logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 45

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA

.
Episode 45.
.
Twaherutse   Cloye ahaye Brigitte   inama yo kuba yamugaza Papa Denis kugira  ngo ahe Denis Company ayiyobore.
.
Umwanditse  ni Chris nandi Ishimwe.
.
Brigitte atekereza  neza  kunama bamuhaye yumva niyo pe! Areba Cloye araseka ati” Ibyo umbwiye nibyo ariko se  ubwo nzamuroga gute??
Cloy aramureka ati” Ntukifate gutyo uzi icyo ashaka niki atakora?? kandi icyo ashaka gukora  ni gute yabura  uburyo bwo kubikora??
Brigitte abitekerezaho neza ati” Uravuga ukuri. Ntabwo nabura  uko nabikora wamugani wawe.
.
Cloy ati” Cyane rwose.
Brigitte ati” reka ndebe Sabine ndabon yatinze.
.
Kurundi ruhande Denis aracyari muri Restaurant ya Gweni yanze  kuhava. Gweni nawe yakomeje akazi ariko akajya amureba.
Gweni ati” Ese  ntabwo uva hano ngo ujye mu kazi.
Denis ati”  ese  urashaka kunyirengagiza.
Gweni ati” Denis ntabwo nakwirengagje.   Iyo nkwirengagiza  nakabaye   nakwihakanye. Ariko ntabwo nigeze  nkwihakana.
Denis  ati” Ndashaka umwanya wo kuvugana nawe.
Gweni aramureba ati” Ese  hari igishya tugiye  kuvuga?? cyangwa  ibyo twaganira hari  igishya byaba bigiye kurema??
.
Kurundi ruhande  ku kazi  Denis arimo gushakshwa  bamubuze  kandi hari ibyingenzi byihutirwa  agomba  gukora
Papa we  afata  telephone aramuhamagara  . telephone ya Denis  irasona  abona ni Papa we.
Gweni nawe arabibona ati” Ku kazi bakubuze  dore  batangiye kuguhamagara. Waretse kwica akazi.
Denis  yitegereza Gweni  yitaba  Papa we  amubwira ko agiye kuza.
Gweni ati” Denis genda  jya mu kazi.
.
Tugaruke mu rugo Brigitte arimo gutonganya  Sabine amubaza  impamvu  yatinze  kandi yamubwiye kare.
Sabine ati” Bigiye gutungana.
Brigitte ati” Narinakubwiye ko twe tudafite gutegereza.
.
Mama Deis aba araje asanga batongana.
Mama Denis ati”Brigitte reka guteza akavyo.
Brigitte aramureba ababaye maze araseka ati” eeeh ngo ndimo guteza akavuyo??
Mama Denis ati” Yego urimo kwitwara nabi.
Brigitte ati” Nonese  ntaburenganizira mfite bwo kugira  icyo mfata nicyo ushaka kuvuga??
Mama Denis ati”Reka guhimbahimba.
Brigitte ati” Ikigaragara  bisa  nkaho hano ntaburenganzira  mpafite.
Mama Denis ati” urimo gukabya  cyane. Ese  wowe  ntubona ko usigay witwara  bitandukanye. Wagira ngo ni wowe  mwamikazi w’uru rugo. Ntakubeshye urimo kuntenguha cyane.
Brigitte aramureba ati” Ese  atura  vuga neza  ikibazo gihari nikihe??
Mama Denis ati” Hano wikwigira Umwamikazi utanga amategeko ba Umukazana mwiza  nariniteze  ko waba we.  
Brigitte aramureba ababaye  cyane
.
Mama Denis ati” Hano nagusobanuriye bihagije discipline tugenderaho
Brigitte ati” Igihe  umuntu hari icyo akeneye mbese akwiye kubanza gutegereza abadi cyangwa  gusaba uruhushya.
Mama Denis ati” Oya sibyo. Icyo ushaka wakibona.  Ariko wowe ikibazo cyawe  urashaka kwigira  nkaho usumba buri wese  muri iyi nzu. Urashaka kujya witabwaho nk’Umwamikazi  muri iyi nzu. Brigitte  hano muri iyi nzu ntawe usumbya abandi agaciro. Ariko nanone uru rugo rufite umuyobozi.
Brigitte aseka asa n’umunnyega ati” Ariwe wowe ukwiye gutanga amabwiriza yose  ngenderwaho.
.
Brigitte agenda yivumbuy ageze  kumuryango arahindukira aramureba ati” Njyewe  ntabwo aruko mbaho.

Arikomereza aragenda. Mama Denis nawe akajinya karazamuka maze afata telephoe ahamagara  Denis.
Denis ari mu modoka yerekeza  mu kazi aramwitaba.
Mama we ati” Denis uyu Mugore  wawe ntamushyira  kumurongo njye ndaza  kubyikorera.
Denis ati” Ariko se  nikihe kibazo mama.  Ikibazo gihari mwagikemukiye bikarangira.
Mama Denis ati” Uyu ni umugore wawe  mutoze umuco.
.
Mama akupa telephone.
.
Brigitte agarutse  mu cyumba arakaye cyane avuga ati” Mabukwe amaze kundambira.
Cloya araseka ati” Umaze  amezi abiri gusa  none Nyokobukwe arakurambiye.
Brigitte ati”Nsigaye mureba nkumva namurya.
Cloy ati” Umva niba ugiye kujya uzamukana nawe  ugiye kuzambya ibintu mission yawe  ntabwo uzayigeraho. Biragusaba kwihangana ukaba  Umwana mwiza.
Brigitte abitekerezaho.
.
Tuze hamwe  abantu bajya kwirira  ubuzima. Eliya ageze  mu gace ba Micky bari barimo kogeramo. Ageze  hafi yabo arabarebaaaa nabo baba baramubonye abitegereza  cyane.
Micky ati” Bite wowe  ufite ikihe kibazo.
Eliya ati”Nitwa Eliya.
Baramuseka
.
Mia ati”Icyo kizina cyawe se ninde  ucyikubajije??
Eliya ati” Eliya ni izina ryiza.
Baramuseka.
Jovia atti”ese urashaka iki??
Eliya yitegereza  cyane Micky ati” Uri mwiza.
.
Abandi baraseka
Mia ati” Ntabwo nabyizera.
Eliya ati”  Umutima wanjye wawujyanye.
Micky aramwegera amureba cyane mu maso ati” Ntabwo nzi izo wasinze wa gahungu we ariko reba ahandi ujya gusindira.
Eliya ati” I love you.
Micky yivamo urushyi aramutera .
.
Eliya agwa  mu mazi.
.
Kurundi ruhande Musaza wa Brigitte Carles ageze kanombe asanze Papa we yari yaje kumutegereza.
.
Kurundi ruhande kandi Brigitte hari umuntu aje guhura  nawe mwibanga rikomeye  cyane  umuzaniye uburozi agomba guha Papa Denis akamugara akaba nabi hanyuma Companye akayiha Umuhungu we.
.
Udacikwa  na Episode 46

Comments