Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZAA WIRABURA
.
Episode 60
.
Twaherutse Gweni yinjiye kuri company yo kwa Denis abantu bose bamubonye bagwa mu kantu!
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Bose barena uko agarutse ameze barumirwa ndetse ahubwo batangira no gushidikanya ko yaba atari Gweni.
Gweni arabareba baramureba.
Gweni araseka ati” Mwese mwanyobewe.
.
Areba Denis ati” Denis nawe wanyobewe??
Denis ati” Njye ntabwo nakuyobewe ahubwo nuko nabuze nkwifataho nyuma y’igihe cyari gitambutse ntazi iyo wagiye.
.
Brigitte aramureba aramwitegereza ati” Uyu ntabwo yaba ari Gweni.
Micky ati” Are you sure uri Gweni??
Gweni ati” Cyane. Burya buri gihe kizana n’impinduka kandi ntawe uhagarika ahazaza hu muntu.
.
Gweni yagarutse acyeye cyane bidasanzwe ari mwiza bihebuje kandi yambaye bitangaje!
Auntie Manda arumirwa ati” Aka kanya waba uhindutse gute gutya??
Gweni ati” Manda ubu buzima ntabo Imana yabugeneye burundu ngo bube umurage wabo burundu. Igihe n’igihe uwo wabonaga inyuma yawe mukandi kanya ushobora kumubona imbere yawe. Cyangwa uwari imbere yawe kandi kanya akaba ari inyuma yawe. Kuki ibyo abantu tutabiona. Ariko abantu tubaye tubibona , icyo gihe nta muntu waba ukibayeho yikomanga mu gatuza yiyumva nkusumba abandi.
.
Bose barumiwe. Byarabarenze umukobwa agarutse ari mwiza no kubarenza bose.
Gweni ati” Gusa neza ni umwambaro buri wese yakwambara igihe n’igihe.
Denis ati”Urakoze kuba ugarutse.
.
Gweni areba Brigitte ati” Wowe reka tubanze dukemure ikibazo warugiye guteza.
Brigitte aramuseka ati” ubu se wowe niki mfite kuvugana nawe??
Gweni araseka ati” Eeeeeh niba ari ntacyo ufite ariko njye ndagifite kandi gikomeye.
Brigitte ati” Ntamwanya mfite guta kuri wowe. Niba Denis ugarutse kurwanira nguriya rwose jyana.
.
Gweni ati” Oyaaa ni wowe nshaka kuvugana nawe. Ibyo uburana hano ntakintu nakimwe uhafite.
Papa Brigitteati” wowe urinde ufite irihe jambo hano.
Gweni ati” Buretse Muze.
.
Family ya Denis bareba uko Gweni aje ahanganamo na Brigitte birabacanga ariko baratuza ngo barebe iyo bigana.
.
Gweni ati” Brigi ntakintu nakimwe ufite kubona hano. Imigabane ingana na 50% wavugaga ko ufite muri iyi company ntayo ufite. Ndetse ahubwo nabo ba shareholder mwarimwiringiye ko baza kubaha shares zabo mukazigura hanyuma ugatwara Company y’Umukunzi wanjye ntabo mubona babivuyemo.
.
Brigitte n’umuryango we barikanga ariko baramuseka. Bumva ko arimo kuvuga ibyo atazi. Umuryango wa Denis nabo ntabwo bazi ibyo Gweni arimo nubwo bisa nkaho arimo kubarwanira.
Brigitte aramuseka ati” Wow uri ikimara. Ubundi hano urarwanira iki urahangana niki?
Gweni ati” Urashidikanya ariko nze mbikwereke.
.
Gweni arahamagara uwo mwanya haza abandi ba shareholders bose Brigitte n’umuryango we bari bizeye ko baza kubagurisha imigabane yabo bigatuma bagira myinshi kuruta iyo Denis afite maze bigatuma company ijya mu biganza byabo.
.
Brigitte arabareba ati” Rata ntimugiye kuduha imigabane yany nkuko mwari mwabitwijeje?
Aba shareholder barahakana bavuga ko babivuyemo.
Brigitte n’umuryango we bagwa mu kantu.
Brigitte ati” Ntabwo mugiye kutugambanira gutya.
Aba shareholders bati” Ntabwo tubangambaniye ahubwo twe twanze kwifatanya namwe.
Brigitte areba Gweni nabi ati” Niki aka kantu kababwiye??
Aba Shareholders ati” ntacyo yatubwiye ahubwo wowe twamenye amabi yawe.
Brigitte ati” Ayahe mabi yanjye??
.
Gweni areba aba shareholders ati” Murakoze cyane mushaka mwakwigendera.
Nabo bashimira Gweni barangije barigendera..
.
Gweni areba Brigitte ati” noneho uremeye se.?? ubu imigabane mwashakaga kugura ntayihari.
Brigitte agira umujinya agiye kumwataka Gweni aramufata ati” Burtse genda gake Muko. Nakubwiye ngo nshaka kuvugana nawe kandi nibwo nktangira kuvuga.
.
Abandi ku muryango wo kwa Mama Denis bumiwe bumijwe n’uburyo Gweni abahagazeho arimo kubawanira arimo kurwana ku byabo.
.
Gweni ati”Brigi reka tujye ku migabane 50% wibwiraga ko ufite.
Brigitte ati” Ndayifite.
Gweni aramusekaati” Ariko si iyawe.
Charle ati” Ariko nkawe uri kande.
Brigitte ati” Njyewe natandukanye na Denis urukiko ruratugabanya mu byo urukiko rwatugabanyje harimo na 50% y’Imigabane yiyi company. Kubera ko yari yaramaze kuba Umurage wa Denis.
.
Gweni ati” Ntayo utwara rero.
Brgitte aramuseka.
Gweni ati” Wiseka. Kubera ko uri umjura ibyo wabonye byose wahawe n’Urukiko wabitwaye bujura.
Brigitte ati” Burya kuva utarize uri ikigoryi nonese nayitwaye bujura nyiheshwe n’uurkiko??
Gweni aramuseka ati” Ibi byose ni agakino wakoze. Ni ubutekamutwe wari waragambiriye mbere hose.
Brigitte ati” Uri umusazi. Njyewe n’umugabo wanjye twarananiranwe kubana duhitamo gutandukana.
Gweni ati” Gutandukana niyo yari Mission yawe n’ubundi kuva mbere hose na mbere yuko ubana na Denis. Ntabwo wari warabanye nawe kubera ko wamukundaga.
Brigitte atangira kwikanga ariko akihagararaho ati” Njyewe nakundaga Umugabo wanjye ariko we yanshaga inyuma nanirwa kwihangana.
.
Gweni ati”Umva reka kwihisha inyuma y’ikinyoma cyawe. Kuko mfite ibimenyetso bigaragaza gahunda yawe yose wowe n’Umuryango wawe.
.
Umuryango wa Denis barumirwa ibyo batari bazi. Brigitte n’Umuryango we nabo barikanga kumva ko hari byinshi Gweni yaba afite.’.
.
Udacikwa na Episode 61
Comments