Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
NDOTA abo bagenzi barangije igihugu kiroga, bageze mu gihugu cyitwa BEULA, risobanura ngo Uwashyingiwe (Yesaya 62:4; Indirimbo 2:10-12). Icyo gihugu kirimo ikirere cyiza cyane kinezeza ugihumeka. Inzira yabo yakinyuragamo; bamara iminsi baharuhukiye. Bumvaga inyoni zijwigira iteka, bakabona iminsi yose uburabyo burabya, bakumva inuma ziguguza. Muri icyo gihugu izuba riva ku manywa na nijoro; abakigezemo baba barenze igikombe cy’igicucu cy’urupfu. Kandi cya gihanda Bwihebe ntikibasha kuhagera; ndetse abo bagenzi bahageze ntibabashaga no kureba igihome cyacyo cy’i Shidikanyamana. Kandi bari bageze aho bitegeye
ururembo bajyagamo, ndetse bahahurira na bamwe bo muri urwo rurembo, kuko abarabagirana bamenyereye kugendagenda muri icyo gihugu, kuko gifatanye n’icyo mu ijuru.
Bagenda muri icyo gihugu banezerewe umunezero mwinshi uruta uwo bari bafite bakiri mu bihugu bitari bugufi bw’Ubwami bajyagamo. Bageze bugufi bwa rwa rurembo, barushaho kurureba neza. Rwubakishijwe imaragarita n’amabuye y’igiciro cyinshi, kandi mu nzira zo muri rwo, hasigirijwe izahabu nziza (Ibyahishuwe 21:21). Nuko ubwiza bwarwo bufatanije n’izuba rirurasiyemo bituma Mukristo arwazwa n’ubwuzu; na Byiringiro nawe ni uko. Bamara iminsi barwaye batyo, bifuza cyane kugera mu ijuru bati: Nimubona umukunzi wanjye, mumubwire yuko urukundo rwansabye (Indirimbo 5:8). Maze basubijwemo intege ho gato, bihanganira iyo ndwara, bakomeza urugendo, barushaho kugera bugufi bwa rwa rurembo, babona udushyamba tw’ibiti byera imbuto ziribwa n’inzabibu n’imirima y’uburabyo; kandi amarembo y’utwo dushyamba n’izo nzabibu yari iruhande rw’inzira yabo. Babyegereye basanga umuhinzi wabyo ahagaze mu nzira, baramubaza bati: Izi nzabibu nziza n’utu dushyamba twiza ni ibya nde? Arabasubiza ati: ni iby’Umwami: yabitereye hano kugira ngo bimunezeze, kandi biruhure n’abagenzi. Abajyana muri izo nzabibu, abategeka gusoroma kugira ngo barye ku mbuto nziza zaho. Abereka inzira z’Umwami n’amazu ye akunda kwirirwamo: barahirirwa, baraharara.
Bakangutse bitegura kuzamuka ngo bajye muri rwa rurembo. Nk’uko navuze, rufite ubwiza burabagirana cyane, kuko rwubakishijwe izahabu nziza (Ibyahishuwe 21:21). Izuba rirasiye muri izo nzabibu ryatumye batabasha kurureba ubwarwo, mu maso habo hadatwikiriwe, ahubwo barurebeshaga indorerwamo zibigenewe (2 Abakorinto 3.18). Maze bakigenda bahura n’abantu babiri bambaye imyenda irabagirana nk’izahabu, kandi mu maso habo harabagirana nk’izuba. Abo bantu bababaza aho baturutse, barabasubiza. Maze bababaza aho baraye, bababaza n’imiruho n’amakuba babonye mu nzira, hamwe n’ibyiza byabafashije; barabibasubiza. Nuko barababwira bati:
haracyari ibintu bibiri biruhije, mukabona gusohora muri rwa rurembo.
Mukristo na mugenzi we babasaba kujyana nabo, barabemerera, ariko barababwira bati: Mukwiriye kuhagezwa no kwizera kwanyu. Bose barajyana, bagera aho bitegeye irembo ry’urwo rurembo.
.
.
MBONA yuko hagati yabo n’iryo rembo hari uruzi rudatinzwe, kandi urwo ruzi rwari rurerure cyane. Abo bagenzi barubonye barumirwa cyane, maze abo bari kumwe barababwira bati: Mutarwambuka, ntimwabasha kugera kuri ririya rembo. Maze bababaza ko hari indi nzira ijya kuri ryo. Barabasubiza bati iriho, ariko uhereye aho isi yabereyeho, nta muntu wemerwe kuyicamo, keretse babiri, Henoki na Eliya, kandi nta wundi uzabyemererwa, kugeza ubwo impanda y’imperuka izavugira. Bumvise ibyo, abo bagenzi batangira gukuka umutima, cyane cyane Mukristo. Barakebaguza, ntibabona indi nzira yabakirisha urwo ruzi. Babaza ba bantu barabagirana yuko uburebure bw’amazi buhwanye hose. Barabasubiza bati: Oya, ariko ntitubasha kubafasha muri ibyo, kuko kwizera Umwami nyiri ururembo kwanyu ari ko kuri butume mubona aharehare cyangwa ahagufi.
Baramanuka, baravogera, Mukristo atangira kurengerwa, atakira Byiringiro ati: Ndengewe n’amazi maremare: ibigogo by’Imana n’umuraba wayo byose birandengeye (Zaburi 42:7). Byiringiro ati: Humura, mwene Data, nshyikije ibirenge hasi kandi ni heza.
Mukristo ati: Nshuti yanjye, ingoyi z’urupfu zirangose (Zaburi 18:5); sinzabona igihugu cyuzuye amata n’ubuki.
Uwo mwanya, Mukristo yumva ageze mu mwijima w’icuraburindi, umutera ubwoba cyane, ntiyabasha kureba iyo ajya. Kandi ubwenge bwe burazinduka, aba atakibasha kwibuka ibyo yabonaga mu nzira
byamunezezaga bikamuhumuriza. Kandi yatakaga yuko abadayimoni n’abazimu babi bamubonekera, bakamutera ubwoba.
Nicyo cyatumye Byiringiro arushywa cyane no kugerageza kuramira Mukristo ngo atarengerwa. Ubundi yarengerwaga rwose, maze hashira akanya, akibiruka arembye, kandi Byiringiro akagerageza kumuhumuriza ati: Mbonye rya rembo ririho abantu biteguye kutwakira. Maze Mukristo akamusubiza ati: Ni wowe, ni wowe gusa bategereje, kuko ari wowe ujya wiringira, uhereye aho twabonaniye. Undi ati: Nawe ni uko. Mukristo ati: Iyo ntunganira Imana, ntiba ihagurutse ngo intabare? Nyuma Byiringiro aramubwira ati: Mwene Data, wibagiwe rwose ya magambo yavuzwe ku banyabyaha ngo Ntibababazwa mu ipfa ryabo, ahubwo imbaraga zabo zirakomera; ntibagira imibabaro nk’abandi, ntibaterwa n’ibyago nk’abandi (Zaburi 73:4-5). Aya makuba ugiriye muri aya mazi si ikimenyetso cy’uko Imana ikuretse: ahubwo ni ayo kukugerageza ngo wibuke ibyiza yajyaga igukorera n’imbabazi yakugiriraga; bitume umwisunga muri aya makuba.
Maze Mukristo amara umwanya atekereza, Byiringiro arongera aramubwira ati: Humura, Yesu Kristo aragukiza. Uwo mwanya Mukristo avuga ijwi rirenga ati: Nongeye kumureba; kandi arambwiye ati: Nunyura mu mazi, nzaba ndi kumwe nawe; nuca no mu migezi, ntizagutembana (Yesaya 43:2). Bombi barakomera: wa mubisha wabo arajunjama, barinda bambuka. Uwo mwanya Mukristo abona aho ashyitsa ibirenge, ahasigaye h’urwo ruzi hagira amazi magufi. Nuko barambuka.
Comments