Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 20.
.
Brigitte se yamuhaye inama ikomeye y’icyo akwiye gukora.
.
Chris nandi niwe mwanditsi.
.
Muri Ghetto ya Gweni . hari inseko hari akanyamuneza katigeze kubaho na mbere. Nyuma y’agahe Gweni yaramaje apfishije ababyeyi be asa n’uwongeye kwishima arumva umunezero muri we n’ibihe bishya bidasanzwe.
.
Denis yicaye aho mu gasaro ka Gweni arimo gufunga telephone ye ntamuntu ashaka ko amuhamagara.
Gweni arimo gushyira amakara ku mbabura. Maze afata ishashi atangira kuyicana. Denis aza kumureba areba ibyo arimo.
Gweni ati” Imbabura n’amakara urabizi??
Denis ati” Oya.
Gweni araseka ati” mana yanjye abakire uko mubaho.
.
Denis ati” Ariko ndabona bitangaje ibyo urimo gukora.
Gweni ati’ Ndimo gucana imbabura.
Denis ati” Ubwo se ntabwo washya?
Gweni ati” Oya.
Denis ati” Arik se ibi mubikora gute?/
Gwenni ati” Ni ubuzima bwacu kandi butunyuze nkuko iwanyu mucana gaz cyangwa ibindi.
.
Gweni amaze gucana imbabura arahaguruka arebana na Denis mu maso.
Denis ati” Uri mwiza.
Gweni araseka ati” Imitoma iratangiye sasa.
Denis ati” Oya.
Gweni ati” Ni wowe muntu wa mbere uvuze iryo jambo ko ndi mwiza. Abandi bambona nk’agakobwa kirabura karaho ka mafuti. Ariko njye ntacyo biba bintwaye. Abantu batashima uko nsa birabareba cyane ko nejejwe nuko Imana yashimye ko ar uku nkwiye gusa. Yo imbere yayo ibona ndi umukobwa mwiza kandi ukwiriye.
Denis araseka aramufata amuryamisha mu gituza cye ati” Uri umukobwa urenze cyane. Njyewe agahe gato nabashije kugira amahirwe yo kukumenya ngenda mbona nea ubwiza bwawe.
.
Gweni ati” Denis ntawumva ukuntu nguwe neza nishimye cyane. Ni ubwa mbere nagira ibihe bidasanzwe bimeze gutya.
.
Kwa Brigitte arikumwe na Sandra na Micky. Brigitte yamaze kongera kwiyegeranya amera neza.
Micky ati” Brigi njyewe ndikumwe nawe. Ntabwoakantu nkakariya kajyana Denis ngo bikunde. Niba ari n’amarozi yako turaza kuyakarisha.
.
Mu rugo barimo guhamagara Denis ariko telephone yayiriye urwara ntabwoa shaka kubiteza.
.
Twigarukire kuri bo.
Gweni arimo gukata igitunguru Denis yicaye aho areba byose.
Gweni akareba uko Denis arimo kumureba maze agaseka ati” ubu ntiwabasha no gukata igitunguru??
Denis ati” Wapi.
Gweni ati” Nyamara abakire mubaho nabi. Ubuse habayeho igihe wisanga uri wenyine ugomba kwikorere burikimwe cyose!
Denis ati” Nyine ubwo nayumva.
.
Gweni ati”Ariko ntabwo bikwiye.
Denis ati” ariko navuga ko ngize amahirwe yo kunguka umwarimu w’ubuzima nziga byinshi.
Gweni ati” Cyane.
.
Denis ati”Ndagukunda cyane.
Gweni araseka ati” Ninjyewe ugukunda cyane. Ariko se Deni iki cyemezo wafashe ntikigiye gushyira ubuzima bwawe mu kaga..
Denis ati” Ntakibazo. Njye niteguye guhagarara ku mahitamo yanjye.
Gweni aramurebaaaaa.
.
Bidatinze Denis arataha agera mu rugo asanga bari kumeza barimo kurya.
Papa Denis ati” Denis bite urashaka iki?? kwangiza umuryango wawe gusa?
Denis ati”Oya.
Micky ati” Warikumwe na Gweni.
Papa Denis ati” Denis ni gute urimo gutakaza ubwenge.
Mama Denis ati” Denis mwana wanjye urimo kubabaza umutima wawe. Nizere ibyabaye byose wakinaga.
Denis ati” Mama akira ukuri ntanjyewe na Brigitte bigihari. Uwo nkunda ni Gweni.
.
Micky ati” Ngaaaho.
Auntie Manda ati” Nyamara umusore wacu tumujyane kwa Muganga.
Denis ati” Ubwo ni wowe waba ukeneye kujyayo sinjye.
.
Denis arikomereza ajya hejuru mu cyumba cye.
.
Bidatinze Gweni yagarutse mu kazi aza Julienne inkuru yose yuko ejo byari bimeze arikumwe na Denis.
.
Kurundi ruhande mu kazi kwa muri Company ya ba Denis Papa Denis hari abo arimo kuvugana nabo maze aboherereza ifoto ya Gweni.
.
Ni mugoroba Gweni asoje akazi ashotse kuri hotel atashye ageze kumuhanda haza imodoka y’umukara irimo abasore baramufata baramujyana.
.
Ese bamujyanye he .
.
Udacikwa na Episode 21
Comments