Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 51
.
Twaherutse Denis asabye Gweni ko baza kwirarira aho Gweni arabimwemerera.
.
Umwanditsi ni Chris Nandi Ishimwe.
.
Mu ka Restaurant ba Micky barimo kurya, Eliya nawe abahanze amaso ntabwo ayabakuraho.
Jovia ati” Ariko we njye ndumva bino biryo biryoshye.
Mia ati” Nanjye ndumva biryoshye.
Micky nawe agiye kuvuga ko biryoshye abona Eliya arimo kubareba bahuza amaso maze ahita ahinduka aravuga ati” Hano bateka nabi.
Mia na Jovia barumirwa.
Jovia ati” Ese uvuze ko bateka nabi kubera kariya gasore??
Micky ati” Mureke tugende bino biryo bitadutera mu nda.
Mia ati” twe turabanza tubimare kuko biraryoshye.
Micky ati” So ubwo njyewe ngiye hanze muransanga hanze.
.
Agiye guhaguruka baramufata.
Mia ati” Ufite ikihe kibazo
Mickyati” Njye sinshaka kuguma hano
Mia ati” Ariko natwe ntabwo tugiye kuhaguma ntabwo wadusiga.
Jovia ati” Niba udashaka kurya icara udutegereze.
.
Mia ati” Ahubwo se bigenze bite ko nawe warimo ubirya.
Elya akomeje kubareba arimo kureba Micky cyane . Micky arahaguruka agenda amusanga aza imbere ye.
Micky ati” Urimo kureba ibiki??
Eliya ati” Narebaga wowe.
Micky ati” Kubera iki??
Eliya ati” Kubera ko nkukunda.
Micky ati” Uri umusazi wa gasore njyewe ntabwo ndi mu rwego rwawe.
Eliya ati” Ibyo kuba ntari mu rwego rwawe se nye bindebaho iki??
Micky aratangara ! ati Ngwiki??
Eliya ati” Micky njyewe icyo nitayeho nuko nkukunda nuko nakubonye ndagukunda ntabindi.
Micky ati” warasaze rero.
Eliya araseka ati” Niba aruku umuntu asara njye nabikunze cyane.
Micky ati” Urimo kwishuka cyane kuko njyewe ntaho twahurira na hamwe.
Eliya ati” Ikibazo cyanyu abakire rero ni kimwe. Nuko agaciro kanyu usanga mu kabarira mu mafaranga. Ubwo se igihe amafaranga yabashiranye.
Micky ati” Ntabwo wowe wadtera umwaku.
Elya ati” Yewe njyewe ntabwo nakwifuza ko mkene kuko byambabaza kubona Umukobwa nakunze abayeho muri depression.
.
Micky aramurebaaa maze amuva imbere arasohoka aragenda. Mia na Jovia basoje kurya, Eliya aza gukuraho amasahani. Jovia na Mia bamushimira uko bateka bamuha na tip
Mia ati” Ariko witonde Micky tabwo ari ikiciro cyawe w’agasore we.
.
Nabo barasohoka baragenda.
.
Tuze kuri Brigitte na Charles bahagarutse aho bari bicaye.
Charls ati” Bitarenze ejo amafaranga mbe nyabonye.
Brigitte ati” Ese ko wibwira ko ahari hari ahantu amafaranga ari ndajya kuyafata nkayoereza.
Charls ati”Umugabo wawe ntacyp ataguha.
.
Kurundi ruhande Papa Denis bamuzanye kwa Muganga ngo barebe ikibazo agize. Bamugejeje kwa Muganga baukorera ibizame byose bishoboka ariko babra indwara. Bapfa kumuha imiti iraho yaba imufasha maze barataha. Mu modoka bataha.
Mama Denis ati Nonese ubu turamenya ibi ari ibiki?? urimo kubabara aiko babuze indwara.
Manda ati” Bijya bibaho ko indwara idahita yigaragaza.
.
Mu nzira ba Micky bagenda.
Mia ati” wasebeje ibiryo bya bandi kandi njyewe hariya hantu numvise bafite umwihariko.
Jovia ati” Nanjye nuko.
Micky ati” Mwabwe mwagiye mushimagiza ibiryo byaho bituma kariya gasore kiyemera.
Mia na Jovia baraseka.
.
Tuze mu gashyamba mu masaha y’ijoro. Gwei arimo gukora agasosi. Denis nawe afite kamwe mu dutabo Gweni aba afite yisomera
Gwei arahindukira abona Denis yashishikaye nawe arimo gusoma agatabo akunda kwisomera.Gweni arakoroza. Denis aba aramurebye.
Denis ati”Ufite inkorora?
Gweni ati”Oya nuko nagira ngo nanjye undebe nabonaga warangariye mu gitabo cyane.
Denis arahaguruka aza hafi ye aramufata ati” Ntakintu kibaho kigusumba.
Gweni agaseka.
Denis ati” Gweni nyizera ntabwo aba ari imitoma. Urabizi wambujije amagambo nkayo y’imitoma aba atakagiza abantu aho kuvuga ukuri. Rero ibyo mba mvuga aba ari ukuri.
Gweni ati” Urakoze.
Denis ati” Reba hano ukuntu tunezerewe. Urabona atri byiza??
Gweni ati” Ni byiza
Denis ati” Reka dukomeze inkuru kuyindi episode. Ni gute waje gushiga restaurant ubundi uriya musore muba mukorana ninde??
Gweni ati” Hari urufaranga duke nari narazigamye nitwo naje gutangiriraho. Uriya mwana n’Umwana twihuriye gutyo w’imfubyi maze ahindka nka musaza wanjye turikoranira gutyo
Denis ati” Ariko numvise akwita Auntie.
Gweni at” Yego niko anyita mu rwgo rwo kunyubaha.
Denis ati” Gweni ugira umutima udasanzwe.
Bararebana hashira akanya bagenda bazumingana bisanga basomanye.
.
Uko basomana Brigitte ahagaze mu cyumba arimo kwibaza a” Umugabo wanjye arihe, aramuhamagara kuri telephone iba compose kumbe Denis yayikuyeho. Ava mu cyumba aza hasi ahura na Mama Denis nawe avuye mu cyumba.
Brigitte ati” Papa ameze gute??
Mama Denis ati” Ameze nabi no kwa Muganga bamubuzemo indwara.
Brgitte ygira nkaho ababaye ati” mana yanjye basi reka twizere ko Imana iza gukora igitangaza agakira akaza kumera neza.
Mama Denis ati” Denis arihe ko naubuze kuri telephone??
Brigitte ati” Nanjye namubuze.
Mama Deni ati” ntiyagiye urwaye ubu nawe arashaka kuduteza ibibazo.
.
Brigitte ati” Njyewe ndibaza sport yagiye iyo ariyo ?? yagiye kare ariko dore bigeze saa tatu z’ijoro ataragaruka.
.
Uwo bibazaho we na Gweni barimo gusaa bagiye kwiryamira. Bamaze gusasa Denis ahobera Gweni amuturutse inyuma.
Denis ati” Igihe kimwe tuzajya tuba turihamwe gutya ubudatandukana
Gweni ati” Densi sinshaka kwizera ibyo cyane.
Denis ati” Njyewe ndabizi ko bizabaho.kubera ko Brigitte simukunda ngoba gutandukana nawe.
Gweni aramureba ati” Ufashe icyemezo urumva ugiye kumwaka devorce aka kanya??
.
Brigitte yicaye mu gitanda ategereje ko Umugabo ataha. Yarakaye cyane. Uwo mwanya yumva sonori ya message muri telephone arebye abona ni agafoto bamwoherereje Denis arikumwe na Gweni agwa kantu arikanga.
.
Udacikwa na Episode 52
Comments