logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 38

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 38
.
Twaherutse abasore Brigitte yohereje kwa Gweni hari akantu bagiye gukora.
.
UmwanditsiChris Nandi Ishimwe.
.
Muri Ghetto ya Gweni arikumwe na Julienne  waje kumusura. 
Gweni ati” Julienne wakoze  kuba waje kundeba.
Julienne ati” Hari haciyeho iminsi kandi numvaga nkukumbuye. Ahubwo se ibyawe na Denis bigeze he??
Gweni ati” Turimo gutegura mariage.
Julienne araseka ati” Byibura iwabo se  bageze aho barakumva??
Gweni ati” Oya.
Julienne ati” None ubwo kubana kwanyu bizakunda?
Gweni ati” Byabuzwa  niki?? cyereka  ubwacu aritwe  bitari mu mitima  yacu.
.
Julienne ati” Nibyo koko. Ugiye kuzahita uba umukire. Nizere  ko uzanyibuka.
Gweni ati” Julienne ntabwo ngiye lubana na Denis kubera  ko nashakaga ubukungu.
Julienne ati” Ndabizi ariko n’ubundi uzahita ukira.
Gweni araseka ati” Niyo ntanakimwe  nabona . ikingenzi nuko nzaba mfite urukundo rwanjye.
.
Tuze mu rugo kwa  Denis baracyarikumeza bararya. Gusa Denis nta petit afite.
Auntie Manda aramureba ati” Denis wariye. Nubwo waba utishimye mu mutima ntuzabihanire umubiri. Kandi ukwiye kurya  kugira ngo ukomeze  ugire  imbaraga zo kurakara.
.
Abandi baramureba.
Manda ati” Natebyaga   namwe.
.
Papa Denis areba Denis ati” Denis kuba  Umugabo sugukurikira  ibyo akunda ahubwo nugafata inshingano. Gweni nanjye narinatangiye kumwumva ariko ubu imbere yawe hari umugore utwaye umwana wawe  mu nda ye.
.
Denis areba Brigitte maze  arahaguruka ava aho yigira  mu cyumba cye. 
.
Micky areba Brigitte ati” Niba umugabo wawe  agiye wowe uracyakora iki hano ko uzaba urya.
.
Brigitte nawe arahaguruka aza  gusanga Denis mu cyumba.
Denis ati” wampaye akanya ndi njyenyine ko nkeneye gutekereza.
Brigitte ati” Ntacyo ufite gutekereza  kuko ibitekerezo byawe ndi hano.
Denis ati” Uribesya  cyane.
.
Brigitte ahita ajya mu buriri bwe.
Denis ati” Mvira  mu buriri.
Brigitte ati” Reka kwigira  gutyo ni gake twararanye??  ikindi aka kanya ndi umugore ufite Umwana wawe. Umwana akeneye kuba hafi ya Se  agakura neza. So niyo mpamvu ndara hano.
Denis ati” Oya
Brigitte ati” Ntabwo wabihakana.
.
Muri Ghetto ya Gweni ari mu buriri nawe yategereje ko Denis agaruka yahebye. Ari maso  arimo kwibaza  impamvu atagaruka. 
Afata telephone arongera aramuhamagara. Denis afata telephone.
Gweni ati’ Honey niki kirimo kubera aho?
Denis ati” Ihangane uryame nzagusobanurira neza ejo.
Gweni ati” Ntabwo ugaruka se??
.
Brigitte ati” Aragarka gute se kandi arikumwe  n’Umugore n’Umwana we.
.
Gweni yumvishe Brigitte biramucanga 
Denis ati” Gweni  funga umutima wihangane.
Gweni ati” Ese wambwira  niki kirimo kujya mbere.
Denis ati” Nzakubwira  ejo neza.
.
Brigitte akamvugiramo ati” Afite  umwana uri mu nda yanjye.
Gweni ati” Ceceka wowe  ntacyo ndimo kuvugana nawe.
Brigitt  aramuseka ati” Ahubwo wowe urinde  urimo kuvugana n’Umugabo wanjye.
.
Gweni biramubangamra maze ahita akupa telephone.
Denis  arakarira  Brigitte ati” Biriya nibiki warimo.
Brigitte ati”Wananiwe  kuvuga  njye ndakuvugira  kubera  ko njye ndi proud y’Umwana wacu.
.
Denis anaga telephone kuuhande  ariryamira. Gusa yacanganyikiwe  mu mutwe.
.
Hasi muri saro nini. Abandi barim kwibaza uko Brigitte na Denis bameranyemu cyumba brikumwe.
Mama Denis areba Micky ati : Jya kureba  uko bimeze.
.
Micky ahita azamuka aza kureba ageze  kumuryango arakomanga, Brigitte araza  aramufungurira.
Micky ati” Mu meza  neza.
Brigitte avuga aseka ati” Njyewe  n’Umugabo wanjye tumeze neza.
.
Micky agaruka gutanga amakuru.
Mama Denis ati” Wow. Ubundi aba  bna baremewe  kubana nuko ari kariya kantu kaje kubivanga..
.
Gweni nawe araye bimucanze ashobewe  .   mumutwe arimo kwibuka amagambo Brigitte yavugaga  gusa  avuga ko we  na Denis bafite Umwana.
.
Amasaha arakura.
.
Bwaracyeye mu gitondo. Kumbe abasore   Brigitte yohereje baraye aho bagogereye Gweni.
.
Gweni ava mu rugo agiye mu gasiporo. Abasore  baramwomeka.
.
Kurundi ruhande  Jennifer agarutse  mu rugo kwa Mama Denis. Agiye kwinjira  mu nzu akubitana na Brigitte aramurebaaa.
Brigitte ati” Jennifer  bite ko undeba  cyane.
Jennifer ati” Sinzi impamvu iyo nkureba nkubonamo ikintu kitari cyiza.
.
Kurundi ruhande  abasre  bageze  kuri Gweni baramushimute baraterura banaga mu modoka bargamujyana.
.
Kurundi ruhande  Denis avuye  mu rugo arimo kuza aza  mu rugo kwa Gweni aje kumureba.   Ageze  kuri ghetto ye asaha harafunze. Afata telephone ihamagara Gweni number ye iba  compose.
Igihe agihagaze  aho haze  nyiri byondo amubaza icyo arimo gushaka.
Denis ati” ndimo gushaka Gweni
Nyiri byondo ati” Ntabwo yakubwiye se  ko yimutse  yagiye?
Denis agwa  mu kantu ati” Yimutse ryari gute se??
Nyiri nzu ati” Yimutse  yanatwaye burikimwe  cyose. Cyangwa reka nfunfure urebe ko ntakubeshya.
.
Arafungura.,  Denis arebye abona inzu irera  ntakintu nakimwe  kirimo. Biramucanga.
.
Udacikwa  na Episode 39

Comments