logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 53

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUAZANA WIRABURA.
.
Episode 53
.
Twaherutse  Denis ageze  mu rugo asanga iwabo mu rugo bose  baramutegereje.
.
Umwanditsi Chris nadi Ishimwe.
.
Denis arabareba ati” Nikihe kibazo??
Brigitte avugana umujinya ati” Nyuma y’amafoto nkweretse  urimo kubaza  ngo n’ikihe kibazo??
Denis ati” Ibyo ni amafoto  gusa ariko se  nyine n’ikihe kibazo?
Mama Denis yarakaye Denis ati” Denis ukwiye gukorwa  n’isoni.  Umugabo ufite umugore unitegura kwibaruka ukajya kubonana n’undi mukobwa  kugeza nubwo uraranye nawe  ugataha mu gitondo.
Denis arebe Mama we ati” Mama wowe  inkuru yanye ntayo uzi
Mama Denis avugane umujinya ati” Inkuru yawe  uvuga se  ntazi niyo guca Umugore  wawe inyuma
.
Brigitte akungure  ati” Denis urmbabaje cyane sinzi mpamvu ukomeza  kunsuzuguza  gutya, niki kibi nagukoreye.
Denis amurebe yibuke Gweni amubwira ko abanu baje iwe kumwataka bakamushimuta bari boherejwe na Brigitte.
Amaze kubyibuka arebe Brigitte ati” Nkubwo wowe urimo gusakuza ufite iki cyo kuvuga wa mwicanyi we.
.
Abandi bagwa  mu kantu!
Mama Denis ati” Kubera iki utangiye kwita Umugore wawe umwicanyi??
Denis ati” Uyu yohereje abantu ngo bajye kwica none arimo kwigira  intungane yiriza  hano.
Mama Denis ati” Ahubwo kuki atamwishe ngo apfe burundu biranngire.
Denis areba mama we  yumiwe!
Mama Denis ati” Yego abarozi bose baba bakwiye gupfa. Ahubwo wowe ufite igisebo kuri wowe subiza  ubwenge bwawe  kumurongo.
.
Denis arabareba gusa agiye kubareke ngo yikomereze  Brigitte aramwitambika ati” Denis wishaka kunsha amazi gutya. Winsuzugura ngo ukabye. Njyewe  narwanye urukundo rwanjye ariko se wowe wakoze  iki??
Denis araseka at” Ese  utekereza  ko mbana nawe  kubera  urukundo??
.
Denis arikomereza  Brigitte arababara ati” Mwamwumvise  koko!
Mama Denis ati” Ihangane reka mvugane nawe.
.
Tuze  kuri Restaurant Gweni arimo gushimira  Eliya ukuntu yabashije gusigara  ku kazi neza.
Eliya  ati”  nagombaga gusigara  ku kazi neza  kubera  ko akazi ni akacu  twese.
Gweni ati” Nkunda  ubwenge bwawe.
Eliya ati” Ahubwo  wowe  byagenze  neza??
Gweni ahita yibuka ibihe  yagiranye na Denis maze arikiriza ati” Yego byari byiza  cyane.
Eliya ati” ariko banza ukunda uriya Mugabo  cyane nubwo inkuru yanyu itegeze  ihura.
Gweni ati” Haba hariho ibisitaza  byinshi ariko amaherez inkuru iyo yatangiye iba iomba kuzarangira.
Eliya ati” Mu buryo bwiza se  cyangwa  bubi.
Gweni ati” Yego.
Eliya ati” Basi iyanyu izabe nziza.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis mama we arimo kumutonganya.
Mama Denis at” Denis ongere  wisuganye ube umugabo muzima.  Uriya mukobwa wongeye kujya guhura  nawe mu biki??
Denis ati” Mama , mwanyambuye urukundo rwanjye.
Mama ati” Ahubwo icyo utazi twarakubohoye. Denis uriya Brigitte afite umwana wawe mwarasezeranye, ese  urashaka kwiruka ugasanga  ihabara ritanashinga ugasiga Umwana wawe. Njyewe  narinzi ko watekereje neza maze ufata umwanzuro muzima.
Denis aricara.
.
Mama we ati” Muri aka kanya papa wawe ameze  nabi hari n’igihe atazongera  gusubra mu kazi. Rero company n’Umuryango wawe  nicyo bigukenereye kuruta ikindi gihe cyose. Wabaye Umugabo wa mwana we ubu uracyari muri za nsoresore ziruka inyuma y’urukundo? Denis  ongere  utekereze  neza.
.
Mama we amaze  kumutonganya amanuka hasi
Brigitte ati” arakumvise se??
Mama Denis ati” Mvuganye nawe uze kwihangana nubwire andi magambo menshi. Wowe ihangane ukomeze  umwitwareho neza.
Brigitte ati” Njye ntakibazo. Ariko ikigaragara ntabwo Gweni agiye kuduha amahoro.
Mama Denis ati” Nanjye aho bigeze ngiye kugira  icyo nabikoraho.
.
Telephone ya Brigitte irasona abona Charles arimo guhamagar ahta asohoka hanze ajya kwitaba.
Brigitte ati” Wowe wampaye amahoro ko hano muri aka kanya  hari ibitameze neza.
Charle ati” Umva Musaza wawe akeneye amafaranga kandi niyo mpamvu uraho.
Brigitte aramukupa.
.
Kurundi ruhande  muri restaurant ya Gweni Mia na Jovia bagarutse kuharira. Eliya ababonye aza kubakira.
Mia ati” Twakunze  hano uko muteka niyo mpamvu tugarutse.
Eliya ati” Murakoze   cyane rwose  muri sanga. Ahubwo tubakirize  iki??
Batanga comande.
.
Elita ajya kubategurira, uwo mwanya Gweni aba araje aza  hafi yabo bamubonye bagwa  mu kantu  nawe ababonye arikanga, gusa arabisbanganya muri we.
Gweni ati”  Tubakirize  iki??
Mia na Jovia birabacanga babura  nicyo bavuga.
.
Udacikwa  na Episode ya 54

Comments