logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 23

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA  RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 23
.
Denis yakatiye Brigitte burundu.
.
Umwanditsi ni Chris Nandi .
.
Mu masaha y’igitondo, Denis ari muri pisine y’iwabo mu rugo arimo koga. Ariko  ni ya siporo yo koga bisanzwe arimo gukora. Nyuma  y’iminota  30 akora Auntie Manada aza hanze  aho hafi ya pisine aramuereba.
Denis ati”  Auntie wagiye   kureba amakuru koariyo ukeneye kureba.
Manda ati” Reka kwitwara gutyo ndashaka kuvugana nawe.
Denis ati” Niba ari kuri  Gweni byihorere.
Manda ati” Ariko njye ndashaka kukumva.
.
Kumbe uko bavugana Papa Denis ahagaze  mu idirisha  ry’icyumba cye arimo kubareba. Mama Denis nawe  aba  arabyutse  ava mu gitanda aza  kureba icyo Umugabo  we arimo kureba.
Papa Denis ati” Twizere  ko se  Manda hari icyo aza  kumwumvisha.
Mama Denis ati” Brashoboka.
.
Tugaruike  hanze  Denis avuye mu mazi areba  Manda ati” Kubera  iki wowe ushaka kunyumva.
Manda ati” Kubera  ko uri mukuru ariko ntabwo ababyeyi bawe  bigeze  baguha amahirwe  yo kukumva.
Denis ati” Ariko nawe  niko warumeze. None ubu uhinduwe  niki?
Manda ati” Ndashaka ko twuva  ibintu twese  mukuri.
Denis ati” Ni byiza  niba ushaka  kumva ibintu mu kuri.  Ukuri guhari nuko  ntakibazho cyiza  kiruta urukundo. Uriya Mukobwa  ndamukunda.
Manda ati” Ariko mu myaka minshi itambutse  wakundaga Brigitte. Ndetse  haburaga iminsi mike  cyane ngo mukore  mariage none mu gahe gato uhuye n’’agakobwa utazi  inkomokouhise  ugakunda  gasebye  rwa rukundo rumaze  imyaka n’isezerano ry’uiwo waruguye  kubana nawe  ukuri kuri aho ni ukuhe??
.
Denis ati” Ukuri guhari nuko arukundo ari uko rumera. Brigitte yari amahitamo y’umuryango wanjye.
Manda ati”  Amarangamutima ariko ntabwo atujyana nk’abatagira  ubwenge, ntabwo wakunda  umuntu gutyo gusa ngo upfe kugenda  gutyo utabanje gusuzuma neza  ngo ninde  ni muntu ki ?
.
Denis ycara  kugatebe karaho.
Manda ati’ Denis hano nyumva neza. Njyewe reka nemere ko uriya mukobwa  umukunda.  Ariko se  we aragukunda? Personality ye se  urayizi? Uzi icyo ashaka  agambiriye?
Denis ati”  Icyo utazi nuko Personality ye ariyo yafashe umutima    wanjye.
.
Manda ati’ Ariko uba ugomba gutekereza  no kumuryango wawe.  Kubera  ko ntawe urabizi neza  ko ntakibaho kiruta umuyango.  
Denis ati” Oya amahitamo yanjye akwiye niyo ya mbere kubera  ko ninjye uzi neza  ikinkwiriye.
Manda ati’ Denis nyamara  biragusaba kwitonda  guhagije.
Denis ati”  Nitondera iki ariko mmugihe nzi neza amahitamo yanjye.
.
Manda nawe aricara ati” Denis  ndabyemera kuba  umuntu yagira  amahitamo ye kurukundo. Ariko iyo  bigeze  kumhitamo y’umuntu ukwiye kubana nawe ntabwo hahitamo amartangamutima. Denis  hano unyumve neza  turi bakuru kukuruta.
Denis amwereka ko amuteze amatwi.
.
Manda ati”   Mukubana uhitamo umuntu uzi neza  bihagije niwe bibashoboka kuruta uwo wahitamo kubana nawe  kubera amarangamutima gusa. 
Denis asa  nuseka.
Manda ati” Denis wiseka. Urukundo ntabwo arirwo rwubaka urugo.
Denis ati”Niki cyubaka.
Manda ati”  Hubaka ubwenge n’ubushishozi  no kwihangana. Kandi ibyo bishoboka gusa  kuri ya  mahitamo y’umuntu uzi neza.
.
Papa Denis baracyahagaze bareba
Mama  Denis ati” Bisa   nkaho yatangiye kumwumva.
Papa Denis ati”Umutima wuriye mwana wongere uhumuke.
.
Bidatinze  Denis yavuye aho mu rugo ajya kuri hotel kureba ko ahabona Gweni ahagaze asanga Gweni ntabwo  yaje mu kazi avugana na Julienne aramubaza.
Julienne ati’ Nanjye   kuva ni joro sinigeze  mbasha kuvugana nawe.
Denis ati” Yabaye iki ko nijoro nagze niwe  mu rugo nkamubura.
Julienne ati’ Nukuri nanjye ndahangayitse.
Denis ati’Reka nsubire  kurebe iwe mu rugo.
.
Ava muri hotel akigera hanze abon Micky  na Brigitte nabo baje aho kuri hotel.
Denis ati” Murakora  iki hano.
Micky ati”Tuje muri gahunda  zacu.
Denis areba Brigitte ati” Niba muzanwe  no kubangamira Gweni ntabwo nzabibimerera  mube mubizi. Kandi ndabizi neza  ko aricyo kibagenza.
.
Denis arabareka arikomereza.
.
Yaje mu rugo kwa Gweni ahagaze asanga ameze  nabi  cyane ari mu ntebe aho yaraye. Armufata amubaza icyo yabaye. Aramuterura amushyira  mu modoka amwirukankana kwa  Muganga.
Nyuma y’amasaha abiri bamwitaho amererwa  neza  maze  barabasezerera.
.
Baza  mu modoka.
Denis ati” Gweni  niki  cyakubayeho??
Gweni yibuka ibyo Papa wa Denis yamukoreye maze yanga kubivuga.
Denis ati’ Gweni ndakubaz a ni bande  bagukoreye ibi? ese ni Umuryango wanjye?
Gweni ati” Oya ni amabandi ntazi.
Denis ati” Umbabarire  kuba  ntabashije kukurinda.
Gweni ati” Denis oya ntakibazo rwose.
.
Denis ati” Reka  nkwereke ahantu tujyana  heza  haza  kugufasha  kuruhuka.
.

Baragenda. Denis acuranga romance song bagenda  bumva umuhanda wose.
.
Udacikwa  na Episode 24

Comments