Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGARY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 41.
.
Duheruka Denis yampitse impeta Brigitte.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Denis amaze kumwambika impeta barahoberana Brigitte abyishimiye cyane bikomye cyane kubera ko nyuma na nyuma icyo yarwaniye yarakibonye. Gusa nubwo Denis amaze kumwambika impeta muri we ntabwo umutima we unezerewe.
.
Brigitte areba impeta maze afata telephone ahita ahamagara inshuti ze kuri video call abereka ko amaze kwambara impeta.
.
Denis arazamuka aza mu cyumba aricara aratekereza. Atekereza kubyo akoze by’amaburakindi.
Micky na Manda baraje basanga Brigitte yambaye impeta afite akanyamuneza baramufelecita.
Brigitte ati” Nyuma na nyuma birabaye.
Micky ati” Ubu urabikoze rwose.
Manda ati” Ntureba. Abantu bose nurwego rwabo.
Brigitte ati” Ubundi iriya nturumbutsi y’Umukobwa yarivuye hehe..
.
Micky na Manda baza mu cyumba cya Denis baza bamushimira.
Micky ati” Musaza wanjy ndakwishimiye cyane.
Manda ati” Wabikoze. Ubu uhagaze mu mwanya mwiza.
.
Micky amwegera yihuta cyane amugwamo aramuhobera
Micky ati” Mbere umbabarire amagambo mabi nakubwiye ariko narimbabajwe nuko nabonaga utangiye gufata icyemezo kidakwiye.
Manda ati” Kuko ntubona ko waruberanye na Brigitte. Uriya wundiyarinde.
Micky ati” Uretse ko yahise anamwiyereka. Akimara kumva hari Umwana bagutwitiye yahise yiruka arahunga.
.
Hasi muri Saro Brigitte arimo kuvugana na Papa we kuri phone amwereka impeta yambaye.
Papa ati” Ntureba njyewe narimbizi ko uzabigeraho ntabwo wagombaga kwicara ngo urebe ibyawe bigenda.
Brigitte ati” Byabay papa.
Papa ati” Nuko rero uzi neza icyo ugomba gukora.
Brigitte ati” Ndabizi cyane.
.
Mama Denis na Papa Denis baratashye basanga Brigitte yambaye impeta barabyishimira .
Mama Denis aranezerwa cyane afata agatoki ka Brigitte kambaye impeta arakareba yishimye cyane ati” Mukazan wanjye ndanezerewe cyane
Brigitte ati” Nanjye ndanezerewe mama kandi ndagushimiye ko wambaye hafi cyane.
.
Mama Denis ati” Yego Mukazana wanjye nicy nagombaga gukora.
Papa Denis ati” Ni byiza cyane.
.
Manda na Micky bava mu cyumba cya Denis maze baza hasi muri Saro bose bagaragaza ibyishimo byabo.
.
Mama Denis aza hejuru mu cyumba kureba Denis maze aramushimira cyane ati” Mwana wanjye wafashe icyemezo cyiza. Ni byiza kuba wemeye gufata inshingano.
Denis ati’ Yego.
Mama Denis ati” Ukwiye kunezerwa. Kandi. Ahubwo reka duhite dutegura ibya Mariage. Ahubwo ngwino hasi tujye kumeza.
.
Baramanukna baza i hasi kuri dinner.
Barimo barya banezerewe Papa Denis areba Denis ati “ Denis byose narinakwambuye wongere ubifate.
Denis ati” Oya singombwa Papa.
Papa Denis ati” Ni ngombwa.
Denis ati” Njye kwiberaho gutya ntacyo bintwaye.
Papa Denis ati” Nashakaga kurinda ibyawe suko narimbikwambuye urumva.
Mama Denis ati” Ahubwo mureke tuvuge kuby’ubukwe.
.
Batangira kuganira kubyubukwe.
Bidatinz nyuma ya gahe gato cyane bakoze ubukwe bw’akataraboneka barabana. Ubukwe bwitabirwa n;abakomeye gusa imiryango ikomeye.
.
Gusa aho mu bukwe akanya ku kandi Jennifer akajya abwira Mama Denis ko bafashe icyemezo kibi kugera aho bitangiye kuba ikibazo baranashwana. Ubukwe burangiye abageni bajya kuba mu rugo kwa Denis n’ubundi ni urugo rugari cyane.
.
Barabanye iminsi irashira indi iraza. Hashize ukwezi mu masaha y’ijoro mu cyumba cy’abageni baryamye ni joro. Telphone ya Denis irasona arayifata abona ni number atazi aritaba, akitaba yumvise uhamagaye arikanga.
Udacikwa na Episode 42
Comments