logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 63

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 63

.
Twaherutse  Mama Denis  aje  mu rugo kwa Gweni
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni amuha ikaze, Mama Denis arinjira  areba ahantu Gweni asigaye atuye  ni heza  cyane.baricara.
Gweni ati” Ndatunguwe kubona  ugeze  hano.
Mama Denis asekamo ati”Nanjye ndatunguwe  rwose  kuba nisanze  hano.
Gweni ati” Wowe  ntabwo bigutunguye kubera  ko waje   ubizi.
Mama Denis ati” Yego naje mbizi ariko sinatekerezaga  ko igihe kimwe arinjye uzifata nkaza  kukureba.
Gweni araseka ati” Ihangane bibaho.
Mama Denis atuje ati” Oya ntacyo kwihanganira  kuko iri ubwaryo ni isome.
Gweni asekamo ati” Noneho   urabasha kwiga se?
Mama Denis ati” Gweni namaze kwemera  ko buri muntu wese  uri kwisi aba ari mwishuri. Nuko ahubwo kwiga kwacu usanga bitandukanye.
.
Eliya aba araje aza  hafi ya Gweni.
Gweni ati” Reba akantu keza   udutegurira  urabona ko tugize  umushitsi ukomeye.
Eliya ati” Ese  hari icyo yaba yifuza??
Gweni ati” Oya singombwa  kumubaza,  urabizi ko abashitsi bacu tubategurira  ibyiza  cyane  cyane iyo tubazi.
Eliya ati” Uyu we  ntekereza ko atandukanye.
.
Mama Denis araho arimo kumva ukuntu bamuvugaho bakukanwa. Arabareka.
Gweni ati” Nawe ndamuzi.
Mama Denis ati” unzi ibingana iki??
Gweni ati” Umuntu wese  mfite aho mpuriye nawe  ikintu cya mbere nkora ni  ukumenya. Wenda  simenya  byose  kuri we ariko menya ibihagije byibanze.
Mama Denis araseka ati” Kuva na mbere  hose  uri Umukobwa  udasanzwe!
Gweni ati” Ariko mbere  siko wabyemeraga.
Mama Denis ati” Suko ntabyemeraga ahubwo waduteraga urujijo. Twibazaga uko umeze  ahantu ubikura  kandi uri umukene.
Gweni araseka.
.
Kurundi ruhande mu rugo kwa Denis. Ahagaze  mu cyumba cye arim gutekereza  kuri Gweni.
Uwo mwanya  Sabine aza  kumubwira  ko Papa we amushaka ashaka kuvugana nawe. Denis ahita ava  mu cyumba yitaba  Papa we  amusanga muri Office ye nto  iba aho mu rugo.
Papa Denis ati” Welcome muhungu wanjye.
Denis ati” Urakoze  Papa.
Papa Denis ati” Nishimiye ko akanwa kawe  kakibasha kunyita So.
Denis ati” Uko byaba bimeze  kose  umubyeyi aba ari Umubyeyi.
Papa Denis ati” Ndabizi ko iyo Umubyeyi yababaje umwana we  aba asigariye gusa  ku cyubahiro cyo kuba yaramubayey gusa  ntakindi. Mwana wanjye umbabarire. Umbabarire  kuba ntaragushigikiye nk’Umugabo.
Denis ati” Papa  kubwira  umuntu ko umbabariye biroroham , ariko kwakira ko wamubabariye muri wowe bitwara  akanya.
Papa Denis ati” Ibyo ndabizi cyane. Gusa  ntegereje igihe cyose  bizafata.
Denis ati” Ndakubabariye.
Papa Denis ati” Urakoze   cyane.  Kandi ndize  bihagije.uwo nurwanyije niwe  watabaye ubuzima bwanjye.
.
Denis ati” Yego,uwo mwahigishaga amacumu, we yarimo yiruka imihana ashaka  icyatabara ubuzima bwawe. Uwo mwanze we  yagumanye urukundo abakunda  muri we
Papa Denis ati” Nuzuye isoni mu mutima wanjye.   Ese  hari amahirwe  yuko nakwicarana nawe tukavugana??
Denis ati” Nanjye ubwanjye ntabwo ndicarana nawe  ngo  tuvugane.
Papa Denis ati” Nubonana nawe  wazamuhaye ubusabe bwanjye??
..
Kurundi ruhande  mu rugo kwa  Mia, Micky na Jovia bahateraniye Micky arimo kubabwira  inkuru y’ukuntu Gweni ariwe  watabaye Company yabo. Ababwira  nuko asigaye asa.
Mia ati”   Ubuse  ni mwuzuye ikimwaro??
Micky ati” Uzi  bimwe  byo  kugwa  mu kantu ukaba  nkimbeba  iguye mu mazi  niko nabaye nkimara kubona ko ari Gweni.
Mia ati” Nyamara  hari ibintu twishuka twibeshya.  Twibeshya ko ubu buzima aritwe tubufite mu kiganza  tubujyenga ariko siko bimeze.
.
Micky ati” Nanjye ntibwo ntangiye kubyumva.
Javia ati” Ninde wizeraga ko Gweni twari tuzi kuriya yagaruka  yarabaye kuriya.
Micky ati” Ariko uretse  ko  na mbere  hose  uriya Mukobwa  yararenze.
Mia  na Jovia baraseka
Micky ati” Muraseka ibiki??
Mia ati” Utangiye kubyizera se?
Micky ati” Kiriya  gihe twaramufatiranye. Burya iyo utazi umuntu ntabwo uba ukwiye kumutwara  uko wiboneye.
.
Tugaruke mu rugo kwa  Gweni .Eliya yabazaniye utwo barya baganira. Kandi Mama Denis aumva yanyuzwe.
Gweni ati” Urumva bimeze  gute??
Mama Denis ati” Nibishya kuri  njye ariko ntabwo bisanzwe.
Gweni ati”  Twe  hano nuko bigenda  ntabwo wakwakiriza  umuntu  ikintu asanzwe amenyereye  cyereka iyo aricyo ufite muri ao kanya n’ubundi. Uretse ko niyo cyaba  aricyo ugitegura no mu bundi buryo.
Mama Denis ati” Ndagushimiye  cyane.
Gweni ati” Murakoze  mama.
.
Mama Denis yumvise Gweni amwise  gutyo ngo mama aba nkutunguwe ati”  ese  uracyamfata gutyo??
Gweni ati” Yego, 
Mama Denis ati” Birandenze!
Gweni ati” Kubera  iki??
Mama Denis ati” Ntabwo narinzi ko ucyinyubaha gutyo.
.
Gweni ati” Indangaciro zanjye   ntakintu nakimwe  kizihundura. Uko njye nawe  twaba tubanye kose  ntabwo byatuma   ntakaza  ikinyabupfura  ngo nteshe agaciro icyubahiro cyawe.
Mama Denis ati” Ubuda sa  bwawe. Ubundi kuki nabaye   impumyi  mbere  hose. Ndibaza nti ababyeyi nkatwe  tureba  gute?? ubwo ndabaza  n’abandi babyeyi bagenze banjye murimo gusoma  iyi nkuru. Ndavuga wowe urimo kuyisoma muri aka kanya.
Gweni ati” twavuze  byinshi ariko kugeza  n’ubu ntimurambwira   ikibagenza hano.
.
Mama Denis ati” sinzi niba ari ubusazi ariko  ibyo ngiye kuvuga bingenza nibyo ntakundi.
Gweni ati” Yego amatwi yanjye arakumva.
Mama Denis ati” Ese wambera umukazana ugashyingiranwa n’Umuhungu wanjye?
.
Udacikwa na Episode 64

Comments