
📖 Total Episodes: 21
Episodes 1 - 21
FEMALE'S BEAUTY AS HER WEAPON..EPISODE 1.UBWIZA BW’UMWARI NIBWO BUTUMA YINJIRA IBWAMI ARIKO UBWENGE BWE NIBWO BUGENA IGIHE AZAMARAYO.Ese kuki ntangije uyu mugani,Ese kuki iy film “FEMALE'S BEAUTY AS HER WEAPON” (UBWIZA BW’IGITSINAGORE NK'INTWARO YE) humura uraje usobanukirwe, icyo usabwa ni ugucana kumaso ukirinda kurangara, ubundi uryoherwe na film irusha uburyohe kurusha izo waba warabonye ahandi aho ariho hose..Dutangiriye ahantu kunyubako imwe turabona hari imbaga y’abantu benshi cyane bayizengurutse impande zose barimo kubyina indirimbo z’umutsindo bishimye cyane, bose baririmba ibisingizo by’umugore w’intwari witwa ‘’SELENA’’ bakomeza kumushimagiza icyarimwe mubisigo n’ibisingizo binogeye amatwi bavuga bati <<uri ishema rya GOLDEN LAND n’ikuzo ry’umuryango wacu, uri intwariy’ubwoko bwacu. Ibyo byose wabikoresheje amaboko yawe urokora Golden Land, hundwagaza imigisha n’amahoro mugore w’intwari ufite imbaraga zidasanzwe>>,. Abaturage bakomeje kuririmba ubutwari bw’umugore witwa ’’SELENA’’ barwanira kwinjira muri icyo gipangu ngo bamusuhuze, bose bakomeje kubyiganira kwinjira mugipangu ariko ntabwo byari gushoboka kuko bari benshi cyane, uko bakabyiganiye kwinjira mugipangu ako kanya hasohotse umugore mwiza cyane bihebuje kandi ukiri muto, uwo mugore yasohotse abapepera cyane batangira kumwirundaho ari benshi baramushagara bose bashaka kumukoraho, hashize akanya abasaba akayira abajya imbere abandi bagore b’inkwanzi ya nkwakuzi baramukikiza ubundi baramukurikira nuko batangira umutambagiro bayoboye abandi uko bagatangiye umutambagiro bahise bashyiraho akadiho babyina baririmba ibisigo n’ibisingizo abagabo bakabikiriza bavuga ibyivugo by’imyiyemero n’imyishongoro, abo bantu bakomeje kwivuga ibigwi birata imbaraga n’ubutwari bwabo, umutambagiro warakomeje basatira umusozi bigaragara ko ari ikirombe gicukurwaho amabuye y’agaciro bahageze ‘’SELENA azamuka hejuru kumanga y’umusozi bose basigara bamurangamiye, nuko arangurura n’ijwi rirenga kandi riyunguruye kandi risona neza avuga ati….‘’SELENA ati“<<muze twishimire umutsindo dukomeze tuganze muntsinzi, muze twirate ubudahangarwa bw’umuryango wacu, twishongore kubanzi bihaye kuduhagurukira bakishora mukibuga cy’urugamba batazi ikipe bahanganye nayo, igitsinagore natwe mureke tuzamure icyizere kuko natwe turashoboye kuko ntakintu ukuboko k’umugabo kwakora ngo ukuboko kwacu kukinanirwe, ahubwo usanga hari imbaraga turusha igitsinagabo kuko ukuboko k’umugore gukoze ibyananiye amaboko y’abagabo kuko ukuboko k’umugore ariko guhiritse igihangage cyari cyarahangayikishije abaturage ba Golden Land, nibyo si amakabyankuru ahubwo ni impamo kuko kitahananuwe n’umusore cyangwa inyamaswa y’inkazi ahubwo ni umutegarugori ‘’SELENA’’ wamutsindishije ubwiza, uburanga n’ikimero cye byiza, mutege amatwi ijwi ry'umutegarugori avuga ibigwi by'ubutwari bwe, bijya gutangira SELENA mw'ishyaka n'ubutwari bwe yiyambuye ikanzu y’ubupfakazi agirango atabare abaturage ba Golden Land agirango abunamure kungoyi umwanzi yari yabatsikamijeho, yasize isura ye amavuta atuma azana itoto rigenda ritonyanga kubo ahuye nabo bose rituma atona kuribo aba umutoni wabo, imisatsi ye ayifungisha agashumi gafite ibara ryiza, yambara agakanzu kagufi ko kumureshya, akamutesha umurongo, yambara ibikomo byiza mumaboko ye’ ijosi rye arikwiza imikufi ishashagirana ikozwe muri zahabu imirasire yayo ikarabya indimi z’umugabo, yambara urukweto rurerure rumufasha gucimbagira nk’inyambo yigaruirra amaso ye, uburanga bwe buramurangaza bumutwara intekerezo ze, ubwiza bwe bumutwara umutima, amaboko meza yari atakishije ibikomo byiza yayasanganije aye aba ariyo amuca ijosi akoresheje inkota ye yicuriye ubwe acura umugambi mubisha wo gutsemba no kurimbura abaturage ba Golden Land, abaturage bose ba Golden Land basingiza ubutwari bwe mubisingizo by’amajwi meza y’urwunge, abanzi ba Golden Land bose bakangaranwa ndetse bahindishwa umushyitsi n’ubukaka bwe, abateshejwe agaciro b’intabwa baboneraho urwaho n’ama...
Ibihe...