logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 18

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA  RY’UMUKAZA WIRABURA
.
Episode  18.
.
Denis asomye  Gweni.
.
Chris nandi niwe  mwanditsi.
.
Denis  yafashe Gweni arimo kumusoma. Gweni nawe amarao arimo kwiruka   cyane   ntazi ibirimo  kumubaho ngo n’ibiki  kuko byose bibaye bimutunguye  cyane. Julienne ahagaze  kuruhande  arimo kubareba  ni  nka ga  film ka romance arimo kureba.
.
Gweni  imbere mu mutima arimo kwahagarika anafite ubwoba arumva   umubiri we  utitira.
.
Mu  rugo kwa  Denis  mur ayo   masaha y’igitondo. Ababyeyi ba Denis  bicaya hanze mu gasaro ko hanze  ariko kari hejuru  kurubaraza rwa  etage ya kabiri. Barimo gufata breakfaste.  Umwe  mu bakozi babo yitwa  Janatte abajyaniye imbuto deseri  azitereka  kumeza.
Papa Denis ati” Janette genda  ubwire  Denis ngo ndamushaka hano.
Janette ati” Sir,   Denis yagiye kare.
Papa Denis ati” Ngo yagiye??
Janette ati” Yagiye kare  cyane.
Mama Denis ati” Sawa  igendere.
Papa Denis avugana umujinya ati” Iki  cyane   gitangiye kuzana ubumara  kandi narinzi ko ari umugabo  muzima.
.
Tugaruke  kuri Hotel nyuma  y’iminota itanu yose  Denis  asoma   Gweni nibw o amuretse. Gweni yumiwe  kuko ni ubwa  mbere ibintu nk’ibyo bimubayeho. Yumiwe  yabuze  n’ijambo avuga.
Denis  nawe arimo kumureba ati” Gweni  umbabarire  nuko amarangamutima yanjye anjyanye.
Gweni ati” Ahubwo ibyo ukoze  bisobanuye iki? Ngewe  nguye mu rujijo sinzi ibirimo  kujya  mbere.
Denis ati” Ubuse  mbivuge gute??
Gweni arebana na Julienne Julienne ibyo abonye araseka.
.
Denis  yegera  Gweni amufata ibiganza. Akimufata mu biganza  Gweni yumva  utuntu tuzamuka twiruka cyane  muri we aratitira. 
Denis amureba mu maso…
.
Kurundi ruhande  Micky ari mu modoka arimo kugenda avugana na bashuti be Mia  na Jovia kuri telephone.
Micky ati”Musaza  wanjye yasaze  mwe  ntabwo muzi ibyo yaraye akoze.
Mia ati|” Duhe amakuru meza. Crash wanjye ngo yakoze ibiki??
Micky ati” Ngo crash  wawe.
Jovia ati” Ntabwo warubize  se  uyu mukobwa   yarasaze. Cyakora  iuyo Brigitte abimeny yarikumukuramo umwuka.
Micky araseka ati” Niba waramugiriye crash se  umukobwa  w’icyaro  ntagiye kubakorana?
Mia ati”Ese  uravuga ibiki?
Micky ati” Dens iby’ubukwe   yaraye abivuyemo.  Yakatiye  Brigitte.
.
Mia na Jovia bagwa  mu kantu!
Mia ati” Oya se  ko numva se  yari film serie.
Mcky ati” Mubirele ni joro  hari Drama iteye ubwoba.
Mia ati” Ngwiki.
Jovia ati” Denis yifashe ahakana ko atazabana na Brigitte habura    two days.
Micky ati” Cyane.
Mia ati” Nonese urimo urajya he?
Micky ati” Murumva  nabyemera  ngiye kureba iriya nshinzi.
.
Tuze  kuri Hotel. Denis afashe  Gweni akaboko ati” Tugende  uyu munsi ntabwo ukora.
Gweni ati” Kandi  ndi mu kazi.
.
Denis aramukurura  aramujyana  amuzana  muri Office ya Manager  Miguel.
Miguel ati” Kandi se Denis  umukozi wanjye umujyanye he??
Denis ati’ Wihangane  uyu  munsi ntabwo  akora  shaka kabyizi amusimbure   uyu munsi.
Gweni ati” Ariko Denis.
Denis ati” Gweni   ihangane niko bimeze.
Miguel ati” Nonese habaye  iki??
Denis ati” Miguel nuko   bimeze kandi wanyumvise.
.
Denis azana Gweni mu modoka ye  baricara.
Gwen ati” Denis njyewe urimoo kunshanga niki habaye iki??
Denis ati” Gweni ndashaka kumarana nawe akanya. Mbabarira  kandi tujye iwawe  mu rugo.
Gweni ati” Tujye iwanjye mu rugo tumarane akanya?
Denis ati”Yego.
.
Denis ahita acana  imodoka  baragenda.
.
Barimo bagenda  babisikana na Micky  aje kuri hotel kureba  Gweni.  Micky ahagera asanga bagiye.
.
Tuze  mu rugo kwa  Denis Papa Denis na Mama  Densi baracyicaye hamwe hanze.
Mama Denis ati” Uriya mwana turamugira  gute??
Papa Denis ati” Nukuvana ubwo burozi bavuze  mu nzira. Ubwo ndavuga ako gakobwa.
Micky aba  arahamagara  papa we. 
Papa aritaba ati” Karame Micky
Micky ati” Niba mwabuze Denis ajyanye  na kagakobwa.
Papa Denis ati”Harya uwo Gweni ubundi abahe??
Mickt ati” Ntabwo  tuhazi ariko   hano kwa  Miguel.
.
Papa Denis ati” Urikumwe  na Miguel?
Micky ati” Oya ndahavuye.
Papa Desnis ati” Sawa.
.
Papa Denis ahita ahamagara  Miguel kuri  phone   baravugana.
Papa Denis ati” Umva sha Miguel ako gakobwa  ukoresha aho ngo ni Gueni waba uzi aho gatuye??
Miguel ati” oya  nyakubahwa. Kubera  iki??
Papa Denis ati”  nashakaga kuhamenya.   Ataha sangahe avuye aho  mu kazi??
Miguel ati” asoza akazi saa  moya z’umugoroba.
.
Kurundi ruhande  Gweni na Denis bageze  mur Ghetto ya  Gweni.
Denis ati”Gweni witungurwa  cyane. Uyu munsi reka tumarane akanya hano.
Gweni ati” Uko ubishaka  ntakibazo. Gusa  njyewe  ndacyafite ikibazo.
.
Denis ahita yongera aramusoma. Ati” I love you.
.
Gweni agwa  mu kantu!  Ibintu atatekerezaga na gato  ko  byabaho.
.
Udacikwa na Episode 19

Comments