logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 21

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 21.
.
Gweni hari imodoka yamushimuse.
.
Chris  nandi  niwe  mwanditsi.
.
Gweni  bamuhambiriye   hose  banamupfutse  abasore  bamushimuse  barimo kumujyana. Hari ikizu bamuzanyemo bahamugejeje  baramnupfukura.
Gweni ati” Muri bande  muranshakaho iki??
Umwe  mu basore bamutwaye ati” Ziba wagakobwa  we  uraje umenye  neza  impavu uraha.
.
Gweni ati” Niki    nabakoreye iki ko aribwo nanabona.
Umusore ati” Nakubwiye ngo funga umunwa.
.
Baramufata baramuhambira.
.
Kurundi ruhande Denis arimo mu modoka  arimo guhamagara  Gweni kuri telephone ariko ntabwo  amufata.
Uko atamufata atangira kwibaz a icyo yabaye.  Biramucanga.  Akomeza  kugenda  amuhamagara.
.
Aboye atamufatisha   kuri telephone ahita   ahitamo  guca kur hotel aho akora . ahageze  yakirwa  na Manager  Miguel.
Miguel ati”Denis  habari.
Denis ati” Gweni yatashye.
Miguel ati” ariko se  man njye waracanze. Uriya mukobwa  ujya uza  ubaza.
Denis ati” nyine mbwira aracyari mu kazi cyangwa  yatashye.
Miguel ai” Yatashye. Ese  Desnis mbwira  ukuri uriya mukobwa  bite bye kuri wowe  nsigaye mbona yarababanye isereri.

Denis ati” Yabanye isereri bande?
Miguel ati” Bashiki bawe  baherutse  kuza  hano bashyushye  mu mutwe.
.
Denis ati” Uriya mukobwa  ni ngenzi kuri njye nibyo usa  ukwiye kumenya.
Miguel araseka ati”   Umuntu umeze  kuriya.
Denis ati”Uko ameze  bimutandukanye nawe  uko ameze.    Kandi agaciro afite   kuri njye ntabwo kangana nako wowe  waba ufite kuri njye rwose  icyo ucyumve  neza.
.
Migule iryo jambo rirambubabaz a cyane. Denis ahita ava aho arigendera asubira mu modoka.
.
Kurundi ruhande Micky arikumwe  na Brigitte yagiye kumureba.
Micky ati” Ntakuntu kariya  gakobwa  twagashyira kure ya Musaza  wanjye.
Brigitte ati” Nicyo ndimo  gutekereza.
Micky ati” Watekereje  ko wakora  iki?
Brigitte ati” Kujya kugasomera  gusa  ntabwo bihagije.
Micky ati” Natwe  twagiye kugasomera ariko ntacyo byatanze.
Brigitte ati” Njye rero nzakica.
Micky ati”  Dukwiye kugaha gasopo yanyuma  ni byanga ubwo kazanava no mu nzira.
Brigitte ati” Harya ntiwambwiye ko akora  kuri ya Hotel??
Micky ati” Yego.
Brigitte ati” Tujyeyo.
Micky ati” Ahari aya masaha aba  yatashye.
Brigitte ati” Ariko nigeze  kuvugana nako nkabeshya ko ndi umuntu ukora  mu mishinga itanga ubufasha bw’amafaranga kumushinga y’abakobwa  bakiri bato. Reka nkahamagare  numve ko  twahura.
.
Brigitte afata telphone arahamagara  telephone iba compose.
.
Kumbe yatakaye igihe bamushimutaga.
.
Tugaruke kuri Denis yicaye  mu modoka hafi ya hotel arimo kwibaza  impamvui telephone ya Gweni irimo kiuba compose  kandi ntabwo byakundaga kubaho.   Yatasa  imodok aragenda  aza kuri ghetto ya  Gweni ahagze asanga irafunze. Biramucanga.
.
Twiyizire  aho Gweni  ari yafatiwe.  Hari abasorfe bamuriho bamucunze. Hashize akanya gato  cyane Papa Denis arahageze. Gweni amubonye aratangara.
Gweni ati”  Kumbe yari wowe.
Papa Denis ati” Ariko w’agakobwa  we  niki kigutera  imbaraga zo   kubasha kwiyumva no kuvuga?
Gweni ati” Ntabwo ububasha bwose  umuntu abuheshwa   n’amafaranga  cyangwa  izindi zahabu zose  yaba atunze. Imana twese  yaturemanye ububasha  bungana nta wowe  nta njyewe  twese  turi bantu turikimwe  kandi uburenganzira  bwawe  bungana n’uburenganzira  bwanjye.
.
Papa  Denis   araseka atangazwa  nayo magambo  ye.
Gweni ati”Niki uranshakaho iki???
Papa Denis ati” Wow e  ahubwo niki ushaka  kumuryango wanjye?
Gweni ati” Njyewe  ntacyo mfite nshaka kumuryango wawe.
Papa Denis ati”  None niki ushaka kumuhungu wanjye?
Gweni ati” Ntacyo.
.
Papa Denis  araseka ati” Ngo ntacyo kandi igihe cyose aba arikumwe  nawe??
Gweni ati” Nonese  iyo arikumwe  nanjye bisobanuye iki? Bisobanuye se  ko hari icyo mushakaho??  ubundi se  ntaburenganizra afite bwo kuba arikumwe  n’umuntu wariwe  wese  ashaka?
Papa Denis ati” Ariko mu bantu  yaba arikumwe  nabo wowe  ntabwo urimo.
Gweni ati” Papa wihangane rero!  Kubera  ko ahubwo umuntu aba ashaka kuba arikumwe  nawe  ninjye muri bo bose wowe waba utekereza.
.
Papa Denis ararakara ati” Ariko confidence uzikura he sha!    Cyangwa  nayo marozi yanyu?
Gweni ati” Njyewe  ntawe  naroze.
.
Gweni barafata barakubita.
Papa Denis ati” Niba ushaka kubaho jya kure  y’Umuhungu wanjye cyangw se  bizakuviremo kubura  ubuzima bwawe.
Gweni ati” Papa nukuri niba ari ubu buryo  uhisemo gushaka kubikoramo  waba ugiye kubizambya cyane.  Uramutse unyishe ntagisubizo  nakimwe  wakuramo. Ahubwo nibwo waba ushize urwango rukomeye hagati yawe  n’Umuhungu wawe. Uretse  nibyo icyaha waba ukoze  wazahura n’ingaruka zikomeye.  Ahubwo genda  uvugane n’umuhungu wawe  maze wemeze umutima we  niba wabasha kuwuhindura umwumvishe ko njye atarinjye muntu w’ingenzi kuri we.
Papa Denis arabyumva.
Gweni ati” Ubundi njye ikosa  ryanjye nirihe?? Denis niba ari umwana  wawe  ukaba wabasha no kugenzura  umutima we  nk’Umwana wawe genda  ufate umutima we  uwuhindure  uwuhe icyerekezo gishya. Denis naba atacyinkunda  ntacyo nzaba nsobanuye mu buzima bwe. Naho  ugiye    kunyica umpoye ko utabasha kugenzura amarangamutima y’Umwana wawe  ntunyumve nabi ariko waba uri Umugabo w’ikimara  kandi utabashije.
.
Abasore  ba Papa Denis  baramuhondagura. Ariko Papa Denis ataekereza  kuugambo amubwiye  maze arabe abasore  be ati” Mu murekure .
.
Baramurekura.
Papa  Denis ati” Mbwira  amafaranga yose  ushaka nyaguhe ugende   uburirwe irengero aho umuhungi wanye atazongera  kukubona.
Gweni araseka ati” Papa amafaranga ni meza. Ariko  amafaranga  ntabwo yahindura burikimwe  cyose. Ntanubwo yakora burikimwe  cyose.  Ikibazo cyanyu  abakire mwizerera mu mafaranga niyo mpamvu usanga benshio muri mwe  mubaho muri buribwe  kandi mufite amafaranga.  Njyewe  ntamafaranga yawe nshaka ntanayo nkeneye ntanamafaranga abaho yagura  umutima wanjye. Izo n’indangaciro mwe  mutagira. Nia undekuye reke nigendere. Kandi  niba  unashaka kunyica ubikore  nonaha.
.
Papa Denis areba confidence umwana w’umukobwa afite. Maze arumirwa  maze aramureka arigendera.
.
Udacikwa na  Episode 22

Comments