niba zisinziriye, niba ziri maso ntitubizi: ntitwashidikanya yuko iyo tuzigeraho, ziba zidutanyaguye uwo mwanya”.

Mukristo ati: “Munteye ubwoba, ariko mpungire he? Nasubira mu gihugu cyacu, cyiteguriwe umuriro n’amazuku sinabura kurimbukirayo; nabasha kugera kuri rwa rurembo rwo mu ijuru, sinabura kubayo mu mahoro: ni cyo gitumye nkwiriye kwihara. Gusubira inyuma ntikwabura kunzanira urupfu: kujya imbere kuzana gutinya urupfu ariko hirya yarwo ni ubugingo budashira: noneho ndajya imbere.

Bwoba na Mutiringira bamanuka biruka, baragenda, Mukristo akomeza inzira. Ariko yongeye kwibwira ibyo yumvanye ba bandi, ashakira mu isaho y’umwenda we wa muzingo w’igitabo arawubura. Maze arababara cyane, ashidikanya icyo ari bukore, kuko abuze icyamuhumurizaga, cyazamwinjirishije mu rurembo rwo mu ijuru. Amaze akanya ashidikanya yibuka ko yasinziriye muri ka kazu ko

mu mbavu z’umusozi, arapfukama asaba Imana kumubabarira icyo cyaha. Asubira inyuma, ajya gushaka uwo muzingo. Ariko agisubira inyuma, agenda afite agahinda katavugwa; ubundi asuhuza umutima, ubundi arira, yicira urubanza kenshi yuko yakoze iby’ubupfu, agasinzirira ahantu hubakiwe kuruhukira umunaniro gusa. Agenda ashaka mu nzira hose, akenguza, ngo ahari yabona wa muzingo w’igitabo cyamuhumurizaga iteka mu rugendo. Ageze aho yitegeye ka kazu yasinziriyemo, kukareba bimwongerera umubabaro yibutse icyaha cye uko kiri (Ibyahishuwe 2:4-5; 1 Abatesalonike 5:6-8)” Nuko yicuza ibyo bitotsi bibi ati: “Ndi indembe, ni iki cyanteye gusinzira ku manywa, gusinzirira hagati y’ibirushya, kandi ako kazu ari ako kuruhuriramo imitima y’abagenzi, maze sinirinde, nkaruhuriramo umubiri wanjye? Ibyo si ukunezeza umubiri? Ngenze urugendo runini rw’ubusa. Uko niko byagenze ku Bisiraheli. Ku bw’ibyaha byabo, Imana yabashubije inyuma mu nzira yo ku nyanja itukura. Nanjye nkwiriye kunyurana agahinda mu nzira mba nanyuranyemo umunezero, iyo ntakora icyo cyaha. None mba ngeze he? Urugendo mba nagenze rimwe, ndugenze inkubwe eshatu; kandi none bugiye kunyiriraho, kuko bwije. Iyo ntasinzira”!

Nuko agera muri ako kazu, arabanza aricara, amara akanya arira: nyuma arunguruka n’agahinda munsi y’intebe, abonamo umuzingo we w’igitabo; arihuta, awusingira ahinda umushitsi, awubika mu isaho y’umwenda we. Kuwubona kumutera kwishima ibyishimo bitavugwa, kuko ari wo ngwate y’ubugingo bwe imumenyesha yuko azemerwa nagera ku iherezo ry’urugendo rwe. Nicyo cyatumye awubika mu isaho y’umwenda we, agashimira Imana yuko imweretse aho wari uri, akomeza urugendo yishimye arira. Kandi azamuka igice cy’umusozi gisigaye yihuta bitangaza. Ariko ataragera mu mpinga, izuba rirarenga: bimwibutsa ubupfu bwo gusinzira kwe, aricuza ati: “Wa bitotsi bibi we, utumye bugiye kunyiriraho, nkagenda nijoro, umwijima ukampisha inzira, nkumva amajwi y’inyamaswa z’inkazi”!

Intare zari zishumitswe
Intare zari zishumitsweIbyo byose binzanyweho n’ibitotsi bibi. Maze yibuka ibyo Mutiringira na Bwoba bamubwiye, yuko intare zabatinyishije. Arongera aribwira ati’. “Izo nyamaswa ko zizerera nijoro zishaka icyo zirya zansanga mu mwijima, nagira nte? Nakwikiza nte ngo zitantanyagura?”

Comments