Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA R RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 25
.
Duheruka Denis yerekana Gweni iwabo yemeza ko ariwe fiance we banagomba kubana.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Buri wese yarababaye, akajinya kazamuka muri buri wese, Gweni arabareba yiturije cyane ntanigihunga afite. Ahuza amaso na Mama Denis.
.
Micky areba Denis aramubwira ati” Denis uri ikimara. Wari musaza wanjye nubaha ariko guhera uyu munsi sinakongera kukubaha umaze kuba ikigoryi.
Denis ati” Ibyo birakureba kuko nubundi kunyubaha kwawe ntacyo byahinduraga kuri njye.
.
Mama Denis arahaguruka areba Gweni ati” Ndashaka kubanza navugana nawe nk’umugore ku mugore.
Denis arabyanga ati” Ntacyo ugiye kuvugana nawe mama. Kandi ni Umukobwa ntabwo araba umugore.
Mama Denis ati” Buri mukobwa wese ni umugore.
Denis ati” Icyo ushaka kuvugana nawe kimubwirire aha.
Gweni areba Denis ati” Denis njye ntacyo bintwaye kuvugana na Mama wawe reka tubikore uko abishaka.
Mama Denis ati”Ndumva ufite umutima ukomeye. Reka tuvugane.
Gweni amwenyuramo ntakibazo afite ati” Rega ntagihai cyo gutinya mama.
.
Gweni ajyana n’ugiye kuba Nyirabukwe.
.
Denis asigara ahagaze aho Auntie Manda na Papa we bamureba nabi cyane. Micky nawe arahaguruka arasohoka ajya hanze.
Papa Denis aba arahagurutse yegera Denis ati” Reka tuvugane natwe nk’Umugabo kumugabo.
.
Nabo bava aho baragenda baza muri Office ya Papa Denis iba aho mu rugo.
.
Kurundi ruhande Micky ageze hanze afata telephone ahamagara Brigitte aramwitaba.
Micky ati” Bite wowe urihe??
Brigitte ati”Ndi muri apartment yanjye.
Micky ati” Muri iyo apartment ugaramyemo urimo gukoramo iki mugihe utazi ibirimo kubera aha.
Brigitte ati” Niki kiri kuba.
Micky ati” Denis yaje kwerekana Gweni amaze kuvuga ko ari nawe bagomba kubana.
.
Brigitte umutima usimbukira mu mutwe ahita abyuka vuba vuba yihuta cyane, afata imyenda arambara ava mu rugo aza yihuta amapine y’imodoka adakora hasi.
.
Tuze kuri Mama na Gweni.
Mama Denis ati” Wa gakobwa we reka nkubwize ukuri. Uburozi bwawe bwamaze gufata Umwana wanjye ariko njye ntabwo bwamfata.
Gweni araseka ati” Nubundi uwo nashakaga ko bufata ni Umuhungu wawe si wowe.
Mama Denis ati” Nyuma na Nyuma umurozi arashize yemera ukurri
Gweni ati”Nkubwiye ibyo ushaka kumva. Kandi niba uzi ko Umwana wawe namuroze. Biroroshye cyane wajya kumurogoza..
Mama Denis ati” uriyumva cyane. Ariko reka nkubwize ukuri pe! Ntabwo uzigera narimwe wowe uba umukazana wanjye n’umunsi wa rimwe kandi icyo ushaka ntacyo uzigera ubona.
.
Gweni araseka ati” Mama rwose wivunika, kuko nanjye ntabwo nshishikajwe no kuba Umukazana wawe. Ikingenzi nuko nzaba ndikumwe n’Umugabo wanjye. Naho ubundi pe ntanarimwe nzigera ndirira ko utanyita umukazana wawe. Cyakora nimbana n’Umuhungu wawe njye nzakubaha nka Mama w’Umugabo wanjye..
.
Mama Denis ababazwa no kwihagagaraho bihambaye bya Gweni.
Mama Denis ati” ariko niki gitera agakene nkawe kwyumva bingana gutyo!
Gweni ati” Rega abakire mwishuka ko ubutunzi aribwo butanga imbaraga gusa. Nyamara ntagitanga imbaraga nk’amahoro. Njye amahoro yanjye atuma mbaho numva ntabwoba mfite habe namba.
.
Tuze kuri Denis na Papa we nabo barimo kuvugana.
Denis ati” Papa niba ushaka ko tuvugana nk’Umugabo ku mugabo urabanza unyubahe nk’Umugabo kubera ko nta mugabo ugenda uko undi mugabo agomba kubaho.
Papa Denis ati” Njyewe hano ndaguha inama nk’Umugabo birenze ibyo ua ndi papa wawe.
Denis ati” Ibyo ndabishimye ariko ntibasobanuye ko inama zawe nza kuzumva zose. Mbwira iyo nama ushaka kumpa.
Papa Denis ati” Wa mwana we reka gukomeza uumutwe.
Denis ati” Ndumva ushaka gutangira kubivanga kandi.
Papa Denis ati” Denis abagabo dukunda gushukwa n’utuntu duto cyane ugusanga utwo tuntu tw’amafuti turadutwaye wese. Kandi ikindi buriya abagore baturusha ubwenge, kubera ko buri mugore wese aba azi uko yatwaramo Umugabo. Uriya Mukobwa akantu gato yakweretse katumye ugenda wese nukugushuka ntakuri nakumwe ikintu yakweretse gifite.
Denis araseka ati” Papa wigira ikibazo uriya mukobwa ntakinyoma nakimwe afite.
Papa Denis ati” Ibyo se niki cyabiguhamiriza.?? uriya mukobwa njyewe twavuganye twamaranye amasaha mvugana nawe icyo nabonye azi gutegura.
.
Denis agwa mu kantu ati” Papa ni gute wamaranye nawe ayo masaha yose mwarihehe ? Wowe nawe mwabonaniye he??
Papa we atinda gusubiza ,
Denis abitekerejeho neza yibuka ko Gweni yigeze gushimutwa aba arabivumbuye ko papa we ashobora kuba ariwe wari washimuse Gweni.
Denis aramureba ati” Papa noneho ndabimenye ko ari wowe wari washimuse Gweni. Kubera iki wabikoze papa??
Papa Denis ati” Ntabwo namushimuse ahubwo naramutumijeho ngo mvugane nawe.
Denis ararakara ati” wakoze nabi. Kandi ibyo mwakora byose ntacyo biza guhindura.
Papa Denis ati” Uriya mukobwa ni stranger ntanakimwe umuziho. Gute wizera Umugore muhuye mugihe gito?
.
Tugaruke kuri Mama na Gweni .
Mama Gweni ati” Abakene nkamwe muba mushaka abagabo mwajya kwegekaho ubuzima bwanyu bubi. Niyo mpamvu ukomeje kwihambira kumuhungu wanjye. Ariko ko baguhaye amafaranga yose ashoboka ukayanga niki kindi ushaka.
Gweni aramuseka cyane,.
Mama Gweni ati” Wishinyika ntacyo ndimo gusekanamo nawe.
Gweni ati” Mbere narinziko abakire aba ari abantu beza bitangaje, numvaga ko kubera ko baba bafite burikimwe cyose aba ari abantu babagwaneza kuruta twe abakene baba badafite nakimwe. Ariko natangajwe no gusanga arimwe bantu mubayeho nabi, arimwe bantu babi, abantu buzuye umururumba kandi ngo bafite burikimwe, abantu bahorana ubwoba n’imishiha idashira.
.
Mama Gweni arimo kumureba akumva yaruka cyangwa akakica.
Gweni akomeza kuvuga ati” Sha muri abakire mu bafatika ariko muri abakene mu mitima yanyu. Ario twe turi abakene mubifatika ariko turi abakire mu mitima yacu. Kandi ntabukungu buruta kuba umuntu aguwe neza mu mutima we. Mama ntakintu nakimwe nshaka kubutunzi bwanyu rwose tekana ushyire umutima hamwe.
.
Kurundi ruhande Brigitte ageze hanze kwa Denis asanze Micky hanze.
Brigitte ati” Denis nuwo Gweni barihe??
.
Gweni aracyabwiza, mama Denis ukuri maze Mama Gweni bigera aho bimurenga agiye kuzamura akaboko ngo amukubite urushyi, Gweni aragafata.
.
Next Episode 26
Comments