logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 44

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode   44
.
Twaherutse  Umukazana na Nyirabukwe  barimo bashwana.
.
Umwanditsi Chris Nandi Ishimwe.
.
Denis  yabaretse  arashoka yigira hanze  aza  guhagarara hafi ya pisine yaho mu rugo. Abandi hejuru bakomeze kubwirana  amagambo atari meza. Denis  ajo  aagaze hanze arimo kwibuka gus  ukuntu kare  yabonye Gweni ariko akamubra  ubwo yaragiye kumureba.
.
Uwo mwanya ahagaze imodoka  ya Micky yinjiye  mu rugo mugipangu arikumwe  n’inshuti ze Mia  na Jovia bava mu modoka babona Deis ahagaze aho hanze.
Mia ati” Musaza we  ko ahagaze  haiya nkufite ikibazo??
.
Baza  kumureba  bramusuhuza.
Micky ati” Bro hari ikibazo ufite.
Denis ati” Oya 
Micky ati” Umeze  neza??
Denis ati” Yego.
Mia ati” Ntabwo twari duherutse  kukubona.
.
Jovia areba Mia maze araseka  nuko bava aho baza  mu nzu Jovia avugana na Mia.
Jovia ati” Nbu uracyumva wavugana n’Umugabo w’abandi
.
Uko barimo kwinjira  mu nzu Mama Denis we arimo kuva mu cyumba  cya Denis arakaye  cyane  kubera  ko amaze  kubwirana nabi n’Umukazana we. Aza  mri Saro yicarana umujinya.
Manda aramureba ati” Bigenze  gute??
Mama Denis ati” Bisa  nkaho Brigtte ntigeze  mu meya mbere  hose.
Manda ati” Abantu barahinduka.
.
Micky na ba Mia bageze  mu nzu basanga Mama yarakaye.
Micky ati”  Mama habaye iki ko mbona warakaye??
Mama Denis ati” Ntacyo.
.
Mia na Jovia  baramushuza.
Auntie Manda ahita abwira  Mick ati” Brigitte arimo gusuzugura  mama wawe.
Micky ati” Gute yasuzugura Mama se??
.
Micky ahita azamuka ahejuru ajya kumureba aza  mu cyumba asanga Brigitte arimo guseka avugana n’abantu be kuri video call.
Micky aba aramwinjiranye.
Brigitte aramureba ati” We  bite ko winjira  udakomanze.
Micky ati” Hari hafunguye.
Brigitte ati” None kuba hari hafunguye??
Micky ati: Kubera  iki urimo gusuzugura mama.
Brigitte araseka ati” Ngaho ubu se  mama wawe  ni wowe aje kuregera??
Micky ararakara ati” Mama ntabwo aje kukundegera  ariko menye neza ko urimo kujya umusuuguru kandi uzi neza  ukuntu mama yagufashe nk’Umukobwa we.
.
Brigitte arahaguruka aza  imbere ye ati” Mama wawe ntanahamwe  namusuzuguye. Ahubwo jya kumubaza  icyo yabwiraga Umugabo wanjye.  Ubwo nazaga nsanze arimo kubwira Denis ko ntashobotse. Niki kibi nakoze  kuburyo Mama  wawe  yaba atangiye kunyeranya n’Umugabo wanjye.
Micky arabyumva.
Brigitte ati” Ibyo mama wawe  acinja kubera iki ataza ngo abivugane nanjye aho gutangira  kujya yihererana umuhungu we  akamubwira  ibyo ntazi. Ikindi njyewe  simenyereye kubaho ubuzima bw’amategeko. Ibaze  nawe  ugiye gushaka ahantu agatangira  kuguha amategeko yabo ngenderwaho.
.
Micky arabyumva.
Brigitte ati” Umva niba ntakindi uvuga mpa akanya  ube ugiye.
Mickyava mu cyumba cy’abandi aragenda.
.
Kurundi ruhande  Gweni yibereye mu kazi ke ka restaurant gato yashize arikumwe  n’Umukozi we  Eliya.
.
Hakuno mu rugo  mu cyumba cya cya Micky arikumwe  n’inshuti ze  Mia na Jovia barimo gupanga ko bagiye  gusohoka bakajya ahantu ku mazi ni ahantu hakunda  kuza abantu batandukanye baje kuhishimishiriza.
.
Denis  nawe ahagaze  imbere  ya Mirror  arimo kwitegura  neza agiye kujya mu kazi. Brigitte aza  inyuma ye aramureba ukuntu ameze.
Brigitte ati” Cher buriya birakwiye ko twakomeza  kuba hano mu nzu y’iwanyu.
Denis ati” Inzu ya hano ni nini yae hari ikibazo ufite.
Brigitte ati” Nonese urabona njye na Mabukwe  tutagiye  kujya tugongana cyane.
Denis ati” Nonese wowe  nawe  ubundi ko mwahoze  muri inshuti magara  ubu nikihe kibazo kii hagati  yanyu.
Brigitte ati” Cher wikwigiza  nkana, urabizi ibya ba Nyirabukwe  n’abakazana. Twari tumeranye neza ntaraba Umukazana we  none ubu namaze  kuba we  sinzi ikibazo afite. Ese  ubwowowe  ntugiye  kujya ujya kuruhande rwa Mama wawe  aho kumva njye.
Denis ati” Njyewe ntaruhande  nzajya mfata. 
.
Brigitte ati” Njye ndumva twava hano mu rwego rwo kwirinda  ibibazo byazavuka.
.
Denis aramureba gusa  maze arigendera.
.
Tuze  kuri restaurant Gweni ari mu kazi. Eliya aza  imbere ati” Mabuja nje kukwibutsa  agahusa wanyemereye.
Gweni ati” Harya urashaka kujya he??
Eliya at” Nshaka kujya koga .
Gweni ati” Ubwo se ntiwazajyayo ubutaha.
Eliya ati” Sinakubwiye ko  uyu munsi aribwo igiciro baba bagikubise  hasi.
.
Gweni ati” Ntakibazo.
Eliya ahita amuhobera  cyane ati” Urakoze  cyae mabuja.
Gweni ati” ibyo bya Mabuja narakbwiye ko ugomba kubyiagirwa  mu mutwe  wawe.
Eliya araseka ati” Yego Auntie.
Gweni ati” Sawa  ariko ntuze  kurenza  igihe twavuganye.
.
Eliya ajya kwitegura  aragnda. Gweni asigara  mu kazi. Hashize  akanya hari uwinjye Gweni amubonye agwa  mu kantu. Denis .
Denis nawe abonye Gweni  nyuma y’amazi arenga abiri atamubona. Bararebana hashira  akanya.Umutima wa Denis yumva ubaye ukundi kuntu. Gweni nawe kogera  kubona Denis  bihindura  uko yiyumva   mui we.
.
Kurundi ruhande  hari umushitis wa Brigitte ugeze  u rugo kwa Denis. Yitwa  Cloy  . Brigitte aza  hanze  kumwakira barahoberana cyane.
Brigitte ati” Urakoze  kuza Cloy wanjye.
Cloy ati” Uma twari dukumburanye.
Brigitte ati” Umva bireke.
Cloy ati” Cyakora  ndabona waraje kuba I Bwami.
Brigitte araseka ati” Ni karibu.
.
Baza mu nzu bahura na Mama Denis atambuka .
Brigitte ati” Cloy uyu niwe  Mabukwe  wanjye.

Cloy aramusuhuza.
Brigitte ati” Mama uyu ni Cloy ni inshuti yanjye
Mama Denis ati” Ni karibu .
Cloy ati” Murakoze  cyane.
Manda  nawe aba araje.
Brigitte ati” Uriya ni Manda avukana na Mabukwe.
Manda nawe asuhuzanya na Cloy.
.
Brigitte ati” Cloy ngaho twikomereze  tujye kuganira.
.
Brigitte ahamagara Sabine. Sabine araza.  Mama Denis  na Manda bari aho barimo kureba.
Brigitte ati”  Dutegurire  icyo kurya cyiza ukituzanire  mu cyumba.
Mama Denis ati” Arimo gutegurira  hamwe.
Brigitte ati” Oya mama njye ntabwo mfite gutegereza.
.
Brigitte areba Sabine ati” Sabine uranyumvise??
Brigitte na Cloy barakomeza bajya hejuru.
Mama Denis areba Sabine ati” Subira mu kazi kawe ubareke.
Sabie yisubirira  mu kazi ke.
.
Kurundi ruhande Micky . Mia na Jovia  bari mu mazi barimo koga. Aho bari hari abantu batandukanye. Aho hantu ni ahantu heza  cyane abantu bakunda  kuza kuruhikira.
Eliya nawe ari aho hantu nawe ari mu mazi arimo koga, abona Micky mu mazi aramurangarira  cyane aba amugiriye crush maze atangira koga agana mu gace barimo kogeramo.
.
Kurundi ruhande  Gweni  na Denis baracyarikumwe.
Denis ati” Byakugendekye gute??
Gweni ati” Denis ni inkuru ndende   itari na ngombwa ko twavuga. Ahubwo umugore wawe ameze  neza.
Denis ati” Kuva nakubura  ibintu byose  byarazambye.
Gweni ati”Byarazambye gute kani ufit umugore  ufite umuryango.
Denis ati” Kubana na Brigitte  ntabwo byari amahitamo yanjye.
.
Gweni arabyumva maze aramureba ati” Denis wagiye mu kazi nanjye nkakora akazi?
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis iwabo mu rugo. Brigitte na Cloy barimo kuganira.
Brigitte ati “None mpa inama cloy. Ndakora  iki kugira  Company ijye  mu biganza bya Denis ko aribwo najye nayigiraho ububasha??
Cloy ati” Kugira ngo bishoboke nuko Papa Denis yaba adahari. Naho ubu ntabwo wabwira  Umugabo wawe ngo nasabe Papa we  kumwegurira Company  ayiyobore. Urumva se  byashoboka?
.
Brigitte ati” None ni gute Papa Denis ndaza gutuma aba adahari noneho Denis agafata Company? Ubwo se mutege amabandi amwice?
Cloy ati” Oya ibyo bishoboka kuba ingaru. Ahubwo muroge umumugaze  ntazasubire mu kazi.
.
Udacikwa na Episode 45

Comments