Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 24.
.
Denis na Gweni hari ahantu barekeje.
.
Chris nandi niwe mwanditsi.
.
Bari mu modoka barimo kugenda bumva romance song. Bakajya bacishamo bakarebana bakamwenyura. Uko barikumwe uko buri wese arumva aguwe neza bidasanzwe muri we.
.
Bakongera guhuza amaso nabwo bagaseka. Haba hagiye akandi karirimbo bose bahuriyeho kandi bazi.
Denis atangira kugenda akaririmbiramo. Gweni akamureba agaseka ariko akumva yishimiye kuba Denis arimo kuririmba.
Denis ati” Aka karrimbo ndagakunda cyane.
Gweni ati” Nanjye ndagakunda sana.
Denis ati” Ngaho mfasha nkaguture.
Gweni araseka ati” Ngo nkufashe ukanture?
Denis ati” Yego.
Gweni ati” Ubwo se nkufashe gute??
Denis ati”Icyo mvuga nuko ubwo nakgutuye umfasha kukaririmba.
.
Gweni nawe aba atangiye gushyiramo ijwi rye bararirimbana.
.
Uko bishimye kurundi h ruhande umutima wa Brigitte wo urabihiwe cyane. Kuva bahura na Denis kuri hotel akababwira ko ikibazanye niba bazanwe no kubabaza Gweni ataza kubakundira. Yahise aba bkuhezemo karungu ahagarara hamwe nk’ipoto. Kuva ubwo Micky yakomeje kumwinginga ngo bave aho ariko yanze.
Micky ati:” Bri njyewe maze kurambirwa kuba aha.
Brigitte aramureba mae aba aragiye yinaga mu modoka. Micky nawe azamo maze baragenda.
Brigitte ati” Njyana mu kabari.
Micky ati” Haracyari kare ntabwo twajya mu kabari izi saha.
Brigitte ati” Nuko nkubwiye cyangwa uhagarike imodoka mvemo njyewe nijyane.
.
Denis na Gweni bagaeze ahantu heza bari bagiye ni ahantu muri ka park gato cyane kaba rwagati mu mujyi kabamo utunyamanswa twiza abantu baza gusura. Gweni ahagaze arahakunda cyane arahishimira birenze.
Denis aramwitegereza cyane.
Gweni ati” Ko undeba cyane.
Denis ati” Nkunze ukuntu utajya uhisha amarangamutima yawe. Nyine ugihe urimo urakigaragaza.
Gweni ati” Cyane.
Denis ati” Ariko niko biba bikwiye kumera.
.
Bakomeza gutembera bareba.
Denis ati” Umbabarire kuba ntari mpari.
Gweni ati” Urasaba imbabazi kugeza ryari??
Denis ati’ Ndumva mfite ikimwaro nakabaye nabaye hafi nkakurinda.
Gweni agaseka ati” Denis wowe ntabwo uri Imana ngo ubere hose icyarimwe. Kandi hari n’igihe warikuza kuba auhari ariko tugakubitirwa hawe cyangwa ukanasanga arinjye urwaniye gutabara wowe ahubwo.
Denis araseka ati”Oya nawe aho urakabije cyane.
Gweni ati” Ibyo tubireke ubu hano ibintu byose bimeze neza.
.
Brigite na Micky nabo baje muri boite kwiyahuza amayoga.
Micky agafata Brigitte ati’ Umva umbabarire ntuze gukabya cyane.
Brigitte ati” Ubu hao ufite kumbwira uko nitwara. N’ubundi ntagaciro nkifite mu maso ya musaza wawe.
Micky aramureka.
.
Amasaha arisunika asatira ijoro Denis na Gweni barataha. Bageze kumarembo ya ghetoo ya Gweni Denis aparika imodoka.
Denis ati” ejo tuzashaka telephone yawe.
Gweni ati” Oya nzayishaka njyewe.
Denis ati” Ariko ntabwo urabona amafaranga.
Gweni ati” nzategereza nyabone.
Denis ati” sure
Gweni ati” Cyane.
.
Denis ati” N mfite igitekerezo.
Gweni ati”Ikihe gitekerezo.
Denis ati’ Ndashaka kukujyana vuba mu rugo .
Gweni ati” Eheeee ntabwo naza iwanyu.
Denis ati’ Umva birakwiye ndashaka kubahamiriza ko ngomba kubana nawe.
Gweni arikanga!
Denis ati” Nibyo. Umugambi wanjye niwo kuri wowe.
Gweni aratangara aranaseka cyane ati” Aka kanya uhise usaba ko twabana se nibyo ushaka kuvuga.
Denis ati” Cyane. Njyewe ndashaka kubana nawe.
Gweni biramutangaza ati” Mbega Denis. Ubu urumva utihuse cyane.
Denis ati” Gweni ni wowe wigeze kumbwira ko igihe cyose uzineza icyo ushaka kandi wamaze kukibona ntakindi kiba gisigaye mu mahitamo.
.
Gweni amureba ukuntu atangaye.
Denis ati” Njye ndakomeje windeba gutyo.
.
Bidatinze mu minsi ibiri ikurikiyeho Denis azanye Gweni iwabo mu rugo. Iwabo bose bahari bareba. Babona ibyo banza ibyo barwanyije nibyo bibaye Denis azanye Gweni iwabo mu rugo..
.
Micky ati” Denis mbonye neza ko uri ikimara.
Denis ati” Sawa urishimye se?
Papa Denis ati” Urakora iki imbere yanjye nuwo mukobwa??
Denis ati” Nje kubabwira ko uyu ariwe fiance wanjye tugiye kubana.
.
Mama Denis arebana na Gweni……
.
Udacikwa na Episode 25
Comments