
.inkuru ihibwa kandi ikandikwa na navio kki dable le. ushobora kuma igitekerezo cyawe cyangwa se inkunga unyuze kuri: 0722319367 Cyangwa 07807863001.dutagiriye inkuru yacu mu ishyamba Ryitwa rugaza ahantu hamwe hari umwana muto wumuhungu ari kwiruka asa nkuhunga sinzi ngo habaye iki. Naho disi nabandi bana babiri bamukurikiye nubuhiri barashaka kumukubita bagenda bamuhamagara bati: hagarara eddy . Hagarara tukwice nubundi ntacyo utumariye niwanyu tuzabica.eddy yogera intabwe iriruka cyane agiye kumva yumva umuntu aramukuruye ahita amupfuka kumunwa ati: ceceka utavuga bakakobona.abandi bakomeza kumuhiga ariko baramubura barakata barataha. Eddy we ahindukiye ngo arebe uwarumufashe abona ni umusaza.eddy ati: urinde muze?umusaza ati: humura mwana muto. Nakomeje kumva utabaza nzagusanganira kugutabara. Bundi kuki bariya bantu burigihe bashaka kukwica?eddy ati: nonese ubizi gute?umusaza ati: ejo bundi wihishe mugiti hariya narakurebaga.eddy ati: rwose nange byaranyobeye burimusi batera murugo bakaza bagashaka kutwica rero sinzi icyo baduhora.umusaza yegera imbere afata ikijumba cyokeje aramuhereza eddy disi arya vuba vuba yarashonje cyane pe.umusaza ati: nonese sha, witwa nde?eddy asubiza ari kurya ati: nitwa eddy.umusaza ati: waretse se tukibanira hano mwishyamba tukazajya twihigira inyamaswa nkazajya nkwihera ibijumba harikibazo.eddy arishima ati: arakoze muze nubundi ntibagiye kuzanyica.umusaza ati: ufite imyaka ingahe se wamwana we?eddy ati: irindwi.umusaza ati: uracyari umwana. Rero ntiwogere kunyita umusaza ujye unyita kamanzi.eddy aba amaze ikijumba kamanzi amuha inzoga mugacuma arayinywa arasinda ahita asinzira.::tuvuye aho mwishyamba kurundi ruhande nanone babana birukankanaga eddy baje kuruhande rumwe hari umwana wumukobwa uri kurira. umwe murabo bahugu aramwegera amukoraho ati: uri kurizwa niki nely?nely aramwiyaka ati: mvaho nawe elisa.elisa arahindukira areba uwo muhugu wundi ati : bos , nely yabaye iki ko arikurira?bosco ati: nuko twirukankanye eddy ra.elisa ahita ahirika nely ati: kagiye kumusanga iwabo se bundi. Nikagende.nely ahita ahaguruka ariruka agenda arira ajya iwabo wa eddy asanga bari kurya.mama eddy ati: ese sha nely ko munshuti wawe twamubuze uje gushaka iki?nely ati: ndava aha aruko aje ntataza simava.papa eddy ati: mureke aze kumeza si twaba nkiwabo.mama eddy ati: ariko se koko mina, ubona kwa jamari baduhora iki?minani papa wa eddy ati: ariko rititsi, urambaza nitwirirwana, ubu koko urabona nabibwirwa niki?rititsiya ati: nge rwose mbabajwe numwana wange.minani ati: wenda banamwishe bundi ubona atari inyamaswa?rititsiya ati: ariko urabizi mina, twimuke tuve aha twigendere.nely ati: nimugenda tuzajyana.mukuru wa eddy witwa gad ati: papa nibyo rwose dukwiye kwimuka. Ntitutimuka tuzajya twirirwa duhagana no kwa jack.minani ati: tuzimuka se tujyehe?rititsiya ati: niyo twakora imisiri ariko turi mumahoro.minani ati: ahubwo mwitegure tuzinduke wamugani dore tutimutse twapfira aha.gad ati: niko kuri data.nely ati: tuzajyana mama eddy?rititsiya ati: yego nely.nely ati: ndanarara aha iwacu ndahanga.::burira bajya kuryama hanyuma mugitondo cyakare barazinduka bikorera ibyabo barimuka barigendera. Twigarukire mu ishyamba . Eddy uko yakankweye agasinda agasinzira yakangutse asanga yaraye munzu yibyatsi abyuka yiruka ageze hanze asanga kamanzi arihanze aramwegera ati: muze aha nihe?kamanzi ati: turi mwishyamba eddy ubu tugiye kujya twihigira inyamaswa ahubwo ihumure ubundi uze nkutoze uko bahinga.eddy ati: yego muze. Ngewe ndashaka kuzica kwa jack.kamanzi ati: niba ubishaka uzabanze wice impyisi namaboko yawe ntantwaro ukoresheje.eddy ati: ngewe ariko nanayica wayizanye se.kamanzi ati: nyizane?eddy ati: yizane.kamanzi atagira kuvugiriza ako kanya haza ibwa eddy ngo ayikubite amaso ariruka yirukanyira mukazu asakuza cyane.kamanzi ati: humura ntacyo igutwara. Ariko se uzica impyisi utinya ibwa? Iyibwa niyawe ngwino uyimenyereze...tuvuye aho. Kurundi ruhande jack, umugorewe mukamana nabahugu babo elisa na bosco bazinduk...
Ibihe...