Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
BANYA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 52
.
Twaherutse Brigitte yakiriye amafoto ya Gweni na Denis ubwo yarategereje Denis ni joro.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Akimara kubona ayo mafoto Denis arikumwe ns Gweni agwa mu kantu arikanga cyane kandi aheruka atanga amabwiriza ngo Gweni yicwe. Arasakuza cyane avuga ati” Ko wowe nzi ko wapfuye ni gute umuzimu wawe wongey kugaragara? Arasakuza cyane n’abandi bari mu nzu barabyumva maze buri wese aho aryamye aza yihuta aje kureba icyo Brigitte abaye.
.
Basanga yababaye cyane arimo gusakuza Mama Denis aramufata ati” Brigitte tuza utubwire niki kibaye??
Brigitte ati” Umuhungu wawe ntabwo ygeze ahinduka ntabwo anyitayeho nk’umugore we.
Mama Denis ati” Uravuga ibiki ko nziko Denis mu meranye neza.
Brigitte ati” Oya.
.
Manda ati” Nyine ko utavuga n’ikihe kibazo kibaye??
Brigitte abareka amafoto bamwoherereje.
Mama Denis ati” Ubuse aya mafato wayizera??
Brigitte ati” Ni gute ntayizera.
Manda ati” uyu muntu se ninde uguhaye ayo mafoto??
Brigitte ati” Ni inshuti yanjye.
Manda ati” Brigitte jya witondera inshuti ufite.
Brigitte ati” Ubwo inshuti zanjye nizo mushaka guhindura abanyabibinyoma.
Micky ati” Brigitte ntabwo wahita wizera ayo mafoto, kubera ko ushobora nogusanga ayo mafoto ari aya cyera .
.
Brigitte ati” Aya mafoto ni mashya. Uwabafotoye avuze ko yabafotoye uyu munsi ngo bari aha hantu mu ishyamba.
Manda ati” Gweni ko yari yaraburiwe irengero se yongeye kugaragara gute??
Brigitte ati” Ahubwo ni gte Denis yongeye gukururana nawe?
Mama Denis ati” Reka dutgereze Denis nibwo tuza kuba twamenya ukuri kuzuye.
Brigitte ati” Ubu se murabona afite gahuda yo kuzagutaha.
.
Mama Denis ati” Brigitte mukazan wanjye gira umutima wihangana utegereze mpaka atashye tuze kumenya ukuri
Brigitte ati” Ubuse ndategereza kugeza ryari??
Mama Denis ati” wowe ryama naba atashye tramubona.
.
Brigitte yicara kugitanda biramucanze.
Mama Denis ati” Brigitte jya mu buriri uryame.
Brigite ati” Sinzi ko nabasha kuryama.
Mama ati” Wowe ba wirambitse.
.
Mama Denis akomeza kumwinginga mpaka yemera kujya mu buriri araryama. Amaze kuryama bava mu cyumba cye bagenda baganira.
Mama Denis ati” Uriya murozi arongeye agarutse mu buzima bw’abana banjye. Ubu ndakora iki??
Manda ati” Ahubwo se ni gute Denis yongeye kuba yakururana nuriya ukobwa kandi yarashatse afite umugore?
Mama Denis ati” Uriya mwana agiye kongera kuvanga ibintu kand byari bimaze kuba byiza.
.
Tuze mu ishyamba mu rukerera rwa mugitondo, Gweni afuguye amaso asanga bwacyeye arebye abona Denis yabyutse kare. Nawe arabyuka ava mu nzu ageze hanze asanga Denis amaze gutegura breakfaste. Gweni araseka.
Denis aramureba ati” Koko ijamborya mbere umbwiye n’ukunseka??
Gweni ati” Ntabwo nkusetse ahuwo ndanezerewe cyane kubera ko ikigaragara umeze kwiga byinshi.
Gweni amugeraho barahoberana.
Deis ati” Wagize ijoro ryiza se??
Gweni ati” Cyane.
Denis ati” None…
Gweni araseka ati” Kandi ubwo urashaka ngo nawe nkubaze.
Denis ati” Cyane rwose.
Gweni ati” Ndakubajije.
Denis ati” Ryabaye ryiza cyane. Ntakiza kibaho nko kurara hafi y’uwo ukunda.
.
Tuze mu rugo kwa Denis Brigitte abyutse asakuza avuga ko Denis yaraya adatashye. Abandi nabo barikanga ntabwo bumva ukuntu bishoboka.
Brgitte yarakaye cyane.
.
Mama Denis afata telephoe ahamagara Denis asanga Telephone ye ni Compose.
.
Tugaruke mu ishyamba barimo kwifatira breakfaste bamze neza baseka.
Denis ati” Kuva nabana na Brigitte nagihe kimze gutya ngo numve ngwe neza ntekanye gutya.
Gweni ati” Honey ….nako Denis.
Denis ati” Oya cher komeza gutyo …
Gweni araseka ati” uyu munsi ndajya mu kazi ntabwo nakomeza gutererana Eliya.
Denis ati” Nibyo.
Gweni ati” Kandi nawe singombwa ko uza kwishyira mu bibazo.
Denis ati” Yego, kandi aka kanya twamaranye kabaye igihe kidasanzwe. Gweni I love you.
Gweni ati” I loe you too.
Denis ati” Wowe ntegereza wihanganye sibyo??
Gweni ati”Yego
.
Bidatinze bavuye aho Gweni agaruka mu kazi, Denis nawe arataha ageze mu rugo asanga bose baribamutegereje. Brigitte ahita amwereka amafoto babafotoye.
.
Udacikwa na Episode ya 53
Comments