Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA W’IRABURA.
.
Episode 37
.
Duheruka Denis abwirwa ko Brigitte atwite.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Denis uko yakinjiye Brigitte yirukanka amusanganira amugwamo amubwira ko atwite. Denis arikanga agwa mu kantu! Yitegereza Brigitte mu maso.
Brigitte we arishimye cyane afite akanyamuneza kenshi.
.
Mama Denis areba uko Denis acitse intege ati” Denis, ndishimye cyane kubwawe. Ubu ngiye kubona akuzukuru.
Denis areba Brigitte ati” Kura ikinyoma cyawe hano.
Brigitte ati?” Koko cher urumva nakubeshya.
Denis ati” Oya ntamwana ufite.
Mama Denis ati” Denis nizere k utagiye guhakana Umwana wawe.
Denis ati” Uyu mukobwa arabeshya mama.
Mama Denis ati” Umva natwe akimara kubitubwira twabajye kubigenzura neza aratwite.
.
Denis acika intege muri we.
Brigitte aramufata aramukomeza Denis akamwiyaka
Brigitte ati” Ariko se wanyiyaka cher ufite kibazo ki
.
Denis ntabwo abyumva neza aramureba azunguza umutwe ati” Njyewe nta mwaa mfitanye nawe.
Brigitte ati” Denis ntabwo wantenguha uvuga gutyo. Uzi neza inshuro njye nawe twabonanye. Cyangwa ahari ubwo ugiye gushidiknye ko Umwana atari uwawe. Niba unashidikanya nabyo ntakibazo gusa ntabwo nkubeshya ndatwite kandi umwana ntwite ni uwawe.
.
Mama Denis aza hafi ya Denis ati” Denis mwana wanjye nizera ko utari ikigwari cyahunga inshingano zo kuba Papa. Mwana wanjye uri umugabo ndakwizeye.
Denis akareba Brigitte arimo guseka aranezerewe kubera ko arabizi neza ko hano baraba bafite Denis.
.
Denis areba kuruhande ahuza amaso na Auntie Manda.
Auntie Manda ati” Denis bwarimwe ba umugabo wanyawe. Ese ugiye kwirengagiza umwana wawe ukomeze wiruke inyuma ya kariya gakobwa.
Mama Denis ati” Njyewe ndumva maze twategura ikirori cya kuba mugiye cya vuba ngiye kubona Umwuzukuru wanjye wa mbere.
.
Tuze muri Ghetti ya Gweni aricaye arategereje arim kureba kuri telephone buri kanya akaneye kubona Denis amuhamagara akamubwir icyo Mama we yaramuhamagariye. Arategerezaaaaa amasaha aratambuka andi araza ariko ntabwo Denis ahamagara.
Bimwanga mu nda maze aramwihamagarira. Denis abona telepone isona.
.
Brigitte araho hafi aramureba ati” Fata telephone umubwire ko ugiye kuba Papa.
Denis biramucanga muri we yibaza icyo agiye kubwira Gweni.
.
Brigitte ati” Wafashe telephone ukamubwiza ukuri. Gusa ndibaza niba uzagenda ugahitamo gutera Umwana wawe umugongo, umwana akazabaho atagira Papa we. Akazabaho abana n’Igikomere cyo kuba papa yarataye Mama akajya kwibanira nundi mugore.
.
Denis afata telephone
Gweni ati’ Cher bite ko wagiye ubutagaruka ??
Denis ati” Narinyivugana na Mama.
Gweni ati” Nibiki mama wawe noneh arimo kuvuga??
.
Brigitte ahagaze imbere ye uko bavugana agakora kunda.
Denis ati” Cher ihangane turaza kuvugana mukanya.
Gweni ati” Ntakibazo cher gusa umere neza ndagukunda cyane.
.
Denis ava kur telephone.
Brigitte ati” Ko utamubwije ukuri?? koko byari bikwiye ko ugira isoni ry’Umwana wawe?
.
Kurundi ruhande hasi muri Saro. Abakozi barimo gutegura ameza. Maa Denis afite ibyishimo byinshi.
Mama Denis ati” Burya Imana iba ifite Umugambi wayo. Yabonaga uko Umwana wanjye agiye guhobagira maze iravuga iti reka mbigenze gutya.
Auntie Manda ati” Denis na Brigitte baremewe kuzabana kabone nubwo Denis yashakaga kwirka gute.
Mama Denis ati” Mujye kubabwira baze kumeza turye ahubwo.
.
Micky arazamuka ajya mu cyumba cya Denis aza kubabwira baza kumeza. Brigitte afata Denis akaboko at” Cher tujye kurya.
Denis ati” Ntabyo kurya nshaka.
Brigitte ati” Oya ntabwo nkusiga ntushake uze kuba uhicaye gusa.
.
Brigitte amujyana kugahato baramanuka baza hasi aho barira. Basanga abantu bose bari kumeza.
Papa Denis ati” Denis ndanezerewe cyane sha.
Mama Denis ati” Rero uko gahunda imeze. Tugiye guhita dupanga ubukwe bwanyu kugira ngo muzabyare mwarasezeranye.
Denis ati” Oya. Njyewe umugeni wanjye ni Gweni.
Mama Denis ati” Ese ugiye gukomeza kwigira gutyo? Urashaka gusiga umwana wawe ukajya kubana n’Umuntu udafite icyo mupfana??
.
Auntie Manda ati” Denis tekereza neza urwango rwazaba hagati yawe n’Umwana wawe. Ariko ubundi byazavugwa he??
Mama Denis ati” Bwa rimwe shyira ubwenge kugihe. Reba neza Umwana wae uri mu nda ya Brigitte. Kuki Umwana yaba agiye kuba inzirakarengane y’amarangamutima apfuye ya Papa we.
.
Telephone ya Brigitte irasona arahaguruka aza kwitabira kuruhande. Abasore bamuhamagaye bari hafi ya gheto ya Gweni.
Baramubaza bati” Tubikore mabuja?
Brigitte ati” Murabona se ntakibazo gihari.
Abasore bahita babona Julienne yinjiye iwe baramubwira bati” Turabona hari Umukobwa winjiye iwe.
Brigitte ati” Mutegereze uwo mukobwa abanze agende namara kugenda mukore akazi kanyu.
Abasore bati” Sawa mabuja.
.
Brigitte ava kuri telephone akubita agatwenge.
.
Udacikwa na Episode 38
Comments