Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 42
.
Twaherutse mu gicuku Denis na Brigitte baryamye harinumber itazwi yahamagaye Denis ayitabye yumvise uhamagaye arikaga.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Denis yumvise uhamagaye ari ijwi rya Gweni arikanga. Gusa uhamagaye ntiyongera kuvuga.
Denis ati” Gweni….
Gweni araceceka ahubwo na telephone ivaho. Denis arahinduka yumva abaye ukundi areba Brigitte abona arasinziriye nuko ava mu cyumba yihuta cyane aza hanze arongera a compose iyo number yarimuhamagaye ntiyicamo. Biramubabaza yibaza ikibaye. Yumva umutima we ushyuha cyane. Arongera arahamagara nabwo biranga.
.
Mu cyumba Brigitte yihindukije yumva umugabo ntawuhari ahita akanguka abona Denis koko ntabwo ari mu buriri. Atekereza ko yaba ari muri toilet aramuhamagara. Uko amuhamagara akumva ntabwo yitaba. Arabyuka ava mu gitanda aza imbere y’Ubwiherero arongera aramuhamagara yumva ntabwo yitaba.
.
Arafungura abona ntabwo arimo aribazaati” Umugabo wanjye arihe mu giuku nk’iki
Ubwo nawe ava mu cyumba aza hanze ageze hanze abona Denis hakurya asa nuwataye umutwe afite telephone mu ntoki.
.
Brigitte agenda amusanga amugeraho ati”Ufite ikihe kibazo cyakuzanye hano hanze.
Denis ati” Nabuze ibitotsi.
Brigitte ati” Kubera iki??
Denis ati” Si ibintu bisanzwe bibaho se??
Brigitte ati” Nyine niki cyatumye ubibura kuo ntabwo umuntu apfa kubibura gutyo gusa.
.
Denis ati “ Wowe jya kuryama ibuka ko utwite.
Brigitte aramwitegereza cyane ati” Niki urimo kumpisha??
Denis ati” Kiki se.
.
Brigitte aramufata ati” Tugende.
Denis ati” Kandi nkubwiye ko nta bitotsi mfite.
Brigitte ati” Tugende ndagufasha kubibona.
.
Denis ati” Ntabwo wampatira kujya kuryama.
Brigitte ati” Ubwo turagumana hano hanze.
.
Denis abonye ko Brigitte yiyemeje maze aremera bagaruka mu nzu kuryama. Bajya mu buriri. Brigitte aramureba.
Brigitte ati” Mbwira ushaka iki nkufashe iki kugira ngo usinzire??
Denis ati” Ntacyo ubwo ndaza gusinzira.
Brigitte ati” Cyangwa tugire icyo dukora nkunanize.
Denis ati” Oya simbishaka.
Brigitte ati” Sure urumva utankumbuye??
Denis aramwihorera atangira kwisinziriza. Brigitte arabibona gusa nawe aramureka ntiyakomeza kumuhatiriza.
.
Buracya. Denis abyuka yitegura. Brigitte aguma mu buriri. Denis uko yakagiye koga Brigitte ahta afata telephone ye arebamo areba number yavuganye nayo ni joro igihe yamuhamagaraaga. Number arayibona maze arayandika yibaza ati” Uyu muntu waguhamaagaye mwavuganye maze agatuma uta umutwe bikarangira ubuze ibitotsi yarinde.
Number amaze kuyandika muri telephone ye arongera arisinziriza.
.
Kurundi ruhande abandi barimo kujya kumeza. Bose barahagera usibye Denis na Brigitte.
Mama Denis ati”Ese Denis na Brigitte kubera iki batinda kubyuka.
Manda ati” Si abageni se??
Mama Denis ati” Ubuse baracyitwara nk’abageni abantu bamaze amezi abiri babama.
Micky ati” Ameze abiri haba hakiri kare da kuburyo baba bakitwara nkab.
.
Tugaruke hejuru Denis asoje kwambara.
Denis ati” Ko utabyuka ngo ujye gufata ibya mugitondo??
Brigitte ati” Ubwire Sabine abinzanire hano.
Denis ati” Oya ntabwo abigusangisha hano ngwino tujye gusangira n’abandi.
Brigitte ati” Njyewe nshaka kubifatira hano.
.
Denis aramureka arimanukira. Akimara kuva mu cyumba ntakindi Brigitte yakoze ahita afata ya number akuye muri telephone ya Denis maze arayihamagara ashaka kumenya umuntu wavuganye na Denis ririya joro.
.
Denis ageze hasi.
Mama Denis ati” Igitondo cyiza Muhungu wanjye.
Denis ati” Urakoze mama mwese igitondo cyiza.
Mama Denis ati” Brigitte arihe ko mutazanye??
Denis ati” arshaka ko Sabine amushyira ibye mu cyumba.
Manda aratangara ati” Kubera iki adashaka kuza hano??
.
Denis ati” Ngo arashaka kuguma mu cyumba.
Manda ati” Ndumva atangiye gutanga amabwiriza da!
Mama Denis ati” Oya agomba kuza hano .
Denis ati” Yabyanze.
Mama Denis areba Sabine ati” Sabine jya kumubwira aze hano kumeza.
.
Sabine arazamuka ajya kumubwira.
.
Brigitte baje kubwira arimo kuvugana na Papa we kuri telephone.
Brigitte ati” Ntakibazo ubwo turaza kubonana.
Sabine aramukomangira Brigitte aramubwira ngo niyinjire. Arinjira.
.
Brigitte ati” Ko mbona uje gutyo gusa??
Sabine ati” Barambwiye ngo ujye kumeza.
Brigitte ati Navuze ko njyewe nshaka kurira hano.
Saboe ati”Ariko njye barambwiye…
Brigitte aramukabukira ati” Genda ubizane hano gira vuba.
.
Sabine agaruka hasi akonje cyane.
Mama Denis ati” arihe??
Sabine ati” Arabyanze ngo ntabwo ashaka kuza umeza ngo mbimushyire.
Manda araseka ati” Mabuja mushya rwose yabonetse.
.
Papa Denis areba Denis ati” Denis njye nashoje niba nawe washoje twigire mu kazi.
.
Denis na Papa we barahaguruka barigendera.
Manda ati” None muramushyira se cyangwa ??
Mama Denis ati” Genda umubwire aze hano hasi abyifatire abijyane.
.
Sabine agaruka kumubwira uko bamubwiye. Brigitte biramurakaza avuga atongana.
Brigitte ati” Ariko se wowe ufite ikihe kibazo?? gufata ibyo unzanira ukabizana bisaba iki wagakobwa we.
.
Sabine nawe agaruka kuvuga uko avuze.
Manda araseka cyane ati” Ko numva se atangiye kwiyumva nkaho azajya atanga amategeko hano??
Mama Denis arahaguruka ajya kumwirebera.
.
Abandi mu nzira barimo kugenda.
Papa Denis ati” Denis kugaruka kwawe neza mu kazi urabona ko birimo gufasha company. Nejejwe nuko ubu usigaye uri focus.
Denis ati” Urakoze papa.
.
Mama Denis ageze mu cyumba cya Brigitte aramureba ati” Kubera iki utashatse kumanuka ngo usangire natwe kumeza habaye iki??
Brigitte ati” Numvaga ntashaka kumanuka hasi pe?
Mama Denis ati” Nyine kubera iki??
Brigitte ati” Kubera ko ntabishakaga gusa ariko kandi ibyo ndumva ntakibazo kibirimo.
Mama Denis ati” Twese hano duhurira kumeza igihe kimwe kandi twese.
Brigitte ati” Igihe se umuntu atabishaka??
Mama Denis ati” Twebwe hano ntabwo twitandukanya. Nta mpamvu iba ihari yo kutabishaka. Gusangirira hamwe nka familly n’igikorwa twubaha.
Brigitte ati” Ok. Ariko igihe umuntu atabishaka aba atabishaka. Kandi sinumva ko gusangira ari itegeko.
.
Mama Denis ati” ariko ko numva utangiye kugira ururimi rumeze ukuntu.
Brigitte ati” Ururirimi rumeze gute??
Mama Denis ati” Brigitte ukwiye kubaha umuco wasanze muri iyi nzu.
Brigitte araseka ati” Ariko mama njyewe ntabwo naje kubaha amategeko ya hano.
Mama Denis agwa mu kantu!
Brigitte ati” Mama hano nyumva neza ntabwo mvuze nabi. Njyewe nziko mu rugo abantu babaho uko bashaka.
Mama Denis ati” Twe hano rero dufite umuco kand ibyo warusanzwe ubizi neza. Sabine ntabwo ari umukozi wawe ni Umukozi wa hano muri rusange. Ibyo akorfa abitegurira twese ntawe abitegurira kugiti cye.
.
Denis na Papa we barimo bagenda hari karitsiye baciyemo. Denis abona Gweni kumuhanda ahita asaba Shoferi wabo guparika imodoka.
.
Udacikwa na Episodeya 43
Comments