logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 22

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Epispode 22.
.
Byarangiye Papa Denis abuze  icyo yakorera  Gweni aramurekura.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni bamaze  kumurekura  arigendera. Gusa  bari bamujyanye  ahantu kure   cyane bishoboka   nawe atazi ngo nihe.
Iryo joro afata umuhanda agenda n’amaguru. Ni ahantu mu muhanda muremure  cyane hatanatwe.
Aribaza  uko aza  kuhava  ariko kubwo  umutima ukomeye yiyemeje kugenda.
.
Kurundi ruhande Brigitte na  Micky bari mu modoka barimo kujya mu ruo kwa  Denis.
Brigitte ati” Micky n’ubundi kuza  iwanyu ntacyo biza  kumfasha bishobora  kumbabaza  kurushaho.
Micky ati” umva reka gutekereza gutyo. Denis naba akubona ahaf  ye bashobora   kuza  kumuhatiriza  guhindura imitekerereze  ye.
Brigitte ati” Ariko se wowe wabonye atamaramaje.
Micky ati” Njyewe  mba nibaza  byagenze  bite?
Brigitte ati” Nanjye biracanga. Umuntu twarimo dutegura  ubukwe  ukuntu yahindutse  gutya  mukanya gato  cyane.
Micky ati” Amarozi ya bariya bantu arakora. Nonese  uriya Mukobwa  utagira  isura  ni gute yarigutwara   Umutima wa musaza  wanjye.
.
Kurundi ruhande  mu rugo Papa Denis  ageze  mu rugo asanga Umugore we arikumwe na  Auntie  Manda. Manda avukana na Mama Denis  bitazajya bibacanga.
Babonye aje  bagira amatsiko yo kumubaza  uko bigenze.
Mama Densi ati” Ako  gakobwa wabashije kugashyira  kure y’Umuhungu wacu??
Papa Denis ati” Oya.
Auntie  Manda ati” Gute byakunaniye?
Papa Denis ati” Uriya mukobwa akomeje kurenza uko tubitekereza.
.
Auntie Manda arabiseka. Mama Denis  nawe yumva ntabwo abyumva neza.
Auntie Manda ati” Uravuga ko kariya kantu ko mu cyaro  gafite izihe mbaraga .
Mama Denis ati” Ahari nayo marozi yako.
Papa Denis ati” Ntabwo ari umurozi.
Mama Denis ati” Nonese gakomeye gute?
Papa Denis ati” Gafite ururimi rutyaye  ruvuga amagambo ameze  nk’ikota kbsa.
Auntie Manda ati” Ariko njyewe  ntabwo mbyumva.
Papa Denis ati” Njyewe  navukanye nako. Kandi amagambo yose kavuze  niyo. Umwana wacu niwe  kimara  naho ko  ntakibazo  nakimwe  gafite…
.
Auntie Manda ati” Ubwo nuguhagarika Denis kuko ubwo Gweni kumuhagarika biragoye.
Papa Denis ati”  Yavuze  ko ntanakimwe ashaka kumuryango wacu.
Mama Denis ati” Yakubeshye. Yavuga gute se. Abakobwa b’ubutindi  bafite icyo bashaka babanza kwigira abana beza.
Papa Denis ati” Ariko namuhaye  amafgaranga yose  abaho ashoboka arayanga.
.
Auntie ati”  Kanze amafaranga yose wagahaye?
Papa Deni ati” Cyane.
.
Bakiraho Deis ageze mu rugo ariko atameze  neza  kuko yabuze  Gweni. Baramureeba bose.
Mama Denis ati” Mwana wanjye ko umeze  gutyo?/
Denis ati” Mama simeze neza  kandi ntabwo nshaka kuvugana namwe.
Papa Denis ati” Wavugana natwe  utavugana natwe  icyo ukwiye umenya kariya gakobwa  wapi.  Ntabwo ibyawe  nabyo tubyemera.
Denis ati” Ntabwo bisaba ko mubyemera  n’ubundi ariko..
Manda ati’ Denis wagize  ubwenge ukareka kuba ikimara.
Denis ati” Reka mbe  cyo nibyo njyewe  nshaka.
Mama Denis ati” Mwana wanjye urimo kubabaza  umutima wawe.
.
Denis ati” Ni wowe  urimo guhitamo ko umutima wawe ubabara.  Uriya mukobwa  ndamukunda  kandi niwe  ngiye kubana nawe.
.
Avuga gutyo Brigitte na Micky binjira  mu nzu babyumva.
Brigitte ati” Uvuze  ngwiki??
Denis ati” Wowe urakora  iki hano.
Mama  Denis ati” Niwe  mukazana  wanjye yemerewe  kuba ari hano.
.
Brigitte yegera  Denis amureba mu maso  cyane ati” Denis niba ahari n’ikosa nagukoreye ririmo gutuma umpana gutya  rimbwire  nkusabe imbabazi ariko ureke iri yica rubozo urimo kunkorera.
Denis ati” Ntakosa  wankoreye.
Brigitte ati’ Nonese  ibi n’ibiki urimo gukora??
.
Denis aramureba gusa arigendera.
Mama Denis areba Brigitte ati” Brigi ihangane komera  humura  twe  hano uri umukazana wacu ntakizabihindura.
Brigitte ati’ Ntabwo ibyo mu mbwira  bizashoboka  mughe  ntafite umutima wa  Denis.
.
Brigite ahota azamuka hejuru ajya kureba   Denis.
.
Kurundi ruhande  kubwo amahirwe      Gweni yabonye lift y’ikamyo  amugea  hafi y’iwabo mu rugo aza  muri ghetto ye gusa ameze  nabi bitewe  nuko yahondaguwe ahita agwa  mu ntebe yaho muri Saro akwamira aho.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis Brigitte aravugana na  Denis.
Brigitte ati” Mbabarira umbwize ukuri.
Denis ati” Ukuri guhari nuko hagati yacu ntarukundo rw’igeze  ruhaba.
Brigitte ati” Gute se  imyaka yose tumaranye ni gute uvuga ntarukundo rw’igeze  kuhaba.
Denis ati’ Brigitte hano nyuma neza.  Rubaye rwarahabaye ntabwo umutima wanjye wakunda  undi.
Brigitte ati”  Niko abasore mu mera  mugira imitima ihindagurika. Ariko kariya gakobwa  ko mpamya ko kakuroze.
Denis ati’ Ntabwo yandoze.  Ahubwo akira  ukuri.
.
Brigitte ati” Wapi ntakur guhari ko kwakira..
Denis aramurebaaa ati”  Brigitte njye nawe turi abana bakuriye hamwe.  Bisa nkaho kubana kwanjye nawe ari umubano twari twarateguriwe  n’ababayeyi   bacu.  Nakuze  ari wowe  mukobwa  mbona gusa  cyangwa  mvugane nawe. Kuva ubwo  twibeshye  ko hagati yacu dukundana. Njye rero   nabonye umukobwa  nakunze  byanyabyo . umukobwa  ntazi umukobwa  tutakuranye. Umukobwa umuryango wanjye utanteguriye ko ariwe  tuzabana. Njye  nawe  ntabwo duhari. Kandi nuko bimeze.
.
Brigitte agahinda karamwica  n’akajinya.
Denis ati” Ahubwo wava mu cyumba  cyanjye nkiryamira??
.
Udacikwa  na Episode  23

Comments