logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 59

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
BANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 59.
.
Twaherutse  Brigitte arimo aseka  umuryango wa  Denis utarigeze   unamenya ko yabatuburiye adatwite.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Brigitte    yarabasetse cyane  bikomeye ahita anatumira inshuti ze  ategura  ikirori gikomeye kuri apartment ye
.
Denis we ageze  mu rugo yakonje  cyane, Mama Denis na Aunti manda babura aho bahera  banamubaza  uko bigenze arizamukira  ajya mu cyumba kuryama.
Auntie Manda ati”  nis twaramuhemukiye   cyane.
Mama Denis ati” Uravuga  iki ngo twaramuhemukiye?
Auntie Manda ati” ahari yarabizi kuva mbere  hose  Brigitte  yari umukobwa  udashobotse.
Mama Denis agira  umujinya ati” Reka  iriya nzoka.   Nakabaye narumvise  gushidikanya  kwa Jinnifer mbere    hose.
.
Bakivuga kuri Jennifer  aba arahageze.
Mama Denis ati” Usanze nkuvga.
Jennifer ati” Ntukamvuge ntahari mada.
Mama Denis ati’ Navugaga  nakabaye mbere  hose narimvuse  ibyo wavugaga
Jennife ati” Ibiki??
Mama Denis ati” Denis na Brigitte bari muri gatanya.
.
Jennifer ati” Njye ntakintunguye. Ariko ngo mwe  mwabnaga ariwe  mukazana muzima. Nyamara mwarwanyije  uriya mukobwa wa  mbere.
Mama Denis ati” Have se  nawe wikomeza  kuvanga ibintu.
Jennifer ati” Nyamara  Mama Deni uriya mwana uya umuha amahirwe ukamara akanya umurea cyangwa  umwumva warikubona ko neza nta mukazana warukeneye kuruta Gweni.
Auntie Manda ati” Nanone nawe nuko ukabya.  Gweni yarikuba  igisebo kumuryango.
Jennifer ati” Nyine  ikitwica nicyo  . ducira abantu imanza dushingiye  kuko  bagaraga kand aho niho kwishuka kuzamukira  cyane. Uriya mwana yarafite  ubwenge kandi afite n’umuhate wo kurwanira  ibyo akunda.  Yariyubahaga kandi akamenya kurengera agaciro ke  adasuzuguwe  kabone  nubwo yari umukene. Yarazi kwiwanaho we ubwe   akabaho atayabyeho kubwo impugwe  z’unzi mu runaka.  Kandi  pe  yarafite ikinyabupfura  n’ubwenge.
.
Auntie manda ati” Nawe uramutaka we  ntako utagira.
Mama Denis ati” Ikihe kinyabupfura yarafite.
Jennifer ati” Nyamara  nuko yagiraga  ukuri kwinshi no kubabwiza  ukuri. Kandi niko tw  usanga tubyumva iyo umukene  yatuye akaasha kuvugana nawe  twumva abaye umunyagasuzuguro. Ariko uriya mukobwa yararenze  cyane.
.
Kurundi ruhande Brigitte arimo kubyina n’inshut ze  arishimye  cyane. Hashize akanya Musaza we na Papa we baba bamugezeho. Baanga arimo kubyina. Brigitte aboye baje ahita asezerera  inshuti ze  basigara nk’Umuryango. Baramushimira  kubyo yakoze  n’ikintu kiza  bashakaga abashij kubagezaho.
Brigtte ati” Papa nkwiye akantu karenze  pe!  Reba imyaka 12  yose  ndwana nuko iyi deal yarikuzacamo. Nafashe Denis mushyira  mu rukundo mwereka ko mukunda  birenze kugeza  ubwo umuryango we  undwanira.
Papa Brigitte ati” Ndagushimiye  cyane mukobwa  wanjye.
Brigitte ati” None hagiye gukurikiraho iki??
Papa Brigite ati” Ubu iriya companye igiye kuba iyacu. Niba urukiko  rwamaze kwemeza ko wafata 50% y’imigabane yose  ya Denis bivuze  ngo nituza tukagura indi migabane   tukayongera  kuyawe nitwe tuza  kuba ba Boss ba Company birangire  tuyegukanye.
.
Charls ati” Kbsa ubu  ibintu bigiye kuryoha.
.
Tuze  mu rugo kwa Denis bose bateraniye hamwe  mu masaha y’ijoro. Micky yarakariye Brigitte cyane.
Denis ati” Njyewe  narinaragize impungenge mbere hose  kuri Brigitte ariko mwe  icyo mwakoze  ni ukumpatiriza.
Mama Denis ati” Noneho ibi papa wawe  abyumvise  yahita apfa. Ubu company nuko bigiye kugenda.
Denis ati” Yego.
Micky ati” Ubu Brigitte afite 50 wenyine nawe  ukagira  50??
Denis ati”Yego.  Ubwo n’ibindi yagiye agabana urukiko rugomba kumuhesha.
.
Micky umujinya uramwica.
Manda ati” Umva tuza wirakarira  ubusa  uvunira  umutwe ubusa  Brigitte ubu ntakintu twamutwara.
.
Iminsi irisunuka. 
Denis ari mu kazi abona Brigitte  azanye n’umuryango we Papa we  na Musaza we aho ku kazi.
Denis arabareba ati” Murakora  iki hano??
Brigitte araseka ati” Ahari wibagiwe  ko mfite 50 y’imigabane. Nanjye ndi boss hano.
Denis ati” Hanyuma se aba bagakora  iki hano.
Brigitte ati” Urashaka ko se  nkusobanurira  ko uyu ari umuryano wanjye?? bafite uburenganzira  bwo kuba bari hano.
.
Uwo mwanya , Umuryango wa  Denis nawo uba ugeze aho. Basanga Brigitte aho n’umuryango we.
Mama Denis ahita amutuka ati” Agakobwa kakambanyi.
Brigitte aramuseka ati” Ibyo se  bimaze  iki muri aka kanya mada. Ahubwo murakoze ubwo muri hano mwese hari icyo nshaka ko mu menya.
Denis ati” Ntacyo afite cyo kuvuga hano.
Charle  ati”Umva  wicecekesha mushiki wanjye kuko afite uburenganzira  bungana n’ubwawe  hano.
.
Brigitte ati” Icyo mutari muzi vuba aha Companya igiye  kuba iyacu kubera   ko twamaze  kumvikana na bandi ba board member hano  bemera  kutugirisha Imigabane yayo. So nitwe turaza  kuba dufite  imigabane byinshi iza  gutuma aritwe  dafata company ikajya mu biganza byacu.  Mugiye kwisanga muri abakozi bacu nabwo nitubagirira  impuhwe.
.
Uwo mwanya hari uwaje avuga ati” Mugirira  impuhwe  bande??
.
Bose  barahindukira bareba uje avuga  bose bagwa  mu kantu!
.
Udacikwa  na Episode 60

Comments