Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 40
.
Duheruka Brigitte yishimira insinzi y’agapangu ke yakoze neza kagacamo.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Brigitte arimo kunkwa agakawa yishimye cyane. Mugihe Denis aryamye mu cyumba ye we yuzuye akababaro. Muri we arimo kwibwira ati” Gweni ibyo wakoze ntabwo wakabaye wabikoze. Yibuka ubwo ni joro bavuganaga kuri Telephone maze Brigitte akajya amuvangira agera aho amubwira ko anatwite inda iya Denis.
.
Hasi muri Saro, Brigitte arimo kwikora ku nda agaseka. Manda na Micky bakamureba.
Brigitte ati” Habuze gato naringiye kubura Umugabo wanjye iyo ntagira ubwenge.
Micky ati” Congs kbsa ubundi kuki mbere hose ubu bwenge butaje mbere.
Manda araseka ati” Haburaga inda.
.
Uwo mwanya Mama Denis ageze mu rugo arikumwe n’inshuti ye Jennifer bakigera muri Saro Jennifer ahuza amaso na Brigitte.
Mama Denis ati” Jennife wakwizera ko se vuba ngiye kuboa umwuzukuru.
Jennifer ati” Gute se
Mama Denis ati” Umukazana wanjye aratwite.
Jennifer ati” Uwuhe mukazana??
Brigiite ahita avuga ati” Njyewe . ariko ko uba wirengagiza nkana.
Jennifer araseka at” Wowe se uratwite??
Brigitte ati” Cyane.
.
Mama Denis arakomeza abanza kujya mu cyumba. Jennifer na Brigitte bagumana aho barebana.
Jennifer ati” Brigitte wihangane njye sindya indimo ariko uri icyago ntabwo mbona ubukazana bwawe hano.
Brigitte ati” Ufite ikihe kibazo ko ntagiye kuba Umukazana wawe.
Jennifer ati” Nuko hano batabona ariko mbabajwe nuriya mwana w’umuhungu ugiye koroha.
Brigitte araseka ati” Ariko ayo ni amashyari yo kuba Denis atarigeze akunda Umukobwa wawe??
Jennifer ati” Njyewe ntabwo njya nivanga mu mubano w’abana. Denis yaba aatarakunz Umukobwa wanjye ibyo ntacyo bisobanuye.
.
Mama Denis aba aragarutse areba Jennifer ati” Tujye kwiyicarira hanze?
Jennifer ati” Ntakibazo.
.
Jennifer arahaguruka baza kwicara hanze.
Jennifer ati” Mama Deni, Brigitte ni icyago cy’Umukazana ugiye kwikururira.
Mama Denis ati” Oya pe! Brigitte ndamuzi bihagije.
Jennifer ati” Nyamara abo wibwira ko uzi ntanakimwe uba ubaziho. Ariko uriya mukobwa wanze ntacyo yahishaga nakimwe.
Mama Denis ati” Ese koko ukomeje kuvuga gutyo! Buriya wabona Gweni yambera umukazana??
Jennifer ati” Kubera iki se? Sinzi impamvu utigeze ubona ko uriya mukobwa yariwe mukazana muzima. Umukobwa utarishishikajwe n’icyubahiro. Umukobwa warikubasha kwita kumuhungu wawe ibihe byose.
.
Mama Denis azunguza umutwe ati” Oya pe! Ntabwo yari kurwego rwo kubana n’Umuhungu wanjye.byonyine uko asa naho akomoka.
Jennifer ati”Nyamara uko umuntu asa nubwo tubyirengegiza ntanakimwe biba bisobanuye.
Mama Denis aratangara ati” Uvuze ngwiki? Ugiye kuvuga ko ubu smartness ntacyo aricyo se??
Jennifer ati” Sicyo nsobanuye. Ariko si ibyadanger kubera ko Gweni nawe abonye amafaranga yasa neza ntawe bitabera. Ariko sicyo cyambere. Icya mbere n’ubu smartness bwo mu mutwe n’intego nzima umuntu aba afite. Kandi uriya mukobwa naramwitegereje njyewe mubonamo ikintu.
.
Mama Denis afata ikirahuri cya wine arasoma.
.
Kurundi ruhande Brigitte yaje kureba Denis mu cyumba yicara kuburiri.
Brigitte ati” Denis ntabwo igihe cyose urakimara hano mu cyumba nkaho wabaye imfungwa muri icyo.
Denis ati” Nshaka kuba ntuje.
Brigitte ati” ahubwo reka dutangire dutegure ubukwe.
.
Tugaruke hanze.
Jennifer ati” ahubwo niki twakabaye dushingiraho duhitamo abakazana beza? Ni background yabo nuko basa, cyangwa ni ikiri muri bo. Status y’Umukobwa igaragara siyo twagashingiyeho. Kubera ko akenshi status tubona niyo baba baduhitiyemo kureba.
Mama Denis arabyumva abitekerezaho.
.
Amasaha arisunika.
.
Bidatinze Mama Denis yaje kuganira na Denis.
Mama Denis ati” Denis reka dupange ubukwe bwanyu. Ndumva ntakindi ugitekerezaho. Ba umugabo ufate inshingano. Urumva.
Denis ati”Mama, Brigitte siwe wakagombye kuba Umugore wanjye.
Mama Denis ati”Kubaka urugo ntabwo bishingira kurukundo.
Denis ati” Bishingira kuki se?
Mama Denis ati” Iyo ujya guhitamo umuntu mukwiye kubana ntabwo ushingira kumarangamutima y’urukundo ushingira kucyo umuntu azamara mu buzima bwawe. Urumva. Brigitte ni umukobwa ufite background nziza ava mu muryango muzima. Ikindi ni mwiza yaguhesha ishema, ikindi afite Umwana wawe mu nda ye. Ariko se reka tujye kuri Gweni.
.
Denis aramwumva.
Mama ati” Gweni uretse kuba ari agakobwa mwahuye gutyo gusa karaho. Icya mbere background yako ni agakene karaho gakomoka mu muryango utazwi. Ntikize bihagije sinakeza ku isura, iyo ubana nako ntacyo karikuba kazanye mu buzima bwawe ahubwo ko karikungukira kuri wowe. Ubwo se wowe ntubyumva.
.
Denis yitsa umutima.
.
Mama Denis ati” mwana wanjye sinigeze narimwe nkwanga. Ahubwo se nihe umubyeyi yahitiramo Umwana we ikintu kibi?? tera intambwe ufate inshingano. Bana na Brigitte.
.
Mama ava aho aragenda.
Umunsi ukurikiyeho, Denis afite impeta, Brigitte araza aza imbere ya Denis. Denis areba impeta arayitegereza cyane. Brigitte biramurenga cyane.
Denis aramureba ati” Brigi twirengagije ibyabaye byose, nabitekerejeho neza none ndagira ngo nkusabe ko wambera Umugore.
.
Brigitte abyemera yihuse cyane maze Denis amwambika impeta.
.
Udacikwa na Episode ya 41
Comments