logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 46

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUAZANA WIRABURA
.
Episode 46.
.
Twahertse  Brigiite ahura mwibanga rikomeye n’umuntu waramuzaniye amarozi ashaka gukoresha aroga Papa  Denis.
.
Umwanditsi ni Chrs nandi shimwe.
.
Mu masaha y’ijoro muri gheto ya Gweni  arikumwe  na Eliya arimo guseka inkuru Eliya amaze  kumuha y’uburyo yagerageje kubwira  Umukobwa ko amukunda maze uwo mukobwa  aho kumubwira  neza akamutera  urushyi.
Amaze guseka aramureba ati” Bagukubise hehe muhung wanjye??
Eliya  arahamwereka ati” Hano kwitama.
.
Gweni aramukandira aranamuhuhira ati”Ihangane muhungu wanjye ahari umutima wawe wayobeye ku muntu.
Eliya ati” Ariko narinamukunze.
Gweni ati” Nonese uwo mukobwa ameze ate??
Eliya ati” Banza ari uwo mu bakire  kuko bari bafite kwiyemera  kwinshi.
Gweni ati” Rero abakire agaciro kabo bakabonera  mu mafaranga nicyo kibazo bagira.
Eliya ati” Ariko yarimwiza.
Gweni ati” Eliya uwo mukobwa  natakubona ntuzahatirize.
Eliya ati” Yego.
.
Tuze  mu rugo kwa  Denis yicaye muri Saro afite agatasi ki kawa arimo kunywa. Yibuka uko noneho uko  yabashije kubonana na Gweni. Nubwo batavuganye bikwiye ariko arumva byibura  hari icyahindutse.    mu mutima we ashima Imana at” warakoze  kumurinda akaba agihari ari muzima.
.
Uwo mwanya Brigitte atashye afite akanyamuneza aza asomagura  Denis ati” Cher wiriwe  neza.
Denis ati” yego.
Brigitte ati” Ese  ko bona uba  utanyishimiye ubundi ufite ikihe kibazo??
Denis ati” Ntakibazo mfite kandi ndakwishimiye.
Brigitte ati” Ntabyo mbona.
Denis ati” Cyereka niba ushaka ko nkuterura   akaba aribwo  ubona ko nkwishimiye.
Brigitte ati” Wakaay wamaze kubikora  utabanje kumbaza.
.
Mama Denis aba aje muri Saro, Brigitte amubonye agenda amusanganira ahita amugwamo aramuhobera. Mama Denis biramucanga.
Brigitte ati” Mama wanjye umeze  neza.
Mama Denis birushaho kumucanga  ukuntu bari bamaze agahe batabanye neza yaba amwitayeho noneho arimo kumwereka urukundo.
.
Bigitte amaze  kumuhobera amureba mu maso ati” Mama umbabarire  ukuntu narimaze  iminsi nitwara  nabi. Ndabizi ahai narakubabaje  cyane ariko sinabishakaga kadi nanjye ntabwo yarinjye.
Mama Denis ati” Yarinde??
Brigitte ati” Mama simbizi najye icyo narinabaye ariko naje kwitekerezaho  mbona bidakwiye ahari ni Satani wariwanyokamye.
.
Auntie Manda aje asanga Brigite arimo gusaba imbabazi nawe  biramucanga.
Brigitte ati” Nukuri mbabarira mama.
Mama Denis aramwitegerezaaaaa, Brigitte aboye ko ahari Mama Denis ashobora  kuba arimo gushudikanya kumbabazi arimo kumwaka ahita ajya hasi  arapfukama.
Brigitte ati” Basi mama mbwira  nkore iki kugira  ngo umbabarire.
Mama Denis ati” ese uremera neza ko warusigaye witwara nabi?? Ubundi niki cyaricyaguhinduye kuriya. Nekwemeye nk’Umukazana wanjye mbona uri uri Umukobwa mwiza ariko ukuntu wahise  uhinduka nk’igicu nibyo byacanze.
Brigitte ati”Nukuri nkusabye imbabazi mama.
.
Abona na Auntie Manda  nawe ahagaze aho nawe amusaba imbabazi. Denis areba ibyo barimo maze arisohokera ajya hanze.
.
Gweni nawe asohotse  ahagarara hanze yibuka ibihe yanyuranyemo na Denis. Yibuka nukuntu yaje kumureba, yibuka nigihe Brigitte avugira kuri phone ko atwite umwana wa Denis. Yibuka anabona Denis yambaye impeta.
.
Uko atekereza  kuri Denis niko na Denis nawe ahagaze hanze  amutekerezaho
.
Tugaruke mu nzu Mama Denis na Manda babariye Brigitte maze arahaguruka arabahobera anabaha ama bizoux menshi maze arangije ava aho aragenda ageze  mu cyumba cye arabaturika arabaseka.
Aza  imbere ya Mirror arireba at” Genda Brigitte uri actress mwiza.
.
Hasi muri saro abandi barimo kwibaza  ukuntu ahindutse.
Manda ati” ahinduwe  niki?
Mama Denis ati” Buriya Denis yavuganye nawe.
Manda ati” Ubuse twizere ko ahindutse??
Mama Denis ati” Tuzabireba.
.
Papa Denis aratashye asuhuza abo asanze, Brigitte agarutse  muri Saro abona Papa Denis aza  yihuta cyane amugwamo. Mama Denis na Manda bareba.
Manda ati”  Uyu mukazana ari muzihe Drama?
Mama Denis ati” Hari nigihe koko wasanga yitekerejeho neza.
,
Brigitte ati” Papa ndagukunda  cyane kandi narinkumbuye nawe reka nkusabe imbabazi niba hari aho nakwitwayeho nabi.
Papa Denis ati” Oooooh ntakibazo kandi ntawe udakosa.
Brigitte ati”Murakoze  cyane.
Brigitte arabareba ati” Sinjye watetse  ariko mwihangane abe arinjye ubategurira ameza.
Mama Denis ati” Uko abishaka.
.
Brigitte agenda yishimye.
Papa Denis ati” Yabaye iki ra!
Mama Denis ati” Atashye ameze kuriya.
Papa Denis ati” Ubundi se ko yari Umwana mwiza yagumye kuriya.
.
Amasaha arakura   cyane.
Umunsi ukurikiyeho Denis aho kujya mu kazi  agaruka kuri restaurant ya Gweni. Gweni agiye kumena imyanda hanze abona Denis ahagaze imbere y’amarembo ya restaurant ye.
Gweni aramureba ati” Denis bite??
Denis ati” Ni sawa  ariko uyu munsi umbabarire ndashaka gukorera  hano  umbabarire ntunyirukane.
.
Gweni abitekerezaho, Denis ahita aza imbere ye aramufata ati” Wihakana ndakwinginze  nshaka kumara  uyu munsi wose  hafi yawe. Gweni mbwira ngo yego.
Gweni aramureba mu masooooooo
.
Udacikwa  na Episode 47

Comments