Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 19
.
Denis yabwiye Gweni ko amukunda.
.
Chris Nandi niwe mwanditsi.
.
Gweni wacu acyumva iryo jambo rivuye mukanwa ka Denis asa n’uwikanze ariko biramutangaza. Anacyeka ko Denis yaba arimo kwikinira maze ntiyabitandaho.
Areba Denis ati”Urashaka ko duteka iki??
Denis aramufata ati” Buretse gato ko mbona wagira ngo wirengagije ibyo nkubwiye.
Gweni araseka ati” Nonese Denis urashaka ngo nizere imikino.
Denis ati” Gweni ntabwo ari imikino. Ndi serie.
.
Gweni amureba mu maso.
Denis afata ibiganza bye arabisoma ati” Ndagukunda.
Gweni ati” Denis niba utekereza ko naba narabikubwiye wenda ari igiparu nawe akaba aribyo urimo kunkora wibeshye cyane kuko njye narinkomeje kandi nakubwiye ukuri. Ariko ukuri nagombaga kwibanira mu mutima wanjye.
.
Denis ati” Uko wari serie nanjye niko bimeze.
.
Gweni arikanga .
Denis ati” Ndagukunda.
.
Gweni biramunejeje kubyumva ariko ntakuntu yumva yabyizera.
Areba Denis ati” Urakoze cyane Denis kuba unkunda bibaye agaciro gakomeye muri njye. So reka ndebe icyo duteka turye.
Denis aramufata ati” Buretse we.
.
Denis arahagarara aramureba gusa arasa nutari hamwe ameze nkutaye umutwe kubera urukundo.
.
Tuze kuri Apartment Brigitte abamo yabaye nk’umusazi kuva Denis yababwiza ukuri ko ntaby’ubukwe akirimo.
Brigitte arimo kwiyahuza amayoga yabaye nk’umusazi. Micky arimo no kumuhagara kuri telephone ariko akareba telephone gusa ntiyitabe. Hashize akanya hari indi inshuti ye yitwa Sandra yinjiye asanga Brigitte amaze nabi.
Sandra ati”Brigi ni wowe wabaye gutya.
.
Brigitte ati” Harya ubundi kubaho hari icyo bamze?
Sandra ati” utangiyegutekereza nabi kandi reka amayoga.
Brigitte ati” Sandra ndeka wimvangira.
.
Sandra ati” Ese haguruka ujye kwireb hariya muri miror urebe uko wabaye. Ntabwo ukiri wa Brigitte umukobwa umwe uri pontetial muri uyu mujyi wose.
Brigitte arahaguruka aza imbere ya miror arireba nawe abona arasa nabi cyane ameze nabi bikomeye.
Sandra ati” Ngajo irebe.
Brigitte ati” Ibi ni Gweni na Denis babinkoze.
Sandra ati” Uwo Gweni se ninde kandi.
.
Tugaruke kuri Denis na Gweni.
Gweni ati” Denis mu minsi ibiri ufite ubukwe.
Denis ati” Oya.
Gweni arikanga ati” Ngo oya.
Denis ati”Yego.
Gweni ati” Gute se??
Denis ati” Gutyo ubyumva.
Gweni ati” Denis ibyo nakubwiye sibyo…
Denis ati”Oyaaaa. Ubu nibwo ndi mu rukundo rwanyarwo. Wigeze kumbwira ngo sinkajijinganye mu mahitamo nkaho ntazi icyo nshaka nicyo nkeneye. Nuko byagenze.
.
Gweni biramurenga no kuba yabyumva byoroshye biramugora ajya kwicara mu ntebe. Denis arahamusanga.
Gweni ati” Noneho ndabyizeye urukundo rugira imbagara umuntu atagenzura. Rwatumye mbasha kukubwira ko nkukunda kandi tutari mukiciro kimwe cy’ubuzima . none nawe rucishije bugufi umutima wawe ku muntu wo hasi nkanjye.
Denis ati” nirwo rukundo nyakuri.
.
Barebana mu maso maze Gweni aramuhobera.
Gweni ati” Ese ubwo amaangamutima yacu ntasenye umunezero w’umutima w’undi muntu.?
Denis ati” Ariko twe muri aka kanya duhagaze mukuri. Ntabwo twakomeza kuba mu kinyoma tugamije gusa kunezeza uwo mutima.
Gweni ati” Nawe usigaye ufite amagambo akomeye.
Denis ati” Kuva nahura nawe nize kuvuga. Nkuko wabivuze hari icyo ubukire butwambura ariko namwe ubukene hari icyo ubukene bubigisha.
Gweni araseka.
.
Tugareuke kwa Brigitte wacu wabaye umusazi. Micky nawe arahageze aanga Brigitte byazambye cyane. Afatanyije na Sandra bagerageza kumukaruma ariko biranga.
Hashize akanya se wa Brigitte nawe aba arahageze areba uko Umukobwa we ameze.
.
Papa Brigitte areba Micky na Sandra ati” Mwampa akanya nkavugana n’umukobwa wanjye gato?
.
Sandra na Micky baba bagiye babaha akanya.
Papa Brigitte ati” korwa n’amasoni. Umukobwa nareze ntabwo ameze nkawe. Ntabwo ari wowe brigitte wanjye.
Brigitte at’ Papa byanzambanye.
Papa Brigiite ati” Urimo kuba ikimara. Kwiyahuza inzoga birimo gutuma ugera kuki? Izi mbaraga urimo gutakaza wiyahuza amayoga nizo wakabaye urimo urwanisha uhanganira kugumana ibyawe.
.
Papa we aramufata ati” Ninde ugiye kujyana ibyawe??
Brigitte ati” Gweni.
Papa Brigitte ati” Gweni niwe wakabaye utura uyu mujinya n’umubabaro ntabwo ari izi nzoga. Uko uri hano ugotomera izi nzoga niko wakabaye urimo kugotomera roho ya Gweni umuvana mu byawe. Uranyumva neza. Koresha ubwonko ureke gukoresha amarangamutima . kandi ndagiye.
.
Papa Brigitte ahita anava aho arigendera. Brigitte nawe yitekerezaho koko maze yireba muri Miror. Uko yireba muri Miror abona agasura ka Gweni.
.
Udacikwa na Episode 20
Comments