Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 27
.
Duheruka, Auntie Manda atanze igitekerezo ko Denis bamwambra byose afite ko aribwo buryo buhari bwatuma babasha kumuhagarika.
.
Umwanditse Chris nandi ishimwe.
.
Bose batekereza ku gitekerezo Manda atanze.
.
Micky ati” Igitekerezo atanze nicyo. Denis naba ntakintu nakimwe agifite Gweni azabona ko ntacyo agifite maze amuveho.
Papa Denis ati” ariko uriya Mukobwa ntabwo ikimushishikaje ari amafaranga.
Mama Denis ati” Niko yigaragaza ariko ntakindi ashaka.
Micky ati” Abakobwa niko basigaye barahinduye umuvuno bitwara nkaho ntakintu bashaka kugira ngo babanze bigarurire ikizere.
Mama Denis ati” yabanje kwemeza Denis ko ntakintu ashaka. Agera kuri twe abanza gushaka kutwemeza ko adashikajwe n’ubutunzi bwacu kugira ngo tumwizere.
.
Papa Denis arabyumvaati” Ubwo niba Denis niba akomeje gufumga umutwe niko biza kumera.
Mama Denis ati” Uwo ni umwanzuro mwiza tugomba gufata.
.
Kurundi ruhande Denis agejeje Gweni kuri ghetto ye bahageze basanga Julienne bakorana ahagaze imbere ku marembo.
Gweni ava mu modoka abaza Julienne icyo akora aho.
Julienne arasekaati” Koko rimo kumbaza icyo nkora hano??
.
Barahoberana. Denesnawe ava mu modoka asuhuza Julienne.
Gwen areba Denisati” Denis urakoze cyane kuba ugejeje hano mu rgo.
Denis ati” Ni inshingano zanjye kuko uri fiance wanjye vuba tugiye kubana.
Julienne abyumvise agwa mu kantu areba Gweni ati” Naha se ibintu bihise bigera.??
Gwei araseka areba Denis ati” Denis ngaho ba ugiye??
Denis ati” Mbe ngiye he natekereje ko tugiye kumara akanya ndi hamo ndikumwenawe.
Gweni ati” Oya inshuti yanjye ije kunsura kandi dushaka kuganira ibyacu.
Denis araseka ati” ariko…
Gweni ahita amuca mu ijambo ati” Denis urabizi
Denis ati” Ntabwo ujya ujijinganya ku kintu ushaka.
Gweni aramwegera aramubwiraati” Kandi suko Julienne akuruta ariko nuko nshaka kuba nganira nawe n’abakbwa.
Denis ati” Yeah ndakumva bea. Reka ngende tuze gusubir.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis, Brigitte na Micky bavuye mu nzu bagiye kugenda bajya mu modoka.
Brigitte ati” Ntabwo ngiye kwicara nanjye ngiye gushaka icyo nkora kariya ntigakomeza kuba ikibazo cyanye.
Micky ati” Ndagushigikiye icyo ubona gishoboka cyose.
Brigitte ati” wampa igitekerezo.
Micky ati” Nintekereza.
.
Batsa imodoka baragenda.
.
Muri Gheto ya Gweni. Barimo guteka icyo barya.
Julienne ati” Biriya numvise ni ibyanyabyo.
Gweni ati” Cyane.
Julienne aratangara ati” Disi umugish wawe ugiye kuwubona.
Gweni ati” Uwuhe mugisha.
Julienne ati” Ibaze umukobwa nkawe ugiye kubana n’Umusore umeze kuriya. Urumva atari umugisha.
Gweni ati” Ntabwo njyewe kuba ngiye kubana nawe mbifat nk’umugisha ngiriwe. Urukundo ntabwo aba ari umugisha umuntu asitayeho cyangwa ubuntu agiriwe. Naramukunze arankunda.
Julienne ati” ariko sha……
Atarakomeza kuvuga Gweni amuca mu ijambo ati” Julie, amagambo uhaka kuvuga nayo kwica amazi. Kuba turi abakene cyangwa tuva mu miryango ukennye kuba twabana n’abana bakomoka mu miryango ikizeaba ari buntu tugiriwe rwose siko bimeze. Urumva.
Julienne ati” Ndabyuma
Gweni ati” Ntabwo nakunze Denis kubera ko akomoka mu muryango ukize. Kandi ntabwo yankunze kubera impuhwe angiriye.
Julienne ati” Ibyo nkri.
.
Gweni ati” Nuko bimeze rero. Kandi family ye nbwo itabyumva ibyo barabareba rwose.
Julienne ati” ese koko niba umuryango utakumva bazakorohera??
Gweni ati” Njyewe ntakibazo nagito mbifiteho. Ikizima nuko nzba ndikumwe n’rukundo rwanjye. Rega uko usanga abantu bakomeza ibintu ngo ba nyirabukwe ntibabakunda. Ariko icyo umuntu aba akwiye kureba gusa ni urugo rwe gusa . we n’Umugabo we gusa.
Juliene ati” Nuko hari igihe usanga Umusore acyumva iwabo kuruta uko akumva nk’Umugore we.
Gweni ati” Uwo aba ataraba Umugabo kand aba atazi icyo ashaka. Uwo rero we rwose ndamureka.
.
Igihe kirisunika Gweni agaruka mu kazi uko bisanzwe ahageze Miguel amubwira koatakiri umukoziwaho.
Gweni ati” Kubera iki??
Miguel ati” Nuko bimeze.
Gweni ati” Nyine mbwira nirukaniwe iki?
Miguel ati” wibaza menshi wowe ntabwo ukiri umukozi wa hano taha.
Gweni ati” Ntabwo byumvikana. Umuntu yirukanwa gutyo gusa.
Miguel ati” Wareka kuntesha umutwe ukava han ukagenda.
Gweni ati” Ntabwo mva hano ntasobanuriwe impamvu nirukanwe.
Miguel ati” Ugiye no kwihambira se mu kazi utagikenewemo??
Gweni ati” Oyaaaa suk nshaka kwihambira mu kazi ariko sinkunda akarengane. Nshaka kumenya nia guhagarikwa kwanjye basi biciye mu mucyo.
Migiuel ati” Twagabanyije abakozi.
.
Gweni ati” aho ndabyumva noneho. Murakoze cyane.
Gweni ava aho arigendera.
.
Kurundi ruhande Denis ahagaze muri Office ya Papa we arimo kuburana.
Denis ati” Papa kubera ikinambuwe byose??
Papa Denis ati” Umva wanze kumva. So nabwo nshaka ko ibyanjye bijya kuribwa n’Umuntu utarabivunikiye.
Denis ati” Ariko Gweni yaberetse ko ntanakimwe akeneye ku mitungo yanyu.
Papa Denis ati” kuva nawe wafashe icyemezo cyo gukomezanya nawe shaka ibyawe muzabanamoapana ibyanjye. Ahubwo mpereza na contake.
Denis yumva biramurenze ati” Papa..
Papa Denis ati” ubwo watweretse ko umuryango ntacyo usobanuye, ngaho genda wijyege utangire bushya nk’Umugabo. Nuko bimeze.
.
Denis nawe bamwambuye byose.
.
Udacikwa na Episode ya 28
Comments