logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 26

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA W’IRABURA.
.
Episode 26
.
Duheruka, Mama Denis yaragiyegukubita Gweni urushyi Gweni aramufata.
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni amufata akaboko amurebamu maso aramubwira ati” ntaburenganzira ufite bwo ku nkubita.
Mama Denis ati” duhe amahoro ureke umuhungu wanjye.
Gweni ati” Njyewe  nta mahoro nabambuye,  Denis ni Umwana wanyu niba mwabasha guhindura umutima we  mubikore kubera ko urukundo rwanjye kuri we ntabwo ari agahato. Njyewe sinzi nicyomu mbaza .
Mama Gweni amurebana umujinya ati” Uko waba wiyumva kose  ntakintu uzageraho cyo kuba wabana n’Umuhung wanjye.
Gwei araseka ati” rega kuba mukunda  ntabwo nshishikajwe  no kuba nabana nawe.  No kuba yanzanyehano byari amahitamo ye.
Mama Gweni ati” Ariko nawe nibyo washakaga.
Gweni ati” Ikifuzo cy’umukunziwanjye aba ari ikintu kingenzi kuri njye.
.
Kurundi ruhande  Papa Denisna Denis nabo baracyavugana.
Papa Denis  ati” ese  niba utanashaka  Brigitte ubu mu bakobwa  bose  bakugaragiye baba hafi yawe  ubu Gweni niwe mukobwa  wabonye.  Byibura ntiwari no gushaka undi ugaragara ariko uguhesha icyubahiro. Uriya mukobwa  agiye gutuma utakaza agaciro kawe  m ruhame.
Desni ati” Papa uko abandi baba babona ibintu ntacyo bisobanuye nakimwe mfa kuba njewe  nzi icyo nkeneye naho ibyo abandi baba bashaka kuri njye ntacyo bisobanuye. Nuko bimeze  kandi. Kandi ikindi ndumva turimo guta umwanya tuvuga  ibi.
.
Denis ave aho yigendere.  Arimo agenda ahura  na Auntie Manda.
Auntie Manda ati” Denis  nubwo udashaka kumva ariko urimo kuyoba. Kadi bajya bavuga ntawihura  nk’umuntu wayobye.
Denis ati” Ok. Niba ndimo kuyoba mureke nyobe.
Manda ati” Uri umuryango wacu ntabwo twakureka.
Denis ati”  ibyo ntabwo mbyitayeho habe na gato.
.
Agiye kwikomereza Manda aramufata ati” Wa mwana we  basi fata akanya ubanze witekerezeho neza.
.
Kurundi ruhande Gweni nawe asoje  kuvugana na Mama Denis maze amusiga aho bavuganiraga arigarukira arimo agaruka akbitana na Brigitte. Brigitte ahita amufata umunigo n;umujinya mwinshi atangira kumuniga.
Brigitte ai” Wandaya we yirabura  yavuye  mu cyaro urumva waza ugutwara Umugabo wanjye byoroshye.
Gweni aramwiyaka amusunukira  kuruhande Brigite agwa  hasi.
Gweni ati” Niba ndimo gutwara Umugabo wawe se urumva atari wowe ufite  ikibazo??  ni gute uwitwa Umugabo koko atwarwa n’akandi gakobwa  ka mafuti nk’ubivuga? Aho si wowe  ufite ikibazo??
.
Brigite ahagurukana umujinya agiye kongera  kumufata  Gweni aramureba ati” Ibeshye wongere  ubigerageze.
Brigitte avugana umujinya atongana cyane ati” Ntabwo bizigera  bibaho. Ntabwo Denis azigera aba uwawe.
Gweni ati” Rwose tuza ihangane  ntabwo mpanganye nawe.  Denis ari hano arahari niba ari Umugabo wawe rwose  uko ubivuga genda  umufate.
.
Gweni arikomereza agaruka muri Saro ageze  muri Saro asanga nta muntu numwe uari abantu bose  bagiye batatana.
Micky aba aje  mu nzu aramubona brarebana.
Micky ati” Wa muroze  we  ushobora kuba cyagihe utarize  isomo, ariko ibyo wakwikora  byose  ntabwo bizakunda  ko ubana na Musaza wanjye.
Gweni araseka ati” Nonese  aho kubibwira  njye wajya kubibwira  musaza wawe.
.
Desni aba aramanutse  avuye hejuru kuvugaa na Papa we asaga Brigitte hasi. Brigite aramwitambika .
Brigitte ati” Denis  koko uyu ni uwuhe mukino urimo.
Denis ati” Nta mukino ndimo.
Brigitte ati” Nonese  wabaye iki  kirimo gutuma  ukora ibinu bidasobanutse??
Denis aramureba gusa maze arikomerezantakindi avuze aza  muri Saro asanga Gweni yaramutegereje maze amufata akaboko ati” Twigendere.
.
Bava aho m rugo baragenda. Buri wese aho mu rugo abareba bagenda. Brigitte arasaa arasakuza  cyane.
.
Mama Deis yegera Papa Denis ati” Uriya mwana muvuganye iki??
Papa Denis ai”  Intekerezo ze  zose zamaze  kugenda  ntabwo agutekereza. Wowe  umukobwa  muvuganye  iki??
Mama Denis ati” ntabwo ava kwizima.
Papa Denis ati” Narinababwiye uriya mukobwa  akomeye kurenza uko twe  tumutekereza. Burya turibeshya abakene ntabwo ari abanyantegenke nuko tubitekereza.
Mama Denis ati” Dukwiye gushaka ikindi twakora kigaharika Denis akagrura  ubwenge.
Papa Denis ati” Ikindi twaora  niki??
.
Kurundi ruhande Gweni na Denis barimo kugenda bisekera.
Gweni ati” Denis wantangeje cyane  umaze  kuba  undi muntu.
Denis ati” Nakwigiyeho byinshi Gweni.
Gweni ati” Ntabwo narinzi ko wabasha guharara imbere y’umuryango wawe ngo ubashe guhamya ushize amanga iby’amahtamo yawe.
Denis ati’ Iyo uzi icyo ushaka ntabwo uba ukwiye kujijinya mu mahitamo. Ni ijambo rikomeye ryavuzwe na Gweni.
.
Baraseka.
Denis ati” Rwose  kuri njye wagiye mu mubare w’abantu bahamaye bavuze amagambo akomeye yahindura abantu.
.
Tugaruke mu rugo barimo gutekereza. Brigitte arahaguruka arabareba ati” Bisa nkaho njyewe ngiye gutabwa kuruhande.  Imyaka yose namaz ndikumwe na Denis igiye kuba imfabusa.
Mama Denis ati” Brigitte wivuga gutyo navuze ko ari wowe mukazana wanjye. Ibyo Denis yaba arimo kwigira  byose.
Auntie Manda ati” Njyewe hari icyo mbona twakorera Denis akava kwizima.
Bose baramureba
Papa Denis ati” Niki twamukorera.
Auntie Manda ati” Mu mwambure burikimwe  cyose afite. Asigarene ubusa.
.
Udacikwa na Episode 27

Comments