Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 61.
.
Twaherutse Gweni agiye gutamaza brigitte nUmuryango we.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni arakomeza ati” Ntabwo nagombaga kwicara ngo uzavogere urukundo rwanjye uririmbure. Icyo ukunda urakirinda kandi ukakirwanaho.
.
Uko avugana uwo mwanya Jennifer nawe aba arahageze ajya mu bandi arumva.
.
Gweni ati” Kuva nakumenya Brigi, no kuva warwanye urukundo rwanjye.
Brigitte avuga asakuza ati” Ni wowe warwanyaga urukundo rwacu…
Gweni ati” wowe ntabwo wari urukundo kuri Denis ahubwo wari ikibi kuri we. Nonese urukundo ruzina rutega imitego uwo rukunda. Urabizi ko ari kenshi wajyaga usindisha Denis ukamusambanya.
Brigitte ati” Uri ikimara Umugabo wamusambanya gute??
Jennifer ati” Ceceka abanze avuge..
.
Gweni ati” Nararwanyijwe cyane. Ariko sinagombaga kuva kwizima kurukundo rwanjye. Gusa nameye kubanza nasubira inyuma kugira ngo ninsimbuka nzasimbuke neza. Kuva icyo gihe natangiye kujya nshunga intambwe yowe, natangiye kujya nshuka burijambo ryose riva mu kanwa kawe. Buri gikorwa cyose ukora.
.
Brigitte akareba na Papa we.
Gweni ati” Igikorwa cya mbere nakoze nahereye mu kwinjirera telephone yawe mbanza kuyihuza n’iyanjye. Nakoherejeho umuntu akwigiraho mwiza agutira telephone urammutiza, kumbe yari umuntu wanjye natumye kugira ngo n’umuhe telephone aze kuyikurura nzayihuze n’iyanjye. Bivuze ngo aho buri jambo ryose wavugiraga kri telephone nararyumvaga byatumaga menya na buri hant hose ugiye.
.
Brigitte arikanga arasara agiye kumwataka Denis aritambika aramufata.
Papa Brigitte aboye bikomeye aravuga ati” Brigi reka uwo mkobwa w’umusazi twigendere.
Denis ahita afunga umuryango ati” Buretse ntaho mujya.
.
Gweni arakomeza ati” Brigitte inshuro zose wagiye ujya guhura na Papa wawe mukagambana nabaga nabakurikiye. Kubera ko mwapangaga ghura namaze kubimenya kare. Ibyo mwavugaga byose nabaga mbyumva kandi nabafataga amajwi.
.
Gweni afata memory cardy ayishyira mu kijigo ahereza Denis ngo bashyire kuri television .
Ako kanya amashusho n’amajwi y’igihe cyose Brigitte yabaga yahuye na Papa we barabireba nibyo baga bavuga.
Barongera babona n’ama shusho umunsi ahura na Musaza we charles nibyo bavuganye byose.
Barongera babona n’amashusho y’igihe Brigitteajya guhura kwibanga n’umuntu wamuhaye amarozi yagombaga kuroga Papa Denis.
.
Buri kantu kose gashoboka Gweni yagiye afata barakabona.
Brigitte dore ngo arakangarana umutima uradiha urazamuka cyane hafi kumusosokamo.
.
Mama Denis, Manda n Micky bararakara cyane maze baramufata, baba batangiye kumutera inshyi. Papa Brigitte na Charles bagiye guhanagana ngo barwane. Denis aba ahamagaye securites barabafata.
Mama Denis akababaro karamwica ati” Ni gute niringiye Satani?? kumbe ni wowe ugiye kunyicira umugabo??
Micky aramureba ati” wandaye we nigute nakwizeye.
.
Gweni ati” Igihe uhura n’Umuntu warukuzaniye amarozi ntabwo nahise menya ibyaribyo, mba narahise mburira Papa Denis cyangwa nkamenyesha umuryango we. Ariko byansaby igihe gihagije kugira ngo mbanze kumenya impamvu waruhuye nuwo muntu. Byo nabissobanukiwe vuba aha. Ndetse nanze guhubuka kubera ko nashakaga kubanza nakusanya burikamenyetso kose.
.
Gweni areba Denis n’Umuryango we ati” Mu mbabarire kuba ntarahise menya ko Papa Denis yaragiye kurogwa. Ariko igihe nari naragiye nabashije guhura n’Umuntu wamfashije kubona Umuti wakiza Umusaza wanyu.
.
Akora mu isakoshi awukuramo arawubahereza..
.
Maze Brigitte yihagararaho ati” Ibi byose wakusanyije wavunikiye ubusa kuko ntacyo byamara byararangiye.
Gweni ati” Oya ntabwo byarangiye kubera ko nyuma yuko Umugabo amenye byose yemerewe kujurira.
Brigitte ati” utekereza ko se ibyo byaba ibimenyetso kandi waramfashe amajwi n’amashusho mu buryo butemewe n’amategeko??
Gweni ati” Ibyo ndabizi ko njye wagufashe amashusho n’amajwi mu buryo butemewe nakoze ikosa. Iryo nzarihanirwa ariko ibikubiye mu byo nafashwe n’ibimenyetso rwose bazakuramo ukuri kuko birigaragaza. Kandi n’Umuntu wakuzaniye amarozina navuganye nawe yemeye kuzaba umutangabuhamya.
.
Brigitte yumva arapfuye ararangiye.
Denis ahita ahamagara kuri RIBA atanga ikirego bushya.
.
Gweni areba Denis ati” Honey , naratinze ariko narwaniraga urukundo rwanjye bucece kuko ntabwo rwagombaga kugwa ndeba.
.
Udacikwa na Episode ya 62
Comments