logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 43

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 43
.
Twaherutse  Denis abonye Gweni muri centre ahita  asana Shoferi ubatwaye guparika imodoka.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Umushoferi aparika  imodoka Denis areba inyuma aho abonye Gweni. Papa we  biramucanga abaza  Denis  icyo abonye kidumye avuga bahagarik imodoka.
Denis ati” Mbonye  inshuti yanjye ntaherukaga.
Papa Denis ati” Denis jya uba class usobanukirwe  neza  urwego rwawe. Uwo muntu ntabwo ari wowe  ukwiye  kumubona ugasamara.
Denis ati” Ariko papa  ko mba wagira  ngo ikintu cy’ubumuntu ntacyo muzi. Ndakubwiye ngo n’inshuti yanjye. Wenda mwihangane  kuba mbahagarikishije ariko mwihangane mbanze  murebe mvugane cyangwa se  mwe  mukomeze  njya ndaza  gushaka ukundi ngera  mu kazi.
.
Papa Denis ti”  Sohoka umurebe ariko ntutinde.
.
Denis  asohoka mu modoka areba Centre  hose ahantu yarabonye Gweni.  Aba arongeye aramubonye ahantu hari aka restourant gato  cyane maze agenda ahagana. Agenda amusanganira. 
Gusa agiye kumugeraho Gweni aba yinjiye mu nzu byibura  atanahindukiye ngo abone ko Denis yarimo aza aje kumureba. Gusa aho yinjiye Deis arahabonye.
.
Denis ahageze arinjira  mu ka restourant haimo abantu benshi. Araranganya amaso abura Gweni. Abaza umwe  mu baseriveri ati” Ndimo gushaka Gweni.
Umuservier ati” Gweni wuhe??
Denis ati” Ntabwo uzi Gweni
Umuseriver ati” Reka da.
.
Denis agerageza kumusobanurira  uko ameze.
Umuseriver ati” Ariko abantu bameze  gutyo ni benshi. Rero uwo muntu witwa Gweni urimo gushaka hano ntawe   nzi rwose.   Nonese  ntuboa ko abantu bose  bari hano.
Denis ati:” Ndamubonye yarahagaze  hano hanze  yinjiramo hano mureba.
Umuseriveri ati” Nonese  niba yinjiyemo hano  kiba  umutamubona nyine. Cyereka niba uvuga Mabuja. Kandi Mabuja  ntabwo yitwa Gweni.
Denis ati” Ese  nabonana nuwo mabuja wawe??
Umuseriveri ati” Reka mukurebere
.
Kurundi ruhande  Brigitte ari mu myenda arimo gutoranya umwenda agiye kgenda  yambaye. Ahitamo uwo ashaka maze arawambara. Yitera make up zose ashaka arangije ava mu cyumba aramanuka. Ageze muri Saro abona Mama Dens na Manda  bicaye  muri Saro.
Mama Denis ati” Ugiye he??
Brigitte araseka ati” Nonese  aho umuntu agiye atanga report??
Manda ati” Ariko Brigi ko numva ufite ururimi rw’agasuzuguro?
Brigitte ati” akahe gasuzuguro?
Manda ati” Jya umenya uko uvugisha Nyokobukwe.
Brigitte ati” Ibyo ndabizi ariko se  ikosa  nkoze  nirihe mubyo mvuze  nirihe?? ubu njye mbaha report yaho ngiye hose se??
.
Mama Denis ati” Ariko  narinkubajije bisanzwe.
Brigitte ati” Ngiye muri gahunda zanjye.
Mama Denis aramurebaaa ati” Ok
.
Brigitte arigendera.
Manda arumirwa ati” Nyamara Sisi uyu we agiye kuzatubera  ihwa. Tumwitege.
.
Kurundi ruhande  Denis  atagereje ubona Gweni. Umuseriveri aba aragarutse ati” Ndamubuze sinzi aho agiye.
Denis biramubabaza maze ava aho asubira  mu modoka  baragenda.
Papa Denis ati “ Ko ugarutse  ubabaye se  kandi uvuye kureba inhsuti yawe.
Denis ati” Ntakibazi papa.
.
Kurundi ruhande  Brigitte ageze  mu rugo kwa Papa we.
Papa Brigitte ati” Mukobwa  wanjye.
Brigitte ati” Karame papa.
Papa ati” ndaboa umeze  neza  cyane.
Brigitte ati” Meze neza  birenze Papa.
.
Papa Brigitte ati” Bimeze  gute hariya muri ruriya rugo.??
Brigitte ati” Byose  bimeze  neza.
Papa Brigitte ati” Oya ntabwo biramera  neza  kuko ntabwo urafatisha neza  ngo uhagire imbaraga.
Brigitte ati”  Ese Papa buriya hari igisigaye??   njye  na Denis twasezeranye ivangamutungo
Papa Brigitte ati” Oyaa  banza  ugire uruhare  no kuri company.
.
Brigitte ati” Narugira  gute se cyereka nimara  kuba umurage  wa Denis.
Papa Brigitte ati”Oya shaka uko utuma bishoboka  vuba.
Brigitte ati” Ibyo nabikora  gute??
Papa Brigitte ati” Umva ntabwo uri akamara  uri umukobwa  wanjye.
.
Tugaruke muri centre kuri ka ka Restourant ,  Gweni avuye mu gikari cyako wa Museriveri Eliya aza  imbere ye ati” Mabuja hari umugabo uvuye hano agushaka.
Gweni ati” Umugabo umeze  gute??
Eliya ati” Yari umugabo umeze  nk’umukire
Gweni ati” Ubwo Umukire waba uje kunshaka yaba arinde?
Eliya ati” Ariko simbuzi neza niba ari wowe yashakaga kuko  aje avuga ko ashaka Gweni.
.
Gweni arikanga.
Eliya ati” Nonese Mabuja waba witwa  Gweni??
Gweni ati” Yego.
Eliya araseka ati” Menye izina ryawe.
Gweni  nawe araseka ati” Kandi uri akamara!
.
Tugaruke  kwa Brigitte iwabo kwa Se.
Papa Brigitte ati Brigitte   kora  uko ushoboye urumva neza.
Brigitte ati” Yego papa.
Papa Brigitte ati” Musaza se  yaguhamagaye??
Brigitte ati” Oya.
Papa Brigitte ati” Agiye kugaruka mu Rwanda.
Brigitte ati” Ni byiza. Kubera  iki njye atamugishije uwo muswa.
Papa ati” Buriya araza kugumagara.
.
Tuze  mu rugo kwa Denismu masaha y’Umugoroba ahagaze mu cyumba, mama we aza kumureba.
Mama we ati” Mwana wanjye urumva umeze  neza?
Denis ati” Yego meze neza.
Mama Denis ati” Ese  urabona umugore wawe ameze neza.
Denis ati” Brigitte se hari ikibazo afite??
Mama Denis ati” Njyewe ndabona atari kumurongo.
Deis ati” Atari kumurong gute??
.
Brigitte aba arabinjiranye asanga bamuvuga.Mama Denis amubonye araceceka. Brigitte aza  imbere ye aramureba cyane mu maso.
Brigitte ati” Nonese  burya nuku Mabukwe aza kuvugavuga Umukazana we  imbere y’Umuhungu we.
Mama Denis ati” Nabazaga Umugab wawe  niba Umeze  neza.
Brigitte aseka ababaye ati” Ariko ibyo warikubibaza  njye apana umuhungu wawe. Ese  ubu ibi nabyita iki kandi.
.
Denis arabareba arabihorera we arimo kwibuka Gweni yabonye kare ariko yajya kumushaka akamubura. Ahita asiga mama we n’Umugore we arigender asiga  bahana ikinyarwanda.
.
Udacikwa na Episode ya 44

Comments