logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 62

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.

Episode 62
.
Twaherutse,  Gweni atamaje Brigitte n’umuryango we burundu amabi yabo yose ayashize ahabona.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Ibyo Gweni akoze   bose  byarabarenze, Denis biramurenga cyane kwihanga biranga ahita afata Gweni aramuhobera  aramusoma  bose  bareba.  Hashize  akanya  babona bose  barimo kubareba maze bahita barekurena.
.
Denis ati” Urakoze  cyane.
Gweni ati”  Denis ntakibazo.
.
Gweni areba abagize  umuryango wa  Denis ati”  Ntabwo mwankunze  kandi sikibazo rwose  kuba mutarankunze ariko njye narabakunze  ntabwo narikwemera  ko abo nkunda  barengana cyagwa  bangirizwa  n’Umugizi wa  nabi ndeba. So  Imana ishimwe  ko ibyi nakze  basi hari icyo bigiye gutanga mugire umunsi mwiza.
.
Denis aramufata ati” Nonese  ugiye he??
Gweni ati” Denis mfite akazi ko gukora.
Auntie Manda ati” Gweni ntabwo  wahta ugenda. Basi marana natwe agahe ugushimire.
Gweni areba Manda ati” Manda ntanakimwe  nakoze  kugira  ngo kire  icyo mpabwa. Kand niyo  nakwemera kugira icyo mfata ntabwo nafata icyo mpwe namwe.
.
Gweni ahitaasohoka aragenda. Denis  aramukurikira.
Jennifr areba Mama Denis ati” Mama Deni ubu niki utabonye??
.
Gweni ageze  hanze  abona Denis yamukurikiye arimo kumuhamagara  ngo areke bavugane.
Gweni  arahagarara Denis amugeraho.
Denis ati” Bite byakugendekeyee  gute??
Gweni ati”  Niki ushaka kumenya Denis??
Denis ati”  kuki wagiye ukansiga??
Gweni ati” Ntabwo nagusize  Denis. Ario naombaga kujya gushaka aho mpera  nanjye. Kubwo amahirwe  Imana  yangiriye neza  impa umugisha wanjye ubu mfite akazi nanjye ndabasha gukora.
.
Denis ati” Nonese  ko ugenda  nkaho ibyacu bitagihari.
Gweni ati” Utekereza  ko  hari  ikizagwisha ibyacu se??
Denis ati” Nyine muri  aka kanya twakamaranye Umwanya.
Gweni ati” Ndagutimiye iwanjye uzaze  tuganire.
.
Gweni yinjira  mu modoka ku kazi iwabo baramutwara.
.
 Hadaiye akanya RIB  ihita igera  aho ku kazi bafata Brigitre, Musaza we , Papa we  barabajyana.
Abandi nabo afata imodoka bataha mu rugo.
Ikiri mu mutwe  wa buri wese  ni’ibyo Gweni yakoze  uburyo  yatabaye Company yabo.
.
Bagera  mu rugo   bahutira  guhita bajya guha apa Denis umuti Gweni yabahaye.
.
Micky na Manda bicaye muri Saro 
Micky ati” Njyewe nubu ndimo kwibaza  niba uriya ari Gweni??
Manda ati “ Twese  yadutunguye  cyane. Ariko  kuva  na mbere  byaragaragara  ko uriya mukobwa arenze  nubwo twamupingaga.
Mama Denis avuye Papa Denis umuti.
.
Nawe  aricara aho.
Micky ati” Gweni.
Manda ati” Nawe urimo kuvuga Gweni.
Mama Deni ati” Gweni yabaye Gweni hano mu rugo rwacu. Ariko ubu noneho yagarutse ari Gweni  wundi.
.
Jennifer  yari yagiye mu bwiherero. Nawe aba araje ati” Ariko nari narababwiye.  Ubundi amaso yacu areba he kuburyo tutajyadupfa kumenya umuntu’ w’ingenzi??
 Micky ati”   cyakra yaracyeye pe.
Manda ati” Yrasa neza pe!  Birenze.
Mama Denis ati” Nanjye numiwe.
Micky ati” Igikara  cye cyiza  gicyeye cyane asa  neza.
Manda ati” Ntagikabyoe pe.  Kubwiza bwe  orginal atashakiye mu birungo.
.
Denis aba arinjiye aza kwicarana nabo.
Mama Denis ati” Denis utubabarire.
Denis ati” Mama nababariye.
Manda ati” gutyo gusa.
Denis ati” Murashaka ko mbabarira  gute?
Mama Denis ati” Ubu noneho wabana n’Umugore  ushaka.
Denis ati” Natekereje ko mwamaze  no gutegura  Umukobwa  warigusimbura  Brigite//
Mama Denis ati” Nawe utangiye kubikabya  cyane. Ahubwo ibya Gweni bimeze  gute??
Denis ati” Gweni afite umugabo.
Bose  barikanga birababaza  cyane. Denis arabibona ati” Niki se  ko kandi bibabaje??

Jennifer ati” Yrashatse  kandi yavugaga ko  ibyo yakozeyarwanira  urukundo rwe??
Denis ati” Yego  ku nkunda  ntabwo byigeze  bishira  muri we kimwe  nuk nanjye nabagana na Brigite kandi nkunda  Gweni.
.
Mama Denis arababara  cyane ati” Mbega amakuru mabi.
Denis ati” Njyewe  ndibaza  ubundi kubera  iki  kuba yarashatse  afite Umugabo biabaje kandi mutamushaka.
Manda ati” Denis ntabwo twamushakaga  icyo gihe.
Denis ati” Mukorwe  n’amsoni. Mbere  mwabonaga ataba Umukazana wanyu none ubu agze  icyo akoze  nibwo mubonye ko yaba Umukazana. Mujye mureka uburyarya.
Mama Denis ati”   Denis ntabwo  turi indayarya ahubwo mbere twari mu mwijima.
Denis ati”  Ubwo nuko byagenze  nyine  mwarampamije.
.
Denis arahaguruka arigendera. Micky nawe ava aho ajya kuvugana na Mia.Mama Denis asigara aganira  na Jennifer.
Mama Denis ati” Ni gute nabaye umubyeyi utareba koko.
Jennifer ati” Ni bimwe  nyine Gweni yabaga avuga ngo amafaranga atugira  ibigoryi tukaba abakoroni bayo. Akadutera ubwibone  akatugira ibimara  bitabasha gutekereza  neza  mu buryo bwa  ki muntu.
Mama Denis ati” Uriya mukobwa  yarafite ibanga ry’Ubwenge kuva mbere  hose  ariko ntabwo twigeze  tumuha amahirwe.
.
Igihe kiricuma.
Papa Denis arakira  arongera aba muzima aba muryerye. Bamubarirye inkuru y’uuntu byose byagenze.
Brigitte n’umuryango  we  nabo  baje guhamwa n’icyaha cy’ubujurwa  bwapanzwe  n’ubwicanyi.
Urukiko runatesha agaciro  ibyo Brigitte yari yaheshejwe  nitegeko nyuma yo gusaga ko byari agapangu katuguwe kuva mbere  hose.
.
Haciye iminsi itanu, Gweni yibereye mu rugo iwe   abona Mama Denis ageze iwe  aje kumureba.
.
Udacikwa  na Episode ya 63

Comments