logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 17

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA W’IRABURA
.
Episode 17
.
Duheruka   Denis  ngo agiye kubwiza  umuryango we  ukuri.
.
Chris nandi Ishimwe  niwe  mwanditsi.
.
 Umuryango wose   bamuhanze amaso. Denis nawe abanyuzamo amaso arabareba.
Papa Denis ati”Ukuri ugiye kuvuga  n’ukuhe??
Denis ahuza amaso na Brigitte yarakaye   cyane.  
.
Bose  bategerezanyije amatsiko.
Denis ati”  Njyewe ibyo kubana na  Brigitte ntabihari.
.
Bose  bagwa  mu kantu batabyumva neza. Brigitte agagurukira  muri 40 arakaye n’umujinya.
Papa Denis ati” Brigitte icara  buretse.
.
Brigitte arongera aricara.
Papa Denis ati” Denis amagambo wavuze wakongera  ukayasubiramo??
Mama Denis ati”  Arahubutse biriya abivugishijwe n’Umujinya.
Denis ati” Oya mama meze neza  ibyo mvuze  nabiri muri njye.
Brigitte avuga asakuza ati” Denis  wizana iyo mikino. Hasigaye iminsi ibiri.
Denis ati” Ni wowe  washyize  imbaraga mu kubana kwanjye nawe . ntabihari rero.
.
Micky we  biramurenga araseka ariko aseka ababaye. Areba Denis  musaza we  nabi ati” Denis  nubwo uri musaza  wanjye ariko urimo kuba ikigoryi.
Denis ati” Kubera ko ntarimo kugendera  kubitekerezo  byanyu.  Ariko  ku mahitamo yanjye  ntabwo ndi ikigoryi.
Papa Denis ati” Ubwo bugoryi bwawe  ntabwo nza  kubwemera  hano.
Denis ati” Njyewe  nibyo mvuze  kandi ndikomereje.
.
Denis akase agiye Brigitte ahita ahaguruka aramufat ati” Ntaho ujya.
Denis  aramwiyaka  Brigitte agwa  hasi  Denis arizamukira  hejuru ajya mu cyumba cye.
Auntie Manda ati” Ariko amarozi arakora  koko.
.
Bose  baguye mu  kantu. Brigitte ari hasi aho yaguye arimo kurira. Micky aramureba maze ajya kumuha akaboko aramuhagurutsa.
Micky at” Wowe  kurira  biragufasha iki  wakurikiye Umugabo wawe  ukarwana intambara yo kumugumana.
Papa Denis ati”Harya ngo icyo gikowa bacuditse  ni cyande.??
.
Kurundi ruhande   Gweni  wateje   impagagara  mu rugo rw’abandi  yibereye muri ka ghetto ke  yicaye  mu ntebe arimo kunywa agakoma. Uko yicaye aho aba atangiye  kwibuka ukuntu yabwiye   Denis ko amukunda. Amaze  kubyibuka ariseka.
Ati’ ariko ndi akamra  koko!  Biriya nabikuye he? Ni gute natinyutse. Ariko banza  urukundo rugira  imbaraga.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis. Brigiite ari kumuryango w’icyumba cya   Denis arimo guhondagura  umuryango  asakuza.
Brigitte ati” Denis fungura  umuryango ndashaka kuvugana nawe.
.
Hasi muri Saro abandi bumiwe. Micky arimo kureba  ifoto ya Gweni bamufashe kugirra  ngo ayereke papa we. Arayibona maze ayereka papa we.
Micky ati” Papa nawe reba uwo muntu wamaze  kwangiza  imitekerereze  ya   Denis.
Papa Denis  ati” akantu kameze gutya kahuriye he n’umuhungu wanjye??
Auntie Manda ati” Nababwiye ngo amarozi arakora. Byanze  bikunze ako gakobwa  katuziye kandi gafite kinini gashaka.
Papa  Denis ati” Ndabaza  aka kantu  kageze  gute mu muryango wacu byagenze gute??
Micky ati” Twahuye umunsi wa mbere  katwigongesha  kari kwigare.  Nyuma kaza  no kubikora   kuri Denis.
.
Tugaruke  muri ghetto ya    Gweni yemereye neza umukobwa w’abandi. Uwo mwamya hari ukomanze  arahaguruka ajya gufungura  abona  ni Juliene inshuti ye bakorana.
Gweni ati”  Julie aya masaha bite??
Julienne ati”Narinje kureba inshuti yanjye uko  imeze.
Gweni arasekaati” Ugira urukundo pe!
Julienne ati”Ntabwo ngira  ubushuti bw’uburyarya.
Baraseka maze baza kwicara  Gweni nawe amuzanira agakoma.
Julienne ati”Nonese  umeze  ute??
Gweni ati” Meze bo ntubibona se?.
Julienne ati”Brimo kuza.
Gweni ati” Cyane.
Julienne ati”Sha natangaye  cyane ukuntu uriya musore aba akwitayeho.
.
Barareba  baraseka.
.
Tugaruke kwa  Denis.
Brigitte aracyahondagura urugi rwa  Denis ariko Denis   yamwihoreye yanze  kumwitaho.
.
Hasi  nabo bashobewe   cyane.
Mam,a Denis ati”  ugiye gukora iki ko uriya mwana agiye kuzambya ibintu.
Papa Denis ati”Ntabwo nza  kwemera  uyu mwanda we.
.
Micky arazamuka hejuru aza  kureba  Brigitte.
.
Kwa Gweni aracyarkumwe  na         Julienne baganira.
Julienne ati”Nonese  ibyo bintu biri serie??
Gweni ati” Nanjye simbizi mperuka ampamagara  ambaza  location naringiye kumubwira  uko twazahura   telephone ye ihita avaho.
Julienne ati” Ibaze bibaye biri serie bakaguha   amafaranga.
Gweni ati”Mfite umushinga nakora  kuko maze  igihe niga bikomeye.
.
Kwa   Denis  Brigitte abonye ari ntakundi avuye kwa  Denis atahanye amarira gusa. Auntie Manda  nawe  ari kumuryango wa  Denis arimokumukomangira arashaka kuvugana nawe ariko Denis  ntanumwe  muribo ashaka kwiteza  kuvugana nawe.
.
Ntibyatinze  ijoro riratambuka. Gweni na Julienne bari mu kazi. Ariko nubundi Gweni akajya yibuka ukuntu  yabwiye Denis ko amukunda  maze akiseka.
Julienne  aramureba ati” Ese  urimo kwisetsa  ibiki??
Gweni ati” Uzi ubusazi mperutse  gukora  kuva nabaho?
Julienne ati”Ubuhe busazi??
Gweni ati”  Ibaze  ko nabwiye umusore  w’abandi ugiye gukora ubukwe  ko mukunda
Julienne aratangara ati” Denis.
.
Bakimuvugaho kumbe ageze  aho kuri Hotel ava mu modoka yihuta cyane  ahura  na Miguel
Miguel ati”   Denis bite  ko  uje hano wihuta  cyane igitaraganya   habaye  iki??
Denis ati” Harya  Gweni aba arimo gukorera  he??
Miguel ati” Hasi mu ma toilet.
.
Denis agenda  yihuta  cyane Miguel amukurikiza amaso biramucanga. Denis agezemo  hasi abona Gweni. Gweni nawe  ahindukiye  aramubona Denis aba yamugezeho maze  ahita amufata aramusoma.
.
Next episode  18

Comments