Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 54.
.
Twaherutse Gweni ahuye na ba Mia na Jovia ubwo bari baje kurira muri Restaurant ye.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Mia na Jovia baguye mu kantu kubona Gweni ahagaze imbere yabo bagiye gahaguruka ngo bagende, Gweni arababuza.
Gweni ati” kubera iki mushaka kugenda?
Mia ati” Ariko kugenda ni uburenganzira bwacu.
.
Uwo mwanya Eliya aba azanye commande bari bamuaye abibatereka imbere.
Gweni ati” Mutuze mufate commande mwarimwatse. Ibyabaye hagati yanjye namwe n’inkuru yarangiye njye namwe ntacyo dukwiye gupfa
Bamureba nkabatabyumva neza.
Gweniati” Niko bimeze kuki mwakwiruka murimo guhunga iki??
.
Gweni ahita abava imbere aranigendera. Eliya arabareba ati” Mutuze mwishimire icyo kurya cyanyu. Ahubwo kubera iki mutazanye na Micky
Mia ati” witubaza ibya Micky nawe uratekereza yakongera kugaruka hano n’uburyo umubangamira?
Eliya ati” Nonese kuba umuntu akunda umuntu bimubangamia gute ko ntamuhatiriza. Urukundo ntabwo ari icyaha.
.
Jovia ati” Ngaho genda ureke twirire.
Eliya abava imbere aragenda.
.
Tuze mu rugo kwa Denis arikumwe na Brigitte mu cyumba.
Brigitte ati” Denis mu byukuri nirihe kosa ryanjye rituma umbabaza bingana gutya??
Denis ati” Njyewe ntabwo nkubabaza ni wowe wibabaza.
Brigitte ati” Gute nibabaza kandi nkukunda.
Denis ati” Ariko urabizi ko njyewe ntagukunda nabanye nawe kubera Umwana.
Brigitte ati” Ubuse uzabasha guha Umwana urukundo utahaye mama wawe.
.
Brigitte amufata ibiganza ati” Denis ndabizi ko uyu atari wowe ari umutima wawe uriya mukobwa yaroze. Ariko nzi neza ko igihe kimwe wowe ubwawe uzibonera ukuri. Guhera uyu munsi ngiye kuguha uburenganzira bwawe njyewe niturize mbe umugore wo mu rugo kuzageza igihe uzabonera ukuri kwawe.
.
Denis ahaguruke afate ikoti yambare.
Brigitte ati” Nkeneye amafaranga hari utwo nshaka kwikorera.
Denis ati” Ukeneye amafaranga angahe??
Brigitte ati” 300K
.
Denis aramwoherereza kuri Telephone.
Brigitte aramushimira, Denis ava aho mu cyumba aragenda. Akimara kuva aho Brigitte aramuturika aramuseka ati” Yewe uri ikimara nanjye ntabwo wigeze uba mu mutima wanjye. Ariko ndagufite ibyo wakwigira byose.
.
Denis ageze hasi ahura na Mama we.
Mama Denis ati” Ni Ubu ni wowe mugabo uhagaze. Papa wawe ameze nabi. Kandi birimo kugenda biba umunsi kuwundi. Rero ndashaka ko wisuganya ukaba umugabo ukagira gahunda. Genda witabe Papa wawe aragushaka.
.
Denis ajya kwitaba Papa we.
.
Kurundi ruhande muri Restaurant Micy na Jovia barimo kurya baryohewe . Jovia ahindukye abona Eliya abahanze amaso arimo kubareba.
Jovia ati” Kariya gasore kaba kareba iki?
Mia ati” Ariko ushobora no gusanga ari Umwana mwiza nuko ari agakene.
Jovia ati” Dutumeho ibindi.
.
Bongera gutanga indi commande. Uwo mwanya Micky nawe aba arabahamagaye video call baramwitaba.
Micky ati” We murihe??
Mia ati” Twagiye kurya.
Micky ati” Mwagiye kurya he iwanyu nta biryo bihaba.
Mia ati” Njyewe abakozi bo mu rugo ntabwo bateka ibiryo biryoshye nkaha,
Micky ati” ariko muri abasazii,
Mia ati” Yego. Ahubwo uzi icyo twabonye hano.
Micky ati” Mwabonye iki??
Jovia ati” Gweni.
Micky ati” Gweni mwamubonye he ?
Mia ati”Niwe nyiri iyi restaurant,
Micky agwa mu kantu!
Mia ati” Natwe twatunguwe cyane.
Micky ati” None muracyahicaye murimo kurya.
.
Uwo mwanya Gweni aba araje baramubona bahita bamshyira muri video kugira ngo Micky amubone.
Micky amubonye arumirwa. Mama Denis aje muri Saro asanga Micky avugana na ia video call maze nawe ajya muri Video agiye muri Video aba abonye ahantu ba Mia barimo kurira abona Gweni.
.
Kurundi ruhande Denis ahagaze imbere ya Papawe umaze nabi cyane.
Papa we ati” Denis urabona ko njye ntameze neza kandi birimo kugenda birushaho kuba nabi. Muri aka kanya Company nyishize mu biganza byawe ibaye umurage wawe.
.
Udacikwa na Episode 55
Comments